Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Nyuma y’uko uwigeze kuyobora Kiyovu akumiriwe mu nama yayo yashyize ukuri kw’icyari cyayimujyanyemo

radiotv10by radiotv10
27/05/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Nyuma y’uko uwigeze kuyobora Kiyovu akumiriwe mu nama yayo yashyize ukuri kw’icyari cyayimujyanyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Juvenal Mvukiyehe wigeze kuba Perezida wa Kiyovu Sports anavugwa imyato na bagenzi be n’abakunzi b’iyi kipe, nyuma yo kwangirwa kwinjira mu Nteko Rusange y’abanyamuryango b’iyi kipe, yavuze ko yayitabiriye ashaka kujya ashyira ukuri hanze ku byashoboraga kumuvugwaho n’abo avuga ko bigeze kumurimiraho itaka bakamubeshyera.

Juvenal wamenyekanye cyane ari Perezida w’iyi kipe hagati ya 2020 na 2023, igihe yayiguriraga abakinnyi n’imodoka izajya ikoresha mu ngendo, yavuye muri iyi kipe nabi, ndetse avuga ko yanamaze kugura indi kipe ya Addax SC anabereye umuyobozi.

Kuri iki Cyumweru tariki 26 Gicurasi 2024, mu Mujyi wa Kigali habereye Inteko Rusange y’abanyamuryango ba Kiyovu Sports, ndetse Juvenal na we yerecyeza kuri hoteli yabereyemo, ariko agezeyo akorerwa ibyagaragazaga ko adakenewe muri iyi Nteko.

Ubwo yageraga ahabereye iyi Nteko, uyu munyemari Juvenal yasabwe gutegereza kugira ngo hasuzumwe niba ari ku rutonde rw’abemerewe kwitabira iyi nama, ngo kuko rwari rutaraboneka.

Ati “Natangajwe n’uko nahageze bambwira ko ntari bwinjire kuko bari bategereje amalisiti y’abagomba kuyijyamo. Navuze ko ntakibazo mbasaba kuyizana ariko bakomeza kuyibura bigaragara ko byari ukujijisha, ahubwo ntabwo bifuzaga ko nari kugaragara mu Nteko Rusange ya Kiyovu Sports.”

Juvenal avuga ko yari yitabiriye iyi Nteko Rusange ya Kiyovu Sports nk’umunyamuryango, ariko ko nanone yashakaga gushyira umucyo ku byakunze kumuvugwaho, ndetse bimwe bikanavugirwa mu Nteko nk’iyi.

Ati “Ubushize bantemeyeho itaka, ukumva baravuga ibintu bitandukanye, ndavuga nti ‘nanjye ndi umunyamuryango, reka nitabire Inteko Rusange byibuze icyo bavuga gishobora kuba kinyerekeyeho nanjye mbe mpari, nibiba ngombwa mbe natanga ibisobanuro n’ukuri kuri ibyo bintu’.”

Ni mu gihe kandi hari amakuru yavugaga ko uyu mushoramari ashobora kongera kwinjira mu kuyobora iyi kipe, mu gihe we avuga ko na we hari ababimubajijeho ko yaba ashaka kongera kwiyamamariza kuyobora iyi kipe, ariko ko kuri we atari abifite muri gahunda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − twelve =

Previous Post

Hari icyongeye gusabwa Abamotari n’abakora ingendo kuri moto

Next Post

Rusizi: Abagore bahishuye uko guha ‘care’ nyinshi abagabo byagize ingaruka ku bana

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Abagore bahishuye uko guha ‘care’ nyinshi abagabo byagize ingaruka ku bana

Rusizi: Abagore bahishuye uko guha ‘care’ nyinshi abagabo byagize ingaruka ku bana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.