Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Myugariro w’Amavubi wari umaze igihe adafite ikipe yasinyiye iri kurwanira igikombe

radiotv10by radiotv10
06/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Myugariro w’Amavubi wari umaze igihe adafite ikipe yasinyiye iri kurwanira igikombe
Share on FacebookShare on Twitter

Manzi Thierry, myugariro w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, wari umaze igihe adafite ikipe nyuma yo gusezererwa na AS FAR Rabat yo muri Maroc isanzwe ikinamo Umunyarwanda Emmanuel Imanishimwe, yasinye muri AS Kigali iri mu makipe ahatanira Shampiyona.

Manzi Thierry yari yasezerewe na AS FAR Rabat muri Kanama umwaka ushize wa 2022, ubwo iyi kipe yasezereraga abakinnyi umunani bayikinagamo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gashyantare 2023, ubuyobozi bwa AS Kigali bwatangaje ko uyu myugariro yamaze gusinya muri iyi kipe.

Mu butumwa bwanyujijwe kuri Twitter, ubuyobozi bwa AS Kigali bwahaye ikaze Manzi Thierry, butangaza ko yasinye amasezerano y’umwaka umwe.

Manzi Thierry yari amaze amezi atandatu adafite ikipe kuko kuva muri Kanama umwaka ushize ubwo yasezererwaga na AS FAR Rabat ntayindi kipe yari yabonye.

Hari amakuru avuga ko ahita anagirwa Kapiteni w’iyi kipe iri ku mwanya wa gatatu ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’u Rwanda.

Manzi Thierry yari yagiye muri AS FAR Rabat avuye mu ikipe ya Dila Gori yo muri Georgia batandukanye mu ntangiro z’umwaka ushize.

Iyi kipe yo muri Georgia na yo yari yayigiyemo avuye mu ikipe y’Ingabo z’u Rwanda ya APR FC yanamaze igihe ari kapiteni wayo akayifasha kwegukana ibikombe bitandukanye.

Ubuyobozi bwa AS Kigali bwamuhaye ikaze

Antha MUCYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Gen Muhoozi araca amarenga ko agiye kugaruka mu buyobozi bw’Igisirikare

Next Post

PremierLeague: ManCity yongeye kurungurukwa, Harry Kane yandika amateka

Related Posts

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yifashishije ubushakashatsi bwagiye hanze, yagaragaje ko gukora imyitozo ngororamubiri ihoraho, byatuma umuntu azigama ibihumbi 2,5...

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Shampiyona ya volleyball irakomeza ku munsi wayo wa kane, imikino ibera muri Gymnase nshya iri muri Sainte Famille mu mujyi...

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Umunyamakuru Isaac Rabbin Imani uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, wamaze gusezera igitangazamakuru yakoreraga yari amazeho imyaka ine, hamenyekanye...

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagennye umusifuzi ukiri muto utaranasifura imikino myinshi, kuzayobora umukino wa Derby y’u Rwanda, uzahuza...

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

by radiotv10
06/11/2025
0

Umusifuzi Karangwa Justin wanze igitego APR FC yari yatsinze Rutsiro FC mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa Shampiyona, avuga ko...

IZIHERUKA

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho
AMAHANGA

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

by radiotv10
11/11/2025
0

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

10/11/2025
Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
PremierLeague: ManCity yongeye kurungurukwa, Harry Kane yandika amateka

PremierLeague: ManCity yongeye kurungurukwa, Harry Kane yandika amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.