Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Sadate wifuza kugura Rayon yavuze akayabo azayitangaho n’indi mishinga bamwe bafashe nk’urwenya

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Sadate wifuza kugura Rayon yavuze akayabo azayitangaho n’indi mishinga bamwe bafashe nk’urwenya
Share on FacebookShare on Twitter

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida w’ikipe ya Rayon Sports, yongeye gutangaza ko yifuza kugura iyi kipe, kandi atanga igihe ntarengwa cyo kwiga ku busabe bwe, bwakwemerwa akayigura 5 000 000 000 Frw, anatangaza indi mishiga afite irimo kugura indege izajya iyijyana gukina hanze.

Munyakazi Sadate yatanze italiki ntarengwa ya 25 Ukuboza 2025, ubwo azaba yizihiza isabukuru ye y’amavuko, akavuga ko yifuza kuzayizihiza n’abakunzi ba Rayon Sports FC bari mu munyenga yaramaze kuyigura.

Munyakazi Sadate yasobanuye ko muri izo miliyari 5 Frw, imwe izasaranganywa amatsinda y’Abafana kugira ngo anagure icyo yise ‘icyuya zabize’ yabize. Naho indi miliyari imwe ngo izishyurwa amadeni kugira ngo yirinde icyo yise ‘birantega’.

Miliyari eshatu (3 000 000 000 Frw) zisigaye, Munyakazi avuga ko azazishora muri Rayon Sports FC mu gihe cy’imyaka itatu, bivuze miliyari imwe buri mwaka.

Munyakazi Sadate avuga ko amatsinda y’abafana (Fan Clubs) azagumaho ariko ntazongera gutanga imisanzu nk’uko bimeze ubu, ku buryo ayo yatangagamo imisanzu azajya ayasura bagakoranamo ubusabane.

Ikindi kandi ngi ni na we uzashyiraho ubuyobozi bw’ikipe kuko ari we uzaba yashoye akayabo, kandi akazashyiraho umurongo utishyurwa wo gutanga ibitekerezo byo kubaka iyi kipe.

Munyakazi Sadate avuga ko nyuma y’imyaka itatu yo kwivugurura hazashorwa izindi miliyari 5 Frw, hakazashingwa kandi indi mikino ishamikiye kuri Rayon Sports FC nka Volleyball, Basketball, Amagare n’izindi, ibi bikaziyongera ku ndege yihariye izaba ari iye ariko igatwara Rayon Sports FC ubwo izajya iba igiye gukina mu marushanwa mpuzamahanga, ikazaba kandi ifite Bisi yiswe iy’akataraboneka, Ambulances ebyiri ziyiherekeza aho igiye hose, Staff van ebyiri na Moto ebyiri ziyigenda imbere.

Munyakazi Sadate yongeyeho ko habayeho ibiganiro by’ibanze akabona bitanga icyizere yahita ashyira muri Rayon Sports FC miliyoni ijana  kuyifasha kurangiza neza shampiyona y’uyu mwaka.

Mu gihe Rayon Sports FC yatwara igikombe, ubu busabe bw’ubugure bwazamukaho 20%, naho ikibuze bwamanukaho 20%.

Abakunzi ba Rayon Sports FC bamwe babifashe nk’urwenya, dore ko bavuga ko uyu mugabo yigeze no kwemera kubaka sitade ntabikore.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje ahakwiye ubushishozi mu kwifashisha Ikoranabuha ry’Ubwenge Buhangano-AI

Next Post

Amakuru agezweho y’imirwano muri Congo: Urugamba rwongeye kumvikanamo imbunda ziremereye

Related Posts

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Perezida w'ikipe ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu, yahamije ko Aimable Nsabimana yamwandikiye amusaba kugaruka mu kazi, ariko ko atamwerera ngo...

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisiteri ya Siporo n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, bamaganye amakuru y’Ibuhuha yavugaga ko amatora ya Komite Nyobozi y’iri Shyirahamwe...

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

IZIHERUKA

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda
IMYIDAGADURO

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

by radiotv10
30/07/2025
0

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe hafi y’iwe yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe hafi y’iwe yapfuye

30/07/2025
Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

30/07/2025
Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace

Amakuru agezweho y’imirwano muri Congo: Urugamba rwongeye kumvikanamo imbunda ziremereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe hafi y’iwe yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.