Saturday, August 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntacyo naba ngikoreye u Rwanda kandi nkibishaka- Bamporiki avuga ku myaka 20 yasabiwe gufungwa

radiotv10by radiotv10
21/09/2022
in MU RWANDA
15
Ntacyo naba ngikoreye u Rwanda kandi nkibishaka- Bamporiki avuga ku myaka 20 yasabiwe gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuzahamya Bamporiki Edouard ibyaha akurikiranyweho birimo kwaka indonke, rukamuhanisha gufungwa imyaka 20 no gutanga ihazabu ya Miliyoni 200Frw, we akavuga ko icyo gifungo ari kinini kandi agifite imbaraga zo gukorera Igihugu.

Byasabwe n’Ubushinjacyaha mu rubanza buregamo Hon Bamporiki rwaburanishijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022.

Nyuma yo kugaragaza ibimenyetso bushingiraho burega uyu munyaporiki, Ubushinjacyaha bwavuze ko hashingiwe ku byavuye mu iperereza ndetse n’ibyo uregwa yitangarije ubwe mu mabazwa ye, bigaragara ko ibyaha akekwaho yabikoze.

Umushinjacyaha yasabye Inteko y’Urukiko ko mu gihe izaba yiherereye kugira ngo ifate icyemezo, yazemeza ko ibyaha bikekwa kuri Bamporiki bimuhama.

Ni urubanza rwapfundikiwe kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri ku munsi rwaburanishirijweho, aho Ubushinjacyaha bwasobanuriye Urukiko imiterere y’ibyaha bushinja uregwa (Bamporiki).

Ubushinjacyaha burega Bamporiki ibyaha bibiri; icyo gusaba cyangwa kwakira indonke ndetse n’icyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Ku cyaha cyo gusaba cyangwa kwakira indonke, Ubushinjacyaha bwavuze ko Uregwa yatse uwitwa Norbert Gatera Miliyoni 10Frw kugira ngo amufashe gufunguza uruganda rwe rwari rwafunzwe.

Naho ku cyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite, Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa yatse Gatera Miliyoni 10 Frw kugira ngo amufungurize umugore we wari wafunzwe.

Kuri buri cyaha, Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa akwiye guhanishwa igifungo cy’imyaka 10 ndetse n’ihazabu ya Miliyoni 100 Frw angana n’ubwikube bwa gatanu bw’indonke ya Miliyoni 20 Frw yatse, byose hamwe bikaba igifungo cy’imyaka 20 no gutanga ihazabu ya Miliyoni 200 Frw.

Bamporiki ahawe umwanya ngo avuge ku gihano yasabiwe, yavuze ko igifungo cy’imyaka 20 ari kirekire ku buryo aramutse agikatiwe, ntacyo yaba agishobora gukorera u Rwanda kandi yumva agifite imbaraga zo gukorera Igihugu.

Yagize ati “Imyaka nsabiwe n’Ubushinjacyaha ugereranyije n’iyo mfite, murumva ko ubuzima bwanjye bwaba burangiye kandi ngifite imbaraga zo gukorera Igihugu.”

Yasabye Urukiko ko mu gihe ruzaba rwiherereye rufata icyemezo, rwazashishoza rugaca inkoni izamba, rukamubabarira.

Ni imbabazi nubundi yasabye Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame ndetse n’Abanyarwanda, mu butumwa yanyujije kuri Twitter nyuma y’umunsi umwe ahagaritswe muri Guverinoma ndetse anafungiye iwe.

RADIOTV10

Comments 15

  1. Rudoxa Rudoxa says:
    3 years ago

    Ntago Bamporiki yarakwiye guhanwa bene aka kageni?! Ahubwo bagakwiye kureba neza uburyo yafashije u Rwanda cyane cyane mu mbwirwa ruhame akigisha urubyiruko gukunda igihugu; maze bagaca inkoni izamba. Kuko izo ndonke, si we wenyine uzirya. Na bo bamushinja barazakira. Muce inkoni izamba. Kuko Nyakubahwa Bwana Edward yari imboni ya buri rubyiruko rwose rwifuza kuba umuyobozi muto Kandi bigashoboka rwose. Mutubabarire mumufungure. Turamukunda yego ntazongere ariko bamurekure. Nyakubahwa wacu, indorerwamo yamurebeyemo akamugirira icyizere, akamugira ukomeye; niyongere amureberere mu gitabo cy’impuhwe amuhe ikigongwe.

