Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

radiotv10by radiotv10
14/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
1
Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar, yasheshe Inteko Ishinga amategeko nyuma yuko hari hateganyijwe amatora y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, agamije kumukura ku butegetsi, nyuma yo guhunga Igihugu kubera ibibazo bya politiki bikomeje gukaza umurego muri iki Gihugu.

Iki gikorwa cyo gusesa Inteko Ishinga amategeko cyakozwe na Andry Rajoelina kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukwakira, cyahise cyongerera ubukana mu makimbirane ari hagati ya Perezida, urubyiruko ruyoboye imyigaragambyo, n’ingabo avuga ko zatumye ahunga Igihugu.

Ejo kuwa Mbere, ni bwo hatangajwe ko Perezida Rajoarina yahunze Igihugu nyuma yuko ku mugoroba wo ku Cyumweru, umutwe umwe w’ingabo Uzwi Nka CAPSAT wari wifatanyije n’urubyiruko ruyoboye imyigaragambyo mu murwa mukuru, Antananarivo.

Uyu mutwe w’igisirikare ni nawo mutwe w’ingabo wagize uruhare rukomeye mu myigaragambyo yakuye ku utegetsi Uwari Perezida Marc Ravalomanana, ugafasha Rajoelina kugera ku butegetsi muri 2009.

Kuri ubu uyu mutwe w’ingabo kandi ni na wo ubu uri gutanga amabwiriza ku gisirikare cyose cy’iki Gihugu, haba icyo ku Butaka, mu Kirere, mo mu Mazi.

Mu ijambo yajeje ku baturage ku wa Mbere, yavugiye ahantu hatatangajwe, Perezida Rajoelina yavuze ko yagombaga guhunga Igihugu kubera impungenge z’ubuzima bwe nyuma y’igerageza ryo kumwica, nyuma y’ibyumweru by’imigaragambyo imusaba kuva ku butegetsi

Muri Madagascar hatangiye imyigaragambyo iyobowe n’urubyiruko, yatangiriye ku kugaragaza akababaro ku kibazo cy’ibura ry’amazi n’amashanyarazi. Nyuma y’igihe gito, iyi myigaragambyo yafashe indi ntera, aho abigaragambya batangiye kwamagana ubutegetsi bwa Perezida Andry Rajoelina, bashinja guhutaza ubukungu bw’igihugu. Abigaragambya barinubira cyane ibura ry’akazi, ruswa, n’ikiguzi cy’ubuzima gikomeje gutumbagira muri iki gihugu cy’ikirwa giherereye mu Nyanja y’Abahinde.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Damascene says:
    4 months ago

    Nonese ubwo yatsinze icyumutwe gute Kandi yahunze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 2 =

Previous Post

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

Next Post

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Umukinnyi w'umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.