Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ngoma: Uwarokotse Jenoside yabyutse agiye gukama asanga inka yonkaga bayitemye irapfa

radiotv10by radiotv10
12/04/2022
in Uncategorized
0
Ngoma: Uwarokotse Jenoside yabyutse agiye gukama asanga inka yonkaga bayitemye irapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage warokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi wo mu Kagari ka Nyamirambo mu Murenge wa Karembo muri Ngoma, yabyutse mu gitondo agiye gukama asanga inka y’ikimasa yonkaga bayitemye yapfuye.

Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 11 Mata 2022 ubwo uyu mugabo witwa Gahikire Frederique wo mu Mudugudu wa Rwakayango, yabyukaga agiye gukama agahita abona ikimasa cye kitanyeganyega.

Yegereye iki kimasa aho cyari kiryamye asanga bagitemye ku bice binyuranye nko ku maguru, cyapfuye.

Uyu muturage avuga ko nta muntu bafitanye ikibazo muri aka gace ndetse bigashimangirwa n’abaturanyi be bemeza ko Gahikire Frederique asanzwe ari umuturanyi mwiza.

Ibi ni byo byatumye abatuye muri uyu Mudugudu biyemeza gushyira hamwe kugira ngo bamushumbushe nk’uko byemejwe na Ndayisaba Stiven uyobora Umurenge wa Karembo.

Ndayisaba yagize ati “Ubundi hari gahunda y’uko buri muntu akwiye kuba ijisho rya mugenzi we, niba byagenze gutyo rero bagomba kumushumbusha, abazamushumbusha ni abo babana mu Mudugudu bose.”

Ndayisaba uvuga ko iki gikorwa cyo gushumbusha uyu muturage kigomba kuba mu gihe kitarenze umunsi umwe, yavuze ko inzego zahise zitangira iperereza ariko ko kuba bikozwe mu gihe nk’iki cyo Kwibuka kandi bigakorerwa uwarokotse, hahita hakekwa ibikorwa nk’ibi by’ingengabitekerezo byakunze gukorerwa abarokotse.

Ku ya 10 Mata 2022, undi muturage wo mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi warokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, na we yatemewe inyana ariko yo ntiyahita ipfa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 8 =

Previous Post

Ngororero: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amukubise umuhini yafashwe

Next Post

Yatekeye umutwe umugore amwizeza kumufunguriza umugabo amurya 100.000Frw none amusanze muri Kasho

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Yatekeye umutwe umugore amwizeza kumufunguriza umugabo amurya 100.000Frw none amusanze muri Kasho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.