Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’imyaka 30 Guverinoma ya Congo yisanishije n’iya Habyarima mu nyito y’igitabo

radiotv10by radiotv10
12/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma y’imyaka 30 Guverinoma ya Congo yisanishije n’iya Habyarima mu nyito y’igitabo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya DRCongo yashyize hanze igitabo yise ‘Livre Blanc…’ cyasohotse muri uku kwezi k’Ukuboza 2022, mu gihe Guverinoma y’u Rwanda yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi ikanayishyira mu bikorwa, na yo yashyize hanze igitabo yise ‘Livre Blanc…’ muri Gashyantare 1991 cyavugaga ku byo yise ubushotoranyi bwakorewe u Rwanda mu Ukwakira 1990.

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, buri inyuma y’ibikorwa by’ubwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, aho benshi bemeza ko ari Jenoside.

Iki Gihugu cyakunze kwitakana kigashinja u Rwanda gufasha M23, nyamara uyu mutwe ugizwe n’Abanyekongo ukaba ukomeje kurwanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’igice kimwe cy’Abanyekongo bakomeje kwicwa.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashyize hanze igitabo yise ‘LIVRE BLANC, l’agression avérée de la RDC par le Rwanda et les crimes internationaux commis dans ce contexte par les Forces Rwandaises de défense (RDF) et le M23.” Kivuga ibirego by’ibinyoma Congo ishinja u Rwanda ngo kuva tariki 21 Ugushyingo 2021 kugeza ku ya 08 Ukuboza 2022.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ivuga ko iyi raporo yiswe ‘Livre Blanc’ (igitabo cyera)…, igamije kugaragariza ukuri amahanga ku byaha by’intambara iki Gihugu gishinja umutwe wa M23 ngo ufashwa n’u Rwanda.

Si rimwe cyangwa kabiri, Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ishinje u Rwanda ibirego by’ibinyoma, aho ubu yaciye uyu muvuno wo gukoresha inyandiko y’ikinyoma.

Bamwe mu bakurikiranira hafi ibya politiki, bahise bakubita agatima ku gitabo cyashyizwe hanze n’ubutegetsi bwariho mu Rwanda mu 1991, na cyo kiswe inyito isa n’iya kiriya cya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iki cy’ubutegetsi bw’u Rwanda cyo kitwa ‘Livre blanc sur l’agression armée dont le Rwanda a été victime à partir du 1er octobre 1990.’

Iki gitabo cy’ubutegetsi bwa Habyarimana, cyashyizwe hanze nyuma yuko Ingabo zahoze ari iza RPF-Inkotanyi zitangije urugamba rwo kubohora u Rwanda ku itariki ya 01 Ukwakira 1990, aho mu Rwanda hari hakomeje kuba ibikorwa byo gutoteza abo mu bwoko bw’Abatutsi, ndetse abagabye iki gitero bakaba bari bamaze igihe barahejejwe mu mahanga barimwe uburenganzira bwo gutaha.

Ambaasaderi w’u Rwanda mu Buhorandi, Olivier Nduhungirehe, wahise agereranya ibi bitabo, mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Ibumoso ni ‘Livre blanc’ cyashyizwe hanze mu 1991 n’ubutegetsi bwari bwarasabitswe n’ivanguramoko bwa Habyarimana kugira ngo yitakishwe ku gitero cyo mu Ukwakwakira 1990. Iburyo ni ‘Livre blanc’ cyashyizwe hanze mu 2022 na Patrick Muyaya [Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC] mu izina rya Guverinoma iri gukorana n’abahoze mu butegetsi bwa Habyarimana.”

Mu bikorwa by’ubwicanyi biri gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, umutwe wa FDLR uri kubigiramo uruhare runini, aho inyeshyamba z’uyu mutwe wasize ukoze Jenoside, bakomeje kugaragara mu bikorwa byo kwica aba Banyekongo mu buryo bw’agashinyaguro, ukabatwika bakiri bazima.

Umusesenguzi akaba n’umushakashatsi kuri Jenoside, Tom Ndahiro yagaragaje ko kuba ubutegetsi bwa Congo bwashyize hanze igitabo nka kiriya, bishimangira ko bugirwa inama na bamwe mu bahoze mu butegetsi bwateguye bukanashyira mu bikorwa Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Iyo abareba kure bavuze ko Felix Antoine Tshisekedi, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na FARDC bagirwa inama n’Interahamwe, hari ibimenyetso.”

Uyu mushakashatsi Tom Ndahiro yavuze ko muri Gashyantare 1991 Guverinoma ya Habyarimana yashyize hanze igitabo ‘Livre blanc ku bushotoranyi bw’igisirikare…none “mu kwezi k’Ukuboza 2022 Congo ije muri uwo murongo.”

Igitabo cyashyizwe hanze n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

IFOTO: Museveni yanyuze mu Bwongereza yifurebye bidasanzwe

Next Post

Ukora ikiganiro kuri TV10 yatorewe umwanya ukomeye muri Politiki

Related Posts

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukora ikiganiro kuri TV10 yatorewe umwanya ukomeye muri Politiki

Ukora ikiganiro kuri TV10 yatorewe umwanya ukomeye muri Politiki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.