Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ruhago y’Isi mu marira: Ibiri kuvugwa nyuma y’urupfu rwa kizigenza muri ‘Football’

radiotv10by radiotv10
30/12/2022
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ruhago y’Isi mu marira: Ibiri kuvugwa nyuma y’urupfu rwa kizigenza muri ‘Football’
Share on FacebookShare on Twitter

Amazina ye yose ni Edson Arantes do Nascimento, ariko benshi bamuzi nka Pelé ari na we kugeza ubu ufatwa nk’umwami muri ruhago y’Isi, akaba ubu atakiri mu mwuka w’abazima nyuma yo kwitaba Imana kuri uyu wa 29 Ukuboza 2022. Benshi yaba abo muri ruhago ndetse n’abanyapolitiki bakomeje kugira icyo bamuvugaho.

Iyi nkuru y’incamugongo y’urupfu rw’uyu Munya-Brazil Pelé, yasakaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 29 Ukuboza 2022.

Benshi mu bakunzi ba ruhago ndetse n’abafite amazina akomeye mu mupira w’amaguru ku Isi, bahise batangira kunyuza ubutumwa bwabo ku mbuga nkoranyamba, bwo kwifuriza uyu munyabigwi iruhuko ridashira.

Umunya-Argentine Lionel Messi kugeza ubu wicaye ku ntebe y’icyubahiro muri ruhago y’Isi, ari mu bashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zabo, bugaragaza akababaro k’itabarUka rya Pelé.

Yifashishije ifoto bari kumwe, Lionel Messi, yagize ati “Ruhukira mu mahoro Pelé.”

Umunya-Portugal Cristiano Ronaldo na we uri mu bayoboye football y’Isi muri iki gihe, na we yagaragaje ko yashenguwe n’urupfu rwa Pelé.

Yihanganishije Abanya-Brazil bose byumwihariko umuryango wa nyakwigendera, ati “Urabeho by’iteka Umwami Pelé, sinabona uko nsobanura akababaro k’abo mu isi ya ruhago muri uyu mwanya.”

Cristiano Ronaldo yakomeje avuga ko Pelé yabereye intangarugero benshi, ati “Uri ikitegererezo cy’ahahise, uyu munsi ndetse n’iteka ryose.”

Umunya-Brazil Neymar da Silva Santos Júnior, na we yagaragaje agahinda yatewe n’uyu wamubanjirije akanahesha ishema Igihugu cyabo.

Neymar unambara nimero 10 yanambarwaga na nyakwigendera Pele, yavuze ko yishimira kuba yambara nimero ye mu Ikipe yamubanjirijemo.

Ati “Pele yahinduye umupira w’amaguru, ubuhanzi ndetse n’imyidagaduro. Yahaye ijambo abakene, abirabura ndetse agaragaza Brazil ku ruhando rw’Isi.”

Neymar yavuze ko kuba kugeza ubu iyo havuzwe Brazil benshi bahita bumva Umupira w’amaguru, bishinze imizi kuri Pele. Ati “Umupira w’amaguru na Brazil byagize ijambo kubera Umwami [Pele].”

Umunyapolitiki ukomeye ku Isi, Barack Obama wabaye Perezida wa 44 wa Leta Zunze Ubumwe za America, na we ari mu bababajwe n’urupfu rwa Pele.

Mu butumwa buherekejwe n’ifoto bari kumwe, Obama yagize ati “Pelé ni uwa mbere wabayeho mu gukina umukino mwiza, akaba uw’igitangaza wabayeho mu mupira w’amaguru ku Isi, yumvaga imbaraga za siporo mu guhuriza hamwe abantu. Twifatanyije n’umuryango we ndetse n’abandi bose bamukundaga.”

Uyu munyabigwi muri ruhago y’Isi witabye Imana ku myaka 82 y’amavuko, afite uduhigo tutaragirwa n’undi wese muri uyu mukino kuko yakinnye imikino y’Igikombe cy’Isi inshuro enye, kandi muri zo agitwara eshatu zose.

Lionel Messi yamusabiye kuruhukira mu mahoro
Cristioano na we yababajwe n’urupfu rwa Pele
Umwuzukuru we Neymar ati “waduhesheje ishema
Obama avuga ko ntawamuhiga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 8 =

Previous Post

Inkuru ibabaje: Umukecuru wakundaga bihebuje Perezida Kagame yitabye Imana

Next Post

IFOTO: Bamporiki yongeye kugaragara mu buzima busanzwe amwenyura

Related Posts

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe
IMYIDAGADURO

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

19/12/2025
Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

18/12/2025
Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Bamporiki yongeye kugaragara mu buzima busanzwe amwenyura

IFOTO: Bamporiki yongeye kugaragara mu buzima busanzwe amwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Should parents still choose careers for their children?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.