Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon ikomeje gusatira APR, icyizere kuba Ba-Rayon cyongeye kuzamuka

radiotv10by radiotv10
23/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon ikomeje gusatira APR, icyizere kuba Ba-Rayon cyongeye kuzamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Rayon Sports yatsinze Rwamagana City yongera kugaruka mu makipe ahatanira igikombe cya Shampiyona nyuma yuko mucyeba wayo APR FC itsinzwe na Police FC.

Rayon Sports yitwaye neza mu mukino w’umunsi wa 24 utarabere igihe wa shampiyona kubera ko Ikipe y’Igihugu y’Amavubi icyo yari mu mukino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Afurika cyizaba Umwaka utaha mu gihugu cya Ivory Coast.

Uyu mukino wahuje Rwamagana City na Rayon Sports ubundi wagomba gukinwa Taliki ya 23/3/2023, ndetse ubwo mukino warakinwe ariko ntiwarangira kubera Imvura nyinshi yatumye Abasifuzi bahagarika uwo mukino wari ugeze ku munota wa 27 w’igice cya mbere.

Umukino wahagaritse amakipe yombi anganya igitego 1-1, nk’uko byatangajwe na Ferwafa ibinyujije ku Rukuta rway twa Twitter bagira bati “Kubera imvura nyinshi yaguye igatuma umukino wahuzaga Rwamagana City na Rayon Sports uhagarara ku munota wa 27, kuko ikibuga kitari kigishoboye gukinirwaho, uyu mukino uzasubukurwa ejo tariki 23/04/2023 saa 15h00.”

Yakomeje igira iti “Nk’uko biteganywa n’amategeko agenga amarushanwa, mu ngingo ya 38 igika cya gatatu, uyu mukino wahagaze amakipe yombi anganya 1-1 ugomba gukomereza ku munota wari ugezeho kuri Stade ya Ngoma.”

Nyuma y’uko Ferwafa itanze umurongo kuri uwo mukino, uyu munsi umukino wakomeje ndetse Andre Onana aza kuba ikinyuranyo ku makipe menshi nubwo byari byiza kuri Rayon Sports kuko yaje gutsinda igitego cya Kabiri cyabonetse ku munota wa 69 w’Igice cya Kabiri, ndetse n’umukino ukaza kurangira Rayon Sports yegukanye amanota 3 y’umunsi wa 24 wa shampiyona utarabeye igihe.

Iyo ntsinzi ya Rayon Sports yatumye igaruka mu makipe ahatanira igikombe dore ko kugeza ubu yicaye ku mwanya wa 3 n’amanota 52, inyuma ya Kiyovu Sports na APR FC ziyiza imbere.

Onana yatumye Aba-Rayon bamwenyura

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 11 =

Previous Post

Bamwe bati “ni intwari” abandi bati “ni inganzwa ya nyina”-Ibya Hakimi n’umugore we ubundi byaje bite?

Next Post

Gen Muhoozi yasesekaye i Kigali n’ikimuzanye gihita kibukwa

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi
AMAHANGA

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

28/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen Muhoozi yasesekaye i Kigali n’ikimuzanye gihita kibukwa

Gen Muhoozi yasesekaye i Kigali n’ikimuzanye gihita kibukwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.