Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibumva impamvu abayobozi babijundika kuko batanze amakuru kandi Itegeko Nshinga riribemerera

radiotv10by radiotv10
09/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ntibumva impamvu abayobozi babijundika kuko batanze amakuru kandi Itegeko Nshinga riribemerera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu binubira abayobozi babahoza ku nkeke kubera kuvugana n’itangazamakuru, nyamara Itegeko Nshinga riha abaturage uburenganzira n’ubwisanzure mu gutanga amakuru.

Umuturage wo mu Mudugudu wa Bushengo mu Kagari ka Gikombe mu Murenge wa Rubavu, avuga ko yigeze kumara igihe kinini avugira mu matamatama ku kibazo cya mugenzi wabo wimuwe ku musozi wa Rubavu ariko kugeza ubu akaba agisembera nyuma y’uko isambu ye itejwe cyamunara mu buryo avuga ko atazi.

Uyu muturage avuga ko nyuma yo gufata umwanzuro wo kuvugana na RADIOTV10, byaje kumugiraho ingaruka ku buryo byageze aho akumva ko atazongera kuvugana n’itangazamakuru.

Ati “Hano muri uyu Mudugudu twirinda kuvuga, n’amezi abiri, atatu agomba gushira ntararyama ngo nsinzire neza ndi kuvuga ngo n’ubundi baraza kunshaka.”

Ni mu gihe Umukuru w’uyu Mudugudu wa Bushengo, Uwimana Colette abitera utwatsi, ariko mu bisobanuro bye humvikanamo ko uwemerewe gutanga ibitekerezo ari uvuga ibimunezeza gusa.

Ati “Ibyo nta kuri kurimo usibye ba bandi bitwikira akumva ko ashobora kuvuga ibidakwiye, bya bindi bijyanye no gusebya ako gace atuyemo cyangwa se agasebya ubuyobozi.”

Undi muturage, avuga ko umuntu wese uvuganye n’itangazamakuru, agaragaza ibibabangamiye, abura amahoro, kuko abayobozi mu nzego z’ibanze, babareba nabi.

Ati “Umukuru w’Isibo yaraje ashaka kumfata ngo ankubite ngo namwandaritse kuri televiziyo, ngo ubwo ashatse yanshyiraho dosiye ngo nanjye nkajya kurya impungure, naratashye abaturanyi barambwira ngo wagize amahirwe wagenda ngo baba bagukubitiye hano bitewe ngo n’amakuru watanze ejo, nyuma mpura na mudugudu ati ‘mada’, ngo ‘uzicuza impamvu wagiye kuvugira ku itangazamakuru’.”

Uyu muturage akomeza agira ati “Ubu mfite ubwoba sindi kuryama ngo nsinzire ndikwishinganisha.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert avuga ko nta muturage ukwiye kuzira kuba yatanze amakuru, yaba ari ashima ibimeze neza cyangwa anenga ibitagenda.

Ati “Iyo umuturage atanze amakuru y’ibitagenda ni uburenganzira bwe ndetse ni n’inshingano ye, umuyobozi rero wamuhohotera kubera ko yatanze amakuru, sinzi niba ndibumwite n’umuyobozi uwo nta muyobozi urimo.”
Guverineri Dushimimana Lambert akomeza avuga ko bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze bagaragaweho ayo makosa, bagiye babibazwa ndetse bamwe bagakurwa mu nshingano.

Ati “Iyo dusuye abaturage barabitubwira, iyo tuganira mu nteko barabitubwira, akenshi abo bayobozi tubasaba kwisubiraho, iyo batisubiyeho rero nta n’undi muti ubwo inshingano ziba zabananiye.”

Itegeko Nshinga rya Republika y’u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015, mu ngingo yaryo ya 38 harimo ko ubwisanzure bw’itangazamakuru, ubwo kugaragaza ibitekerezo n’ubwo guhabwa amakuru bwemewe kandi bwubahirizwa na Leta.

INKURU MU MASHUSHO

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yasabye abayobozi kutareba nabi abatanze amakuru y’ibitagenda

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. J d says:
    2 years ago

    Umuntu wese ukora arakosa ibyo birasanzwe sinumva rero ko igihe cyose yakumva ko bahoro bamuvugaho ibyiza gusa Kandi buriya no kuvuga ibatagenda birafasha kuko umenya aho wongera imbaraga

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 13 =

Previous Post

Umugabo uregwa kwica umugore we n’umwana we biturutse ku 1.000Frw yajyanywe mu ruhame

Next Post

Kuki America na Loni bahamagaye Perezida Kagame baganira ku bya Congo?- Icyo umusesenguzi abibonamo

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki America na Loni bahamagaye Perezida Kagame baganira ku bya Congo?- Icyo umusesenguzi abibonamo

Kuki America na Loni bahamagaye Perezida Kagame baganira ku bya Congo?- Icyo umusesenguzi abibonamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.