Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best Producer of the Year) mu bihembo bikomeye bya AFRIMA (All Africa Music Awards).
Ibi bihembo byatangiwe mu mujyi wa Lagos muri Nigeria mu ijoro ryo ku Cyumweru 11 Mutarama 2026. Iki gihembo cyamushyize mu mateka nk’umwe mu Banyarwanda bake babashije kwegukana igihembo gikomeye ku rwego rw’umugabane wa Afurika.
Nyuma yo gushyikirizwa iki gihembo, Element Eleeh mu magambo make ariko yuzuye ishimwe, yashimiye Imana, igihugu cye cy’u Rwanda ndetse n’abakunzi be bose bamushyigikiye mu rugendo rwe rwa muzika. Yavuze ko iki gihembo ari ishema rikomeye kuri we ku giti cye, ariko kandi kikaba ari intambwe ikomeye ku muziki nyarwanda muri rusange, agaragaza ko kigaragaza ko umuziki w’u Rwanda ukomeje kumenyekana no guhabwa agaciro ku rwego mpuzamahanga.

Element Eleeh yakomeje agaragaza ko urugendo rwe mu muziki rutigeze rworoha, asobanura ko rwanyuzemo ibihe bikomeye byasabaga kwihangana no gukunda cyane ibyo akora. Yavuze ko gushyigikirwa n’abantu batandukanye, cyane cyane abahanzi yakoranye na bo, byamufashije gukomeza gutera imbere no kugera ku rwego ariho uyu munsi. Yashimiye by’umwihariko abahanzi bose bagiye bamugirira icyizere, avuga ko umusaruro w’indirimbo bakoze ari wo wagize uruhare runini mu kumugeza ku izina rikomeye afite ubu.
Uyu mu-producer azwi nk’umwe mu bafite izina rikomeye mu Rwanda no mu karere, aho yakoze indirimbo nyinshi zakunzwe cyane. Yagiye akorana n’abahanzi bakomeye barimo Bruce Melodie, Chriss Eazy n’abandi benshi, agira uruhare rukomeye mu guhindura no guteza imbere injyana n’ubuziranenge bw’umuziki nyarwanda.
Element Eleeh yegukanye iki gihembo abikesha indirimbo “Tombe”, ahigitse abandi ba-producer bakomeye ku rwego rwa Afurika barimo Tempoe, Hezer, Progrex n’abandi. Yanatsinze abarimo Davinci na Jazzworx bari bahatanye muri iki cyiciro. Byongeye, yari yanahatanye no mu cyiciro cy’umuhanzi mwiza w’umugabo muri Afurika y’Iburasirazuba, aho yatwaye igihembo Juma Jux.
Iyi ntsinzi ikurikiye ibikorwa byinshi bya Element Eleeh birimo n’uruhererekane rw’ibitaramo yakoze mu Burayi yise “Europe Tour”, bikomeza kumushimangira nk’umwe mu nkingi za mwamba mu iterambere ry’umuziki nyarwanda.
Sandy UWASE
RADIOTV10











