Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ruhago y’Isi mu marira: Ibiri kuvugwa nyuma y’urupfu rwa kizigenza muri ‘Football’

radiotv10by radiotv10
30/12/2022
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ruhago y’Isi mu marira: Ibiri kuvugwa nyuma y’urupfu rwa kizigenza muri ‘Football’
Share on FacebookShare on Twitter

Amazina ye yose ni Edson Arantes do Nascimento, ariko benshi bamuzi nka Pelé ari na we kugeza ubu ufatwa nk’umwami muri ruhago y’Isi, akaba ubu atakiri mu mwuka w’abazima nyuma yo kwitaba Imana kuri uyu wa 29 Ukuboza 2022. Benshi yaba abo muri ruhago ndetse n’abanyapolitiki bakomeje kugira icyo bamuvugaho.

Iyi nkuru y’incamugongo y’urupfu rw’uyu Munya-Brazil Pelé, yasakaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 29 Ukuboza 2022.

Benshi mu bakunzi ba ruhago ndetse n’abafite amazina akomeye mu mupira w’amaguru ku Isi, bahise batangira kunyuza ubutumwa bwabo ku mbuga nkoranyamba, bwo kwifuriza uyu munyabigwi iruhuko ridashira.

Umunya-Argentine Lionel Messi kugeza ubu wicaye ku ntebe y’icyubahiro muri ruhago y’Isi, ari mu bashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zabo, bugaragaza akababaro k’itabarUka rya Pelé.

Yifashishije ifoto bari kumwe, Lionel Messi, yagize ati “Ruhukira mu mahoro Pelé.”

Umunya-Portugal Cristiano Ronaldo na we uri mu bayoboye football y’Isi muri iki gihe, na we yagaragaje ko yashenguwe n’urupfu rwa Pelé.

Yihanganishije Abanya-Brazil bose byumwihariko umuryango wa nyakwigendera, ati “Urabeho by’iteka Umwami Pelé, sinabona uko nsobanura akababaro k’abo mu isi ya ruhago muri uyu mwanya.”

Cristiano Ronaldo yakomeje avuga ko Pelé yabereye intangarugero benshi, ati “Uri ikitegererezo cy’ahahise, uyu munsi ndetse n’iteka ryose.”

Umunya-Brazil Neymar da Silva Santos Júnior, na we yagaragaje agahinda yatewe n’uyu wamubanjirije akanahesha ishema Igihugu cyabo.

Neymar unambara nimero 10 yanambarwaga na nyakwigendera Pele, yavuze ko yishimira kuba yambara nimero ye mu Ikipe yamubanjirijemo.

Ati “Pele yahinduye umupira w’amaguru, ubuhanzi ndetse n’imyidagaduro. Yahaye ijambo abakene, abirabura ndetse agaragaza Brazil ku ruhando rw’Isi.”

Neymar yavuze ko kuba kugeza ubu iyo havuzwe Brazil benshi bahita bumva Umupira w’amaguru, bishinze imizi kuri Pele. Ati “Umupira w’amaguru na Brazil byagize ijambo kubera Umwami [Pele].”

Umunyapolitiki ukomeye ku Isi, Barack Obama wabaye Perezida wa 44 wa Leta Zunze Ubumwe za America, na we ari mu bababajwe n’urupfu rwa Pele.

Mu butumwa buherekejwe n’ifoto bari kumwe, Obama yagize ati “Pelé ni uwa mbere wabayeho mu gukina umukino mwiza, akaba uw’igitangaza wabayeho mu mupira w’amaguru ku Isi, yumvaga imbaraga za siporo mu guhuriza hamwe abantu. Twifatanyije n’umuryango we ndetse n’abandi bose bamukundaga.”

Uyu munyabigwi muri ruhago y’Isi witabye Imana ku myaka 82 y’amavuko, afite uduhigo tutaragirwa n’undi wese muri uyu mukino kuko yakinnye imikino y’Igikombe cy’Isi inshuro enye, kandi muri zo agitwara eshatu zose.

Lionel Messi yamusabiye kuruhukira mu mahoro
Cristioano na we yababajwe n’urupfu rwa Pele
Umwuzukuru we Neymar ati “waduhesheje ishema
Obama avuga ko ntawamuhiga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 7 =

Previous Post

Inkuru ibabaje: Umukecuru wakundaga bihebuje Perezida Kagame yitabye Imana

Next Post

IFOTO: Bamporiki yongeye kugaragara mu buzima busanzwe amwenyura

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Bamporiki yongeye kugaragara mu buzima busanzwe amwenyura

IFOTO: Bamporiki yongeye kugaragara mu buzima busanzwe amwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.