Monday, October 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Putin yatangaje icyemezo yafashe ku kuzahatana mu matora y’umwaka utaha

radiotv10by radiotv10
08/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Putin yatangaje icyemezo yafashe ku kuzahatana mu matora y’umwaka utaha
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yatangaje ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe umwaka utaha, agahatanira indi manda.

Putin yatangaje iki cyemezo kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Ukuboza 2023, aho ibitangazamakuru mpuzamahanga byatangaje ko ntakabuza azatsindira manda ye ya gatanu ari Perezida.

Uyu mugabo w’imyaka 71 y’amavuko, naramuka atsinze amatora y’umwaka utaha, yazamara imyaka 24 ku butegetsi bw’u Burusiya, ndetse n’imyaka umunani yabaye Minisitiri w’Intebe.

Ni icyemezo kitatunguranye cyane, dore ko hari hamaze iminsi hari igisa n’ubukangurambaga mu rwego rwa Gisirikare, kigaragaza ko bashyigikiye Perezida Putin.

Perezida Putin yatangaje iki cyemezo ubwo yari ari mu muhango wo gushimira abagaragaje ubutwari mu gisirikare cy’u Burusiya.

Ibitangazamakuru byo mu Burusiya, byatangaje ko umusirikare wari ku ipeti rya Lieutenant Colonel Artyom Zhoga wahawe umudari wa zahabu, yasabye Perezida Putin muri uyu muhango, kuziyamamaza.

Uwo musirikare yabwiye Abanyamakuru ati “Azongera atuyobore.”

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burusiya, Dmitry Peskov yatangaje ko abantu benshi bamaze igihe basaba ko Putin yakomeza kubayobora.

Ni mu Gihe Inteko Ishinga Amategeko y’u Burusiya umutwe wa Sena, kuri uyu wa Kane, yari yatangaje itariki y’amatora y’Umukuru w’Igihugu, ko ari tariki 17 Werurwe 2024.

Yabitangaje mu guhemba abasirikare b’indashyikirwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + eleven =

Previous Post

Harakekwa ikihishe inyuma y’igikorwa kigaragara nko gukora mu jisho America

Next Post

Tanzania: Nyuma y’umwuzure wasigiye benshi agahinda Perezida yatanze ubutumwa

Related Posts

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

by radiotv10
17/10/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera umubare w’abasirikare boherezwa mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC guhangana...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

by radiotv10
17/10/2025
0

Amatsinda abiri y’umutwe wa Wazalendo usanzwe ukorana n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yakozanyijeho mu mirwano ikarishye yabereye...

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

by radiotv10
17/10/2025
0

Israel yemeje ko ari yo yagabye igitero kivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’itsinda ry’Abahouthi bo muri Yemen, Major General Mohammed Abdulkarim...

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Amabandi yitwaje intwaro yagabye igitero cy’ubujura kuri Banki iri mu gace kamwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma y’ibiganiro byayobowe na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byabereye i Nairobi mu minsi ibiri,...

IZIHERUKA

Things to leave behind with the end of the week
MU RWANDA

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
20/10/2025
0

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

19/10/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

18/10/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tanzania: Nyuma y’umwuzure wasigiye benshi agahinda Perezida yatanze ubutumwa

Tanzania: Nyuma y’umwuzure wasigiye benshi agahinda Perezida yatanze ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Things to leave behind with the end of the week

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.