Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Rutahizamu kabuhariwe wo kwa Didier Drogba yamaze kwinjira mu Mavubi

radiotv10by radiotv10
23/09/2022
in SIPORO
0
Rutahizamu kabuhariwe wo kwa Didier Drogba yamaze kwinjira mu Mavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu Gerard Bi Goua Gohou ukomoka muri Côte d’Ivoire, wamaze guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda, ubu ari gukorana imyitozo na ba Serumogo mu Ikipe y’Igihugu Amavubi aho iri muri Maroc yitegura imikino ya Gicuti.

Uyu rutahizamu usanzwe akina muri Kazakhistan ubu uri gukorana imyitozo n’Amavubi yitegura imikino ya gicuti, yinjiye mu ikipe y’u Rwanda nyuma yuko Perezida wa FERWAFA yemeje ko gahunda yo kugarura abanyamahanga mu ikipe y’Igihugu biri gutekerezwaho.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’Itangazamakuru ubwo hanatangazwaga urutonde rw’abakinnyi bazifashishwa muri iyi mikino ya gicuti, Nizeyimana Mugabo Olivier yari yatangaje ko mu gihe cya vuba hari abakinnyi bazahabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda nyuma yo kugaragaza ubushake ko bifuza kurukinira.

Mu bavugwaga cyane mu minsi ishize, ni rutahizamu wa Rayon Sports Leandre Essomba Willy Onana, bivugwa ko na we ari mu nzira zo guhabwa ibyangombwa by’ubwenegihugu bw’u Rwanda nkuko yabyifuje.

Gusa mbere yuko Onana ukomoka muri Cameroon yinjira mu Mavubi, yabimburiwe n’Umunya- Côte d’Ivoire, Gerard Bi Goua Gohou na we akaba ari rutahizamu uvugwaho kuba azi kureba mu izamu.

Ikipe ye akinira muri Kazakhistan ikaba yemeje ko uyu rutahizamu yahamagawe n’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi.

Gerard Bi Goua Gohou ari gukorana imyitozo n’abakinnyi b’Amavubi

Ngo kureba mu izamu ni ibintu bye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − nineteen =

Previous Post

Uwari Colonel muri FARDC wari inkoramutima ya Kabila yagiye muri M23

Next Post

Haravugwa ifungwa ry’undi Mujenerali wa FARDC uzwi mu rugamba na M23

Related Posts

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa ifungwa ry’undi Mujenerali wa FARDC uzwi mu rugamba na M23

Haravugwa ifungwa ry’undi Mujenerali wa FARDC uzwi mu rugamba na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.