Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Putin nyuma yo gushyirirwaho impapuro zo kumufata yakoze igikorwa gitunguranye kigaragaza ko atabifiye ubwoba

radiotv10by radiotv10
20/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Putin nyuma yo gushyirirwaho impapuro zo kumufata yakoze igikorwa gitunguranye kigaragaza ko atabifiye ubwoba
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin nyuma y’amasaha macye ashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi, yagiriye uruzinduko rutunguranye mu mujyi wa Mariupol muri Ukraine, anagaragara yidegembya yitwaye mu modoka ye.

Ibi byabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, nyuma yuko ku wa Gatanu tariki 17 Werurwe 2023 Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ICC rushyizeho impapuro zo kumuta muri yombi kugira ngo aryozwe ibyaha akekwaho birimo iby’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu.

Putin wasuye umujyi wa Mariupol, nkuko byatangajwe na Leta y’u Burusiya mu mashusho yasohotse kuri iki Cyumweru tariki 19 Werurwe 2023.

Ni igikorwa bamwe bafashe nko kwerekana ko asuzuguye icyemezo yafatiwe n’uru rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC cyo gushyiraho impapuro zo kumufata.

Bamwe babishingiye kuba agiriye uru ruzinduko muri iki Gihugu cyanabereyemo ibyaha akekwaho ndetse rukaba ari rwo rwa mbere agiriye muri iki Gihugu kuva yatangizamo intambara.

Ibiro ntaramakuru byitwa The Tass news byatangaje ko Putin yerecyeje i Mariupol muri kajugujugu ku wa Gatandatu, ubundi akaza gutambagira uyu mujyi anitwaye mu modoka ye.

Putin kandi yasuye bimwe mu bice byo muri uyu mujyi ndetse anaganira na bamwe mu baturage babituyemo, anagaragarizwa umushinga wo kongera kuba uyu mujyi washegeshwe n’intambara.

Uyu mujyi wa Mariupol wafashwe n’u Burusiya muri Gicurasi umwaka ushize, nyuma y’intambara ikarishye yari imaze kuba, ndetse ifatwa ryawo rikaba ari ryo ryabaye nk’intsinzi ya mbere y’u Burusiya, nubwo iki Gihugu cyatsinzwe gufata Umurwa Mukuru wa Ukraine ari wo Kyiv.

Putin ntacyo aravuga ku mpapuro zo kumuta muri yombi yashyiriweho, nubwo mu bihe byatambutse yakunze kumvikana avuga ko nta muntu n’umwe atinya ku Isi ndetse ko abakunze kumutunga agatoki bakwiye kwigengesera kuko bishobora kubagiraho ingaruka.

Putin yagaragaye yitwaye mu modoka ye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 12 =

Previous Post

Hamenyekanye umubare w’abantu bishwe n’ibiza mu minsi 15 biganjemo abahitanywe n’inkuba

Next Post

Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka

Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.