Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Nta kwezi kurashira umuntu wa gatatu ukekwa ko ari igisambo yarashwe

radiotv10by radiotv10
10/07/2023
in MU RWANDA
0
Rubavu: Nta kwezi kurashira umuntu wa gatatu ukekwa ko ari igisambo yarashwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gicuku cy’ijoro ryacyeye ahagana saa munani, inzego z’umutekano mu Karere ka Rubavu, zarashe ukekwa ko ari umujura, ahasiga ubuzima. Abaye uwa gatatu ukekwaho ubujura urashwe arwanya inzego mu gihe kitageze mu kwezi kumwe, mu Murenge umwe wa Rubavu.

Uyu ukekwaho kuba yari umujura uri mu kigero cy’imyaka 25 y’amavuko, yarasiwe mu Mudugudu wa Gafuku mu Kagari ka Gikombe mu Murenge wa Rubavu.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, avuga ko mu gicuku cyo kuri uyu wa Mbere tariki 10 Nyakanga 2023, ahagana saa munani, abantu bari bavuye mu birori by’isabukuru y’inshuti yabo, batangiriwe n’abajura, bakababambura ibyo bari bafite nk’amatelefone n’amafaranga.

Ni bwo batabaje, inzego z’umutekano zihita zihutira kuhagera, ariko aba bakekwa kuba ari ibisambo batangira kurwanya Abapolisi, na bo bahita bitabara barasa umwe muri bo ahita apfa, abandi bakizwa n’amaguru.

Abatuye muri aka gace, baramukiye aharasiwe uyu ukekwaho kuba ari umujura, ari na bwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwaje gufata umurambo we, wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Gisenyi.

Uyu musore arashwe nta kwezi kurashira muri aka Karere ka Rubavu harashwe abandi bantu babiri bakekwaho ubujura, barimo uwarashwe mu gitondo cya kare ahagana saa kumi n’imwe tariki 26 Kamena 2023.

Uyu musore w’imyaka 26 warasiwe mu Mudugudu wa Bushengo mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Rubavu, yarashwe nyuma y’uko na we yari yivuganye umusaza w’imyaka 50 bakoranaga akazi ko kurara izamu mu rutoki ruherereye muri aka gace, ubwo yamusanganaga igitoki, yamubaza impamvu yagitemye, undi akamwica akoresheje ifuni.

Ubwo inzego zajyaga gufata uyu musore, yashatse kuzirwanya no kuzicika, na zo zihita zimurasa, ahasiga ubuzima.

Nanone kandi tariki 15 Kamena 2023, ahagana saa kumi n’imwe (05:00’) mu Kagari ka Rukoko mu Murenge wa Rubavu, na bwo hari harashwe undi mu wari mu nsoreshore ziyise ‘Abazukuru ba Shitani’.

Uyu we yarashwe nyuma y’uko we n’izindi nsoresore zikora ibi bikorwa by’ubujura zashakaga kurwanya inzego z’umutekano zari zije kubafata nyuma y’uko aba bakekwaho ubujura baramukiraga mu muhanda batega abahisi n’abagenzi babambura ibyabo, ndetse banabakubita.

Abaturage bari baje kureba

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 14 =

Previous Post

Perezida wo muri Afurika yatangaje icyemezo kinyuranye n’icya mugenzi we

Next Post

Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse

Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.