    Reply
  2. Sheikh says:
    3 years ago

    Nyina yamubwiye ko uko zimuzamura ari nako zizamumanura

    Reply
  3. Rinda says:
    3 years ago

    Na byo ni ubutwari kwemera icyaha ukagisabira imbabazi.
    Nabyiturwe arekurwe, imbaraga ze agume azikoresha. Erega hari benshi banze kwemera amafuti bakoze baranahunga ubu birirwa bavuga nabi u Rwanda n abanyarwanda. Hon. Bamporiki ntari mur abo. Yagaragaje kwicuza kutajya kugirwa n ubonetse wese.
    Ikindi abaka indonke Ruswa mur iki gihugu ni benshi pe. Abo zakijije mu butunzi ni benshi pe. Kandi ntibabyemera, bizwi n ababasehera. None Hon. Eduard yanze kuzambya isaso, aremera, aca bugufi, asaba imbabazi, mu by ukuri na ryo ni isomo ku banyarwanda bafatirwa mu makosa, bagahitamo kuba abanzi b igihugu.
    Urukiko rwibuke ko usabye imbabazi azihabwa kandi ko hirya y imbabazi nta rubanza cg igihano.

    Komeza ubere abandi urugero.

    Reply
    • GILBERT NTAKANANIRIMANA says:
      3 years ago

      Rwose banyapolitiki murebere hamwe ukuntu mwababarira Bampoliki kuko igifungo cyimyaka 20 na milioni 200 nimyinshi Kandi yafashije igihugu pe .erega abaka indonke bashobora kuba aribenshi ariko rwose mumubabarire.

      Reply
  4. Odile Rushatsi says:
    3 years ago

    Akanwa kumusaz karanuka muga ntikabesha.

    Reply
  5. Stromae Eravic says:
    3 years ago

    Gusa nshingiye kubyamubayeho mwaca inkoni izamba kuko natwe tunacamukeneye kandi nibura n’intwari ntawe udakosa😭😭😭mugerageze nibura mumuhe amahirwe.Nibura twongere twumve kubitekerezo byiwe .Ndana mukumbuye 🥲🥲😭🤲🏼🤲🏼

    Reply
    • Tuyisenge John says:
      3 years ago

      Buriya rero Bamporiki bamubabariye yokora byinshi byiza byasinanganya amanyanga yakoze
      Akwiye kubabarirwa

      Reply
  6. Innocent HARERIMANA says:
    3 years ago

    Bamporiki ababariwe yasibanganya ibyabaye byose agakora cyane binyuze mu bikorwa. Imana imufashe ababarirwe twiteguye kuyishima

    Reply
  7. Uwiga says:
    3 years ago

    Gusa buriya ababariwe yaba intangarugero muri byose. Nkwifurije guhabwa imbabazi

    Reply
    • RCB says:
      3 years ago

      Umuryi wa ruswa ni umwanzi w’Igihugu nkabandi bose. Ubutabera nibukore akazi. Iryo kinabico ryawe nugusiribanga amaraso yamenetse mukurwanya Ruswa, Akarengane etc…..

      Reply
  8. IRAMBONA gisa says:
    3 years ago

    Ndumva ahokugirango ubu bahereze agaciro cyn amakosa yakoze bagakwiye kureba nibyiza yakoreye igihugu kd ndizerako biganza ayo makosa, kuba yarakosheje byo yarabikoze ark yasabye imbabazi kd uzisabye arazihabwa ikind igihugu kiracyamukeneye cyn kurwanjye ruhande ndumva bamugabanyiriza ibihano akongera akagaruka mu mirimo ye nkuko byar bisanzwe nyuma yokurangiza igihan azaba yafatiwe kd cyagabanyijwe murakoze
    Ukunda urwanda gisa

    Reply
  9. IRAMBONA gisa says:
    3 years ago

    🙏

    Reply
  10. Albert Sibomana says:
    3 years ago

    Yababereye igitambo , abaka indonke ni benshi , nibe nawe yasabye imbabazi , harabandi bo binangira imitima batazi no kwaka izo mbabazi , umusaza yakoreye igihugu hari naho yakigejeje , rero gukosa rimwe ntibivuze gucibwaho iteka , nababarirwe nicyo musabiye ..jye byumwihariko ndasaba umubyeyi wacu dukunda cyane Paul Kagame President w’ urwa Gasabo kubabarira Bamporiki ahubwo agahangana n’ ibifi binini bitazi gusaba imbabazi .

