Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

radiotv10by radiotv10
12/01/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best Producer of the Year) mu bihembo bikomeye bya AFRIMA (All Africa Music Awards).

Ibi bihembo byatangiwe mu mujyi wa Lagos muri Nigeria mu ijoro ryo ku Cyumweru 11 Mutarama 2026. Iki gihembo cyamushyize mu mateka nk’umwe mu Banyarwanda bake babashije kwegukana igihembo gikomeye ku rwego rw’umugabane wa Afurika.

Nyuma yo gushyikirizwa iki gihembo, Element Eleeh mu magambo make ariko yuzuye ishimwe, yashimiye Imana, igihugu cye cy’u Rwanda ndetse n’abakunzi be bose bamushyigikiye mu rugendo rwe rwa muzika. Yavuze ko iki gihembo ari ishema rikomeye kuri we ku giti cye, ariko kandi kikaba ari intambwe ikomeye ku muziki nyarwanda muri rusange, agaragaza ko kigaragaza ko umuziki w’u Rwanda ukomeje kumenyekana no guhabwa agaciro ku rwego mpuzamahanga.

Element Eleeh yakomeje agaragaza ko urugendo rwe mu muziki rutigeze rworoha, asobanura ko rwanyuzemo ibihe bikomeye byasabaga kwihangana no gukunda cyane ibyo akora. Yavuze ko gushyigikirwa n’abantu batandukanye, cyane cyane abahanzi yakoranye na bo, byamufashije gukomeza gutera imbere no kugera ku rwego ariho uyu munsi. Yashimiye by’umwihariko abahanzi bose bagiye bamugirira icyizere, avuga ko umusaruro w’indirimbo bakoze ari wo wagize uruhare runini mu kumugeza ku izina rikomeye afite ubu.

Uyu mu-producer azwi nk’umwe mu bafite izina rikomeye mu Rwanda no mu karere, aho yakoze indirimbo nyinshi zakunzwe cyane. Yagiye akorana n’abahanzi bakomeye barimo Bruce Melodie, Chriss Eazy n’abandi benshi, agira uruhare rukomeye mu guhindura no guteza imbere injyana n’ubuziranenge bw’umuziki nyarwanda.

Element Eleeh yegukanye iki gihembo abikesha indirimbo “Tombe”, ahigitse abandi ba-producer bakomeye ku rwego rwa Afurika barimo Tempoe, Hezer, Progrex n’abandi. Yanatsinze abarimo Davinci na Jazzworx bari bahatanye muri iki cyiciro. Byongeye, yari yanahatanye no mu cyiciro cy’umuhanzi mwiza w’umugabo muri Afurika y’Iburasirazuba, aho yatwaye igihembo Juma Jux.

Iyi ntsinzi ikurikiye ibikorwa byinshi bya Element Eleeh birimo n’uruhererekane rw’ibitaramo yakoze mu Burayi yise “Europe Tour”, bikomeza kumushimangira nk’umwe mu nkingi za mwamba mu iterambere ry’umuziki nyarwanda.

Sandy UWASE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Next Post

What emotional intelligence means and why it’s important

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.