Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida Kagame yavuze ko atakomeza kwihanganira ibyagwingije ‘Football’ n’icyo agiye gukora

radiotv10by radiotv10
05/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Perezida Kagame yavuze ko atakomeza kwihanganira ibyagwingije ‘Football’ n’icyo agiye gukora
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yahaye umuburo abo muri ruhago nyarwanda yakunze kuvugwamo ingeso zidakwiye nk’amarozi na bitugukwaha, avuga ko agiye kubyinjiramo kandi ko hari abo bizagiraho ingaruka.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kabiri mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, ubwo yagarukaga ku bibazo byakunze kuvugwa muri rugaho nyarwanda, dore ko Perezida asanzwe akunda siporo ndetse n’Igihugu kikaba gikomeje gushora imari mu mikino.

Ibibazo byakunze kuvugwa muri ruhago nyarwanda, biri muri nyirabayazana yo kuba itajya itera imbere ndetse n’Ikipe y’Igihugu ntitange umusaruro ushimishije.

Perezida Kagame yavuze ko nko ku ruhande rw’abatora “ubwabo bafite ukuntu imyumvire yabo itari mizima bihagije, na bo ndetse ngira ngo ahari hakwiriye kuzamuka abandi bashya.”

Yakomeje agira ati “Abantu rero kuva kera b’imipira ugasanga aho kwitoza bihagije, aho gukora ibyangombwa bihagije byo guha abakinnyi, ahubwo bari aho bari mu ndagu, bari mu marozi cyangwa gutanga bituga [ruswa], umusifuzi […], ugasanga ibyo biratwara 50% y’ibyagakwiye kuba bikorwa.”

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yavuze ko ibi bikwiye guhagarara ndetse agiye gushaka umwanya akabyinjiramo.

Yagize ati “Nagiye njya mu bindi byinshi sinabonye umwanya uhagije, ariko ndumva nzashaka umwanya wabyo ngahangana na byo nk’uko hari ibindi dusanzwe duhangana na byo ndetse bamwe nibatareba neza ubwo nzaba nabigiyemo, bizabagiraho ingaruka.

Ubwo nimbijyamo, ntabwo nakwemera ibitekerezo by’ubutindi nk’ibyongibyo ko bijya aho bikaba ari byo bikoreshwa mu Gihugu cyangwa mu mikino ireba twese. Abakoresha ibyo babe banyiteguye.”

Gukoresha amarozi na ruswa biri mu bikunze kuvugwa mu mupira w’amaguru mu Rwanda cyane cyane muri shampiyona, ndetse ibintu nk’ibi Umukuru w’igihugu akaba yari yabyamaganye ubwo yakiraga ikipe y’igihugu muri Gashyantare 2021 ubwo yari ivuye mu mikino ya CHAN 2020.

Kuri uyu wa Kabiri Perezida Kagame yavuze ko ibibazo byo muri ruhago bikwiye guhagarara

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − eight =

Previous Post

Impamvu u Rwanda rudakora ibirori ku munsi w’Ubwigenge

Next Post

Perezida Kagame yaganiriye na Macky Sall wemeje ko ataziyamamariza kongera kuyobora Senegal

Related Posts

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

IZIHERUKA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?
MU RWANDA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yaganiriye na Macky Sall wemeje ko ataziyamamariza kongera kuyobora Senegal

Perezida Kagame yaganiriye na Macky Sall wemeje ko ataziyamamariza kongera kuyobora Senegal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.