Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Simba SC yakomeje urugendo rugana ku gikombe cya shampiyona ya Tanzania igeze mu mahina

radiotv10by radiotv10
23/06/2021
in SIPORO
0
Simba SC yakomeje urugendo rugana ku gikombe cya shampiyona ya Tanzania igeze mu mahina
Share on FacebookShare on Twitter

Simba SC yujuje amanota 73 muri shampiyona ya Tanzania 2020-2021 nyuma yo gutsinda