• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Paris: U Rwanda rutwaye igikombe cy’Isi rutsinze Brazil

radiotv10by radiotv10
23/05/2022
in Uncategorized
1
Paris: U Rwanda rutwaye igikombe cy’Isi rutsinze Brazil
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mikino y’Igikombe cy’Isi cy’amakipe y’amarerero ya PSG (PSG Academy World Cup), Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 13, yegukanye igikombe itsinze iya Brazil.

Ni umukino wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 23 Gicurasi 2022, nyuma y’uko iyi kipe ihagarariye u Rwanda y’abatarengeje imyaka 13, itsinze amakipe ane yose yo mu Bihugu bizwiho ibigwi mu mupira w’amaguru.

Ku wa Gatandatu iyi kipe y’u Rwanda ya Academy ya Paris Saint Germain y’abatarengeje imyaka 13, yari yanyagiye ikipe y’igihugu ya Qatar ibitego 6-0 ndetse inatsinda iya Korea ibitego 4-0.

Ejo ku Cyumweru ikipe y’u Rwanda yanyagiye iya Leta Zunze Ubumwe za America ibitego 5-1 inatsinda u Bufaransa 3-0 bituma ikatisha itike ya 1/2 aho yasakiranye n’iya Misi iyitsinda ibitego 3-2 igita ikatisha itike ya final.

Kuri uyu wa Mbere iyi kipe isanzwe ikorera imyitozi i Huye mu majyepfo y’u Rwanda, yakinnye umukino wa nyuma na Brazil, iyitsinda 1-0, ihita yegukana igikombe.

Aba bana b’u Rwanda bahagurutse i Kigali ku wa Kane w’icyumweru gishize tariki 19 Gicurasi, ni ubwa mbere bitabiriye iri rushanwa ribaye ku nshuro ya gatandatu.

Muri iri rushanwa ry’igikombe cy’Isi cy’amarerero ya PSG, u Rwanda rwari rufitemo amakipe abiri arimo iyi y’abatarengeje imyaka 13 yegukanye igikombe ndetse n’iy’abatarengeje imyaka 11.

Byari ibyishimo bidasanzwe

RADIOTV10

Comments 1

  1. Niyizurugero Paul says:
    4 years ago

    Congratulation from Paul

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + ten =

Previous Post

Gutanga pase: Abenshi bemeza ko biganisha mu buriri, mu mategeko bishobora kuba icyaha

Next Post

Ibisasu bikekwa ko byaturutse muri DRCongo byaguye mu Rwanda byangiriza abaturage

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Ibisasu bikekwa ko byaturutse muri DRCongo byaguye mu Rwanda byangiriza abaturage

Ibisasu bikekwa ko byaturutse muri DRCongo byaguye mu Rwanda byangiriza abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.