    Reply
  11. GATORE Alexandre says:
    3 years ago

    Bamuhoriki Naha we kko ibyoyariyagambiriye ntibyaribyiza arko ndasaba umwihereroko warebako agifite agatege nnkuko abivuga maze ahanishwe igifungo kimyaka itanu (5) ibiri yigifungo ni tatu yimirimo ifitiye igihugu akamaro

    Mourakoze

    Reply
  12. Gunner says:
    3 years ago

    Ibyo yavuze kuri mihigo kizito, bigaragaza ko isi idasakaye!!! Twige kubaho , twige ko isi ari gatebe gatoki!

    Reply

Leave a Reply to Odile Rushatsi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 5 =

Previous Post

Nabonye Abaperezida muri Bus ariko sinabonamo uwacu, sinanamuheruka-Umudepite arabaza niba Museveni ameze neza

Next Post

Umukino wo kwegeka ibibazo ku bandi ntiwatanga umuti w’ibibazo- P.Kagame ku bya DRCongo

Related Posts

Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Amakuru agezweho: Umukozi mu Kigo cy’Igihugu cya WASAC yatawe muri yombi hanatangazwa icyo akurikiranyweho

by radiotv10
22/08/2025
0

Umukozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura WASAC ushinzwe ibikorwa by’isanwa ry’umuyoboro w’amazi wa Ruhanga mu Murenge wa Rusororo,...

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

by radiotv10
22/08/2025
0

Kigali is often praised as one of the cleanest and greenest cities in Africa. Streets are neat, plastic bags are...

Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu

Ibirambuye ku cyatumye hoteli ‘Château le Marara’ ifatirwa icyemezo cyo gufungwa ukwezi kukaba kuzuye

by radiotv10
22/08/2025
0

Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB ruratangaza ko mbere yuko Hoteli Château le Marara ifatirwa icyemezo cyo kuba ifunze, hari...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

It will display only photo and ID number-Other features to know on the Digital ID

by radiotv10
22/08/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) has announced that the new Digital ID to be given out will not display too...

AMAFOTO: Perezida w’Inteko y’u Rwanda yishimiye gusura Pariki yabonyemo inyamaswa zirimo Inkura n’Impalage

AMAFOTO: Perezida w’Inteko y’u Rwanda yishimiye gusura Pariki yabonyemo inyamaswa zirimo Inkura n’Impalage

by radiotv10
22/08/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Hon. Kazarwa Gertrude yagaragaje ibyishimo yatewe no gusura Pariki y’Igihugu y’Akagera, akibonera ibyiza biyirimo...

IZIHERUKA

Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda
MU RWANDA

Amakuru agezweho: Umukozi mu Kigo cy’Igihugu cya WASAC yatawe muri yombi hanatangazwa icyo akurikiranyweho

by radiotv10
22/08/2025
0

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

22/08/2025
Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu

Ibirambuye ku cyatumye hoteli ‘Château le Marara’ ifatirwa icyemezo cyo gufungwa ukwezi kukaba kuzuye

22/08/2025
Menya amafaranga bivugwa ko yaguzwe myugariro w’Umunyarwanda wabonye ikipe muri Kenya

Menya amafaranga bivugwa ko yaguzwe myugariro w’Umunyarwanda wabonye ikipe muri Kenya

22/08/2025
Nyuma yuko umuhanzi uzwi ku Isi agaragaye mu muhanda yambaye akenda k’imbere hakurikiyeho iki?

Nyuma yuko umuhanzi uzwi ku Isi agaragaye mu muhanda yambaye akenda k’imbere hakurikiyeho iki?

22/08/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

It will display only photo and ID number-Other features to know on the Digital ID

22/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukino wo kwegeka ibibazo ku bandi ntiwatanga umuti w’ibibazo- P.Kagame ku bya DRCongo

Umukino wo kwegeka ibibazo ku bandi ntiwatanga umuti w’ibibazo- P.Kagame ku bya DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Umukozi mu Kigo cy’Igihugu cya WASAC yatawe muri yombi hanatangazwa icyo akurikiranyweho

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

Ibirambuye ku cyatumye hoteli ‘Château le Marara’ ifatirwa icyemezo cyo gufungwa ukwezi kukaba kuzuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.