Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Nta kwezi kurashira umuntu wa gatatu ukekwa ko ari igisambo yarashwe

radiotv10by radiotv10
10/07/2023
in MU RWANDA
0
Rubavu: Nta kwezi kurashira umuntu wa gatatu ukekwa ko ari igisambo yarashwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gicuku cy’ijoro ryacyeye ahagana saa munani, inzego z’umutekano mu Karere ka Rubavu, zarashe ukekwa ko ari umujura, ahasiga ubuzima. Abaye uwa gatatu ukekwaho ubujura urashwe arwanya inzego mu gihe kitageze mu kwezi kumwe, mu Murenge umwe wa Rubavu.

Uyu ukekwaho kuba yari umujura uri mu kigero cy’imyaka 25 y’amavuko, yarasiwe mu Mudugudu wa Gafuku mu Kagari ka Gikombe mu Murenge wa Rubavu.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, avuga ko mu gicuku cyo kuri uyu wa Mbere tariki 10 Nyakanga 2023, ahagana saa munani, abantu bari bavuye mu birori by’isabukuru y’inshuti yabo, batangiriwe n’abajura, bakababambura ibyo bari bafite nk’amatelefone n’amafaranga.

Ni bwo batabaje, inzego z’umutekano zihita zihutira kuhagera, ariko aba bakekwa kuba ari ibisambo batangira kurwanya Abapolisi, na bo bahita bitabara barasa umwe muri bo ahita apfa, abandi bakizwa n’amaguru.

Abatuye muri aka gace, baramukiye aharasiwe uyu ukekwaho kuba ari umujura, ari na bwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwaje gufata umurambo we, wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Gisenyi.

Uyu musore arashwe nta kwezi kurashira muri aka Karere ka Rubavu harashwe abandi bantu babiri bakekwaho ubujura, barimo uwarashwe mu gitondo cya kare ahagana saa kumi n’imwe tariki 26 Kamena 2023.

Uyu musore w’imyaka 26 warasiwe mu Mudugudu wa Bushengo mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Rubavu, yarashwe nyuma y’uko na we yari yivuganye umusaza w’imyaka 50 bakoranaga akazi ko kurara izamu mu rutoki ruherereye muri aka gace, ubwo yamusanganaga igitoki, yamubaza impamvu yagitemye, undi akamwica akoresheje ifuni.

Ubwo inzego zajyaga gufata uyu musore, yashatse kuzirwanya no kuzicika, na zo zihita zimurasa, ahasiga ubuzima.

Nanone kandi tariki 15 Kamena 2023, ahagana saa kumi n’imwe (05:00’) mu Kagari ka Rukoko mu Murenge wa Rubavu, na bwo hari harashwe undi mu wari mu nsoreshore ziyise ‘Abazukuru ba Shitani’.

Uyu we yarashwe nyuma y’uko we n’izindi nsoresore zikora ibi bikorwa by’ubujura zashakaga kurwanya inzego z’umutekano zari zije kubafata nyuma y’uko aba bakekwaho ubujura baramukiraga mu muhanda batega abahisi n’abagenzi babambura ibyabo, ndetse banabakubita.

Abaturage bari baje kureba

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − five =

Previous Post

Perezida wo muri Afurika yatangaje icyemezo kinyuranye n’icya mugenzi we

Next Post

Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse

Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.