Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntiwampindukiza waje uhaze njye nshonje- Hari abagore n’abagabo bashinjanya ingeso mbi

radiotv10by radiotv10
10/11/2022
in MU RWANDA
1
Ntiwampindukiza waje uhaze njye nshonje- Hari abagore n’abagabo bashinjanya ingeso mbi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bashakanye bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, baritana bamwana ku ngeso mbi bashinjanya, aho abagabo bavuga ko abagore babo babasuzugura ku buryo batakigira icyo babamarira mu buriri, bo bakavuga ko abagabo bihunza inshingano zabo bityo ko baba bakwiye kubibahanira.

Bamwe muri aba bagabo baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko abagore babo bize ingeso mbi bitwaje ihame ry’uburinganire, ku buryo basigaye bakubita abagabo babo, yewe bamwe bagafata icyemezo cyo kwahukana.

Umwe yagize ati “Arangiza kunywa [avuga umugore] akaza yasinze akantukagura ngo ndi imbwa ngo ndi umuhirimbiri […] Nubwo twasezeranye byemewe n’amategeko ariko aho kugira ngo mpangane na we ndwane na we, ngahitamo kwahukana.”

Aba bagabo bavuga kandi ko abagore babo batakigira icyo babamarira mu buriri, bakavuga ko ari ihohoterwa rikomeye babakorera.

Undi ati “Abagabo benshi dukunda kugira ihohoterwa bakadupfukirana, washaka kuri gahunda y’ibyashinganywe [igikorwa cyo mu buriri] akakubwira ati ‘mva imbere wa muhirimbiri we’.”

Mugenzi we avuga ko abagore batari bakwiye guhanisha abagabo babo kutagira icyo babamarira mu buriri kuko ari kimwe mu bikorwa bituma urugo rukomera.

Ati “Niba ndi umugabo ndi umutware w’urugo kubera ko umugore naramuzanye ntabwo yanzanye, ubwo rero akwiye kumpindukirira wenda ibindi bikazaza ikindi gihe cyangwa se akirengagiza akihangana ariko akubahiriza inshingano.”

Bamwe mu bagore bo muri uyu Murenge wa Nyamyumba, bavuga ko ikibazo ari abagabo bananiranye kuko batacyubahiriza inshingano zo guhahira ingo zabo.

Umwe ati “Abagabo b’inaha bafite ikibazo, umugabo akorera amafaranga akumva ko yajya kuyanywera, yataha, umugore yaba yashatse umufungo w’ibijumba yawumugaburira ngo ntabwo awumugaburira.”

Undi mugore avuga ko ibi ari na byo bituma na bo batubahiriza inshingano z’igikorwa cyo mu buriri kiri mu bizengereza abagabo kubera kutakibona.

Ati “Ntabwo njyewe yambwira ngo nimpindukire kandi yahaze njye ntahaze. Guhindukira wahindukira ariko na we ni amakosa yo kudahihira umugore we.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba, Murindangabo Eric yanenze abitwaje ihame ry’uburinganire, bagahohotera abo bashakanye.

Ati “Abagore baba bafite iyo myumvire na bo ntakindi tubakorera uretse kubigisha. Kwigisha ni cyo cya mbere ukabwira umuntu ko kuba yarahawe uburenganzira bitatumye arenga umurongo akwiye kurengaho.”

Ikibazo nk’iki cy’abumvise nabi ihame ry’uburinganire, si gishya kuko mu bice bitandukanye by’Igihugu hagiye hagaragara abagore bumvise ko bashyizwe hejuru y’abagabo babo, bigatuma bagwa mu ngeso zitari nziza, zinatuma zimwe mu ngo zisenyuka.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Tuyisenge Theogene says:
    3 years ago

    Uyu munyamakuru yambeshye pe, aha ntabwo Ari muri nyamyumba ni Rubavu mu murenge wa Nyundo, Aya mashusho arabigaragaza ni hafi yakagari ka nyundo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − two =

Previous Post

Dore uko byagendekeye umugabo wateye amagi Umwami w’u Bwongereza na Madamu we

Next Post

Barifuza ko imodoka ya ruharwa muri Jenoside yatwarishaga interahamwe ikurwa hafi y’Akarere

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Barifuza ko imodoka ya ruharwa muri Jenoside yatwarishaga interahamwe ikurwa hafi y’Akarere

Barifuza ko imodoka ya ruharwa muri Jenoside yatwarishaga interahamwe ikurwa hafi y’Akarere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.