Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Russia&Ukraine: Ibyavuye mu biganiro byahuje ba Minisitiri b’Ubunayi n’Amahanga byamenyekanye

radiotv10by radiotv10
10/03/2022
in Uncategorized
0
Russia&Ukraine: Ibyavuye mu biganiro byahuje ba Minisitiri b’Ubunayi n’Amahanga byamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter
  • Minisitiri wa Ukraine ashinja uw’u Burusiya gukoresha imvugo itajyanye n’igihe
  • Yavuze ko Ukraine idateze kumanika amaboko

Nyuma y’ibiganiro byahuje u Burusiya na Ukraine bigamije gushaka umuti w’ibibazo, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba yavuze ko banaganiriye ku byo guhagarika intambara ariko ko ntacyo bagezeho.

Ibi biganiro byabereye i Antalya muri Turukiya kuri uyu wa Kane, byahuje Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov na mugenzi we wa Ukraine, Dmytro Kuleba ndetse na mugenzi wabo wa Turukiya, Mevlut Cavusoglu.

Nyuma y’ibi biganiro, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba yagiranye ikiganiro n’Abanyamakuru, avuga ko impande zombi ziyemeje gukomeza gushyira imbaraga mu gushaka umuti w’ikibazo mu nyungu zo kurengera ikiremwamuntu muri Ukraine.

Minisitiri Dmytro Kuleba yavuze ko yiteguye kongera guhura na mugenzi we mu rwego rwo gukomeza kuganira ku bisubizo bikenewe.

Yavuze ko mu gihe ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bahuye, baba bagomba kugirana imishyikirano mu gushaka umuti ugamije amahoro n’umutekano

Yagize ati “Niteguye gukomeza iyi nzira ku bw’intego yo guhagarika intambara muri Ukraine, guhagarika ibikorwa bikomeje kubangamira abasivile b’Abanya-Ukraine no guha ubwigenge Igihugu cyacu kikavamo abasirikare b’u Burusiya.”

Dmytro Kuleba yanavuze ko banavuze ku byo guhagarika intambara ariko ko ntacyo bagezeho. Yagize ati “Biragaragara ko hari abandi bo gufata ibyemezo kuri iki kibazo mu Burusiya.”

Yavuze ko ibi biganiro yagiranye na mugenzi we Lavrov byari bikomeye cyane kuko yakoreshaga imvugo zitajyanye n’igihe ku meza y’ibiganiro. Yavuze ko Ukraine idateze kumanika amaboko cyangwa gusubira inyuma

Mbere y’uko yitabira ibi biganiro, Dmytro Kuleba yari yabanje gutangaza ko nubwo agiye muri ibi biganiro ariko nta cyizere afite mu gihe ingabo z’u Burusiya zikomeje kurasa ibisasu bikomeye mu mijyi ikomeye yo muri Ukraine.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Bidasubirwaho Mashami ntacyongerewe amasezerano yo gutoza Amavubi

Next Post

Ikosa riri he kuba Muhoozi yakwifuza kuba Perezida kuko se ari we?- Mwenda

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikosa riri he kuba Muhoozi yakwifuza kuba Perezida kuko se ari we?- Mwenda

Ikosa riri he kuba Muhoozi yakwifuza kuba Perezida kuko se ari we?- Mwenda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.