Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Nyuma yuko umuvangamiziki w’Umurundikazi Dj Ira asabye Perezida Ubwenegihugu bw’u Rwanda hatewe intambwe ibumuha

radiotv10by radiotv10
10/04/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Nyuma yuko umuvangamiziki w’Umurundikazi Dj Ira asabye Perezida Ubwenegihugu bw’u Rwanda hatewe intambwe ibumuha
Share on FacebookShare on Twitter

Iradukunda Grace Divine uzwi nka DJ Ira uherutse gusaba Perezida Paul Kagame Ubwenegihugu bw’u Rwanda, yasohotse mu igazeti ya Leta y’abantu 36 bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda.

Dj Ira uzwi mu ruganda rwo kuvangavanga imiziki mu Rwanda, ubwo Perezida Kagame yaganiraga n’abaturage b’Umujyi wa Kigali tariki 16 Werurwe 2025, yamugejejeho icyifuzo ko yifuza kwinjira mu muryango mugari w’Abanyarwanda.

Icyo gihe yari yabwiye Umukuru w’u Rwanda ko kuva yagera muri iki Gihugu yakigiriyemo umugisha, kandi ko yumva atewe ishema no kukibamo, ariko yumva bidahagije ahubwo ko yifuza guhabwa ubwenegihugu, ati “Nanjye nkitwa umwana w’Umunyarwandakazi.”

Perezida Paul Kagame yahise asaba ababishinzwe, yavuze ko babikora bikanyura mu zira zemewe n’amategeko, ubundi uyu muvangamiziki na we akaba umwe mu bagize umuryango mugari w’Abanyarwanda nk’uko yabyifugza.

Igazeti ya Leta yasohotse tariki 07 Mata 2025, igaragaza urutonde rw’abantu 36 bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, barimo uyu Iradukunda Grace Divine.

Nyuma y’umunsi umwe gusa Dj Ira agejeje iki cyifuzo kuri Perezida Paul Kagame, yavuze ko yahamagawe n’umukozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abanjira n’Abasohoka kugira ngo ajye gutanga ibyangombwa byari gutuma hatangira inzira zo kumuha ubwenegihugu.

Ubwo yagaragazaga ibyishimo yatewe no kuba icyifuzo cye cyari cyatangiye gushyirwa mu bikorwa, Dj Ira yongeye gushima Perezida Paul Kagame, aho yari yagize ati “Uwasaba yasaba Papa PK [avuga Perezida Kagame].”

Dj Ira ku ubwo yagezaga icyifuzo cye kuri Perezida Kagame
Icyo gihe yahise ashimira Umukuru w’u Rwanda igisubizo yamuhaye
Dj Ira asanzwe ari umuvangamiziki uzwi mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − fourteen =

Previous Post

Trump yahise yisubiraho ku cyemezo yari aherutse gufata kikazamura impaka ku Isi

Next Post

Nta muntu n’umwe azi bafitanye isano-Ubuhamya bw’uwatoraguwe muri Jenoside umaze imyaka 31 atazi inkomoko

Related Posts

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta muntu n’umwe azi bafitanye isano-Ubuhamya bw’uwatoraguwe muri Jenoside umaze imyaka 31 atazi inkomoko

Nta muntu n’umwe azi bafitanye isano-Ubuhamya bw’uwatoraguwe muri Jenoside umaze imyaka 31 atazi inkomoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.