Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibumva impamvu abayobozi babijundika kuko batanze amakuru kandi Itegeko Nshinga riribemerera

radiotv10by radiotv10
09/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ntibumva impamvu abayobozi babijundika kuko batanze amakuru kandi Itegeko Nshinga riribemerera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu binubira abayobozi babahoza ku nkeke kubera kuvugana n’itangazamakuru, nyamara Itegeko Nshinga riha abaturage uburenganzira n’ubwisanzure mu gutanga amakuru.

Umuturage wo mu Mudugudu wa Bushengo mu Kagari ka Gikombe mu Murenge wa Rubavu, avuga ko yigeze kumara igihe kinini avugira mu matamatama ku kibazo cya mugenzi wabo wimuwe ku musozi wa Rubavu ariko kugeza ubu akaba agisembera nyuma y’uko isambu ye itejwe cyamunara mu buryo avuga ko atazi.

Uyu muturage avuga ko nyuma yo gufata umwanzuro wo kuvugana na RADIOTV10, byaje kumugiraho ingaruka ku buryo byageze aho akumva ko atazongera kuvugana n’itangazamakuru.

Ati “Hano muri uyu Mudugudu twirinda kuvuga, n’amezi abiri, atatu agomba gushira ntararyama ngo nsinzire neza ndi kuvuga ngo n’ubundi baraza kunshaka.”

Ni mu gihe Umukuru w’uyu Mudugudu wa Bushengo, Uwimana Colette abitera utwatsi, ariko mu bisobanuro bye humvikanamo ko uwemerewe gutanga ibitekerezo ari uvuga ibimunezeza gusa.

Ati “Ibyo nta kuri kurimo usibye ba bandi bitwikira akumva ko ashobora kuvuga ibidakwiye, bya bindi bijyanye no gusebya ako gace atuyemo cyangwa se agasebya ubuyobozi.”

Undi muturage, avuga ko umuntu wese uvuganye n’itangazamakuru, agaragaza ibibabangamiye, abura amahoro, kuko abayobozi mu nzego z’ibanze, babareba nabi.

Ati “Umukuru w’Isibo yaraje ashaka kumfata ngo ankubite ngo namwandaritse kuri televiziyo, ngo ubwo ashatse yanshyiraho dosiye ngo nanjye nkajya kurya impungure, naratashye abaturanyi barambwira ngo wagize amahirwe wagenda ngo baba bagukubitiye hano bitewe ngo n’amakuru watanze ejo, nyuma mpura na mudugudu ati ‘mada’, ngo ‘uzicuza impamvu wagiye kuvugira ku itangazamakuru’.”

Uyu muturage akomeza agira ati “Ubu mfite ubwoba sindi kuryama ngo nsinzire ndikwishinganisha.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert avuga ko nta muturage ukwiye kuzira kuba yatanze amakuru, yaba ari ashima ibimeze neza cyangwa anenga ibitagenda.

Ati “Iyo umuturage atanze amakuru y’ibitagenda ni uburenganzira bwe ndetse ni n’inshingano ye, umuyobozi rero wamuhohotera kubera ko yatanze amakuru, sinzi niba ndibumwite n’umuyobozi uwo nta muyobozi urimo.”
Guverineri Dushimimana Lambert akomeza avuga ko bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze bagaragaweho ayo makosa, bagiye babibazwa ndetse bamwe bagakurwa mu nshingano.

Ati “Iyo dusuye abaturage barabitubwira, iyo tuganira mu nteko barabitubwira, akenshi abo bayobozi tubasaba kwisubiraho, iyo batisubiyeho rero nta n’undi muti ubwo inshingano ziba zabananiye.”

Itegeko Nshinga rya Republika y’u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015, mu ngingo yaryo ya 38 harimo ko ubwisanzure bw’itangazamakuru, ubwo kugaragaza ibitekerezo n’ubwo guhabwa amakuru bwemewe kandi bwubahirizwa na Leta.

INKURU MU MASHUSHO

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yasabye abayobozi kutareba nabi abatanze amakuru y’ibitagenda

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. J d says:
    2 years ago

    Umuntu wese ukora arakosa ibyo birasanzwe sinumva rero ko igihe cyose yakumva ko bahoro bamuvugaho ibyiza gusa Kandi buriya no kuvuga ibatagenda birafasha kuko umenya aho wongera imbaraga

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − sixteen =

Previous Post

Umugabo uregwa kwica umugore we n’umwana we biturutse ku 1.000Frw yajyanywe mu ruhame

Next Post

Kuki America na Loni bahamagaye Perezida Kagame baganira ku bya Congo?- Icyo umusesenguzi abibonamo

Related Posts

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rwanda’s Permanent Representative to the United Nations, Ambassador Martin Ngoga, presented to the UN Security Council key dates marking atrocities...

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

Creating a Curriculum Vitae (CV) for the first time can feel intimidating, especially when you do not have much work...

IZIHERUKA

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa
AMAHANGA

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

by radiotv10
15/12/2025
0

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

15/12/2025
MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

15/12/2025
Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki America na Loni bahamagaye Perezida Kagame baganira ku bya Congo?- Icyo umusesenguzi abibonamo

Kuki America na Loni bahamagaye Perezida Kagame baganira ku bya Congo?- Icyo umusesenguzi abibonamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.