Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Putin nyuma yo gushyirirwaho impapuro zo kumufata yakoze igikorwa gitunguranye kigaragaza ko atabifiye ubwoba

radiotv10by radiotv10
20/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Putin nyuma yo gushyirirwaho impapuro zo kumufata yakoze igikorwa gitunguranye kigaragaza ko atabifiye ubwoba
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin nyuma y’amasaha macye ashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi, yagiriye uruzinduko rutunguranye mu mujyi wa Mariupol muri Ukraine, anagaragara yidegembya yitwaye mu modoka ye.

Ibi byabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, nyuma yuko ku wa Gatanu tariki 17 Werurwe 2023 Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ICC rushyizeho impapuro zo kumuta muri yombi kugira ngo aryozwe ibyaha akekwaho birimo iby’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu.

Putin wasuye umujyi wa Mariupol, nkuko byatangajwe na Leta y’u Burusiya mu mashusho yasohotse kuri iki Cyumweru tariki 19 Werurwe 2023.

Ni igikorwa bamwe bafashe nko kwerekana ko asuzuguye icyemezo yafatiwe n’uru rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC cyo gushyiraho impapuro zo kumufata.

Bamwe babishingiye kuba agiriye uru ruzinduko muri iki Gihugu cyanabereyemo ibyaha akekwaho ndetse rukaba ari rwo rwa mbere agiriye muri iki Gihugu kuva yatangizamo intambara.

Ibiro ntaramakuru byitwa The Tass news byatangaje ko Putin yerecyeje i Mariupol muri kajugujugu ku wa Gatandatu, ubundi akaza gutambagira uyu mujyi anitwaye mu modoka ye.

Putin kandi yasuye bimwe mu bice byo muri uyu mujyi ndetse anaganira na bamwe mu baturage babituyemo, anagaragarizwa umushinga wo kongera kuba uyu mujyi washegeshwe n’intambara.

Uyu mujyi wa Mariupol wafashwe n’u Burusiya muri Gicurasi umwaka ushize, nyuma y’intambara ikarishye yari imaze kuba, ndetse ifatwa ryawo rikaba ari ryo ryabaye nk’intsinzi ya mbere y’u Burusiya, nubwo iki Gihugu cyatsinzwe gufata Umurwa Mukuru wa Ukraine ari wo Kyiv.

Putin ntacyo aravuga ku mpapuro zo kumuta muri yombi yashyiriweho, nubwo mu bihe byatambutse yakunze kumvikana avuga ko nta muntu n’umwe atinya ku Isi ndetse ko abakunze kumutunga agatoki bakwiye kwigengesera kuko bishobora kubagiraho ingaruka.

Putin yagaragaye yitwaye mu modoka ye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eight =

Previous Post

Hamenyekanye umubare w’abantu bishwe n’ibiza mu minsi 15 biganjemo abahitanywe n’inkuba

Next Post

Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, bamaganye imvugo yuzuye ingengabitekerezo mbi y’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge...

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

by radiotv10
29/12/2025
0

Reports from the Democratic Republic of Congo indicate that Major General Sylvain Ekenge, the Spokesperson of the Armed Forces of...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

30/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka

Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.