Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Putin nyuma yo gushyirirwaho impapuro zo kumufata yakoze igikorwa gitunguranye kigaragaza ko atabifiye ubwoba

radiotv10by radiotv10
20/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Putin nyuma yo gushyirirwaho impapuro zo kumufata yakoze igikorwa gitunguranye kigaragaza ko atabifiye ubwoba
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin nyuma y’amasaha macye ashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi, yagiriye uruzinduko rutunguranye mu mujyi wa Mariupol muri Ukraine, anagaragara yidegembya yitwaye mu modoka ye.

Ibi byabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, nyuma yuko ku wa Gatanu tariki 17 Werurwe 2023 Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ICC rushyizeho impapuro zo kumuta muri yombi kugira ngo aryozwe ibyaha akekwaho birimo iby’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu.

Putin wasuye umujyi wa Mariupol, nkuko byatangajwe na Leta y’u Burusiya mu mashusho yasohotse kuri iki Cyumweru tariki 19 Werurwe 2023.

Ni igikorwa bamwe bafashe nko kwerekana ko asuzuguye icyemezo yafatiwe n’uru rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC cyo gushyiraho impapuro zo kumufata.

Bamwe babishingiye kuba agiriye uru ruzinduko muri iki Gihugu cyanabereyemo ibyaha akekwaho ndetse rukaba ari rwo rwa mbere agiriye muri iki Gihugu kuva yatangizamo intambara.

Ibiro ntaramakuru byitwa The Tass news byatangaje ko Putin yerecyeje i Mariupol muri kajugujugu ku wa Gatandatu, ubundi akaza gutambagira uyu mujyi anitwaye mu modoka ye.

Putin kandi yasuye bimwe mu bice byo muri uyu mujyi ndetse anaganira na bamwe mu baturage babituyemo, anagaragarizwa umushinga wo kongera kuba uyu mujyi washegeshwe n’intambara.

Uyu mujyi wa Mariupol wafashwe n’u Burusiya muri Gicurasi umwaka ushize, nyuma y’intambara ikarishye yari imaze kuba, ndetse ifatwa ryawo rikaba ari ryo ryabaye nk’intsinzi ya mbere y’u Burusiya, nubwo iki Gihugu cyatsinzwe gufata Umurwa Mukuru wa Ukraine ari wo Kyiv.

Putin ntacyo aravuga ku mpapuro zo kumuta muri yombi yashyiriweho, nubwo mu bihe byatambutse yakunze kumvikana avuga ko nta muntu n’umwe atinya ku Isi ndetse ko abakunze kumutunga agatoki bakwiye kwigengesera kuko bishobora kubagiraho ingaruka.

Putin yagaragaye yitwaye mu modoka ye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + ten =

Previous Post

Hamenyekanye umubare w’abantu bishwe n’ibiza mu minsi 15 biganjemo abahitanywe n’inkuba

Next Post

Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka

Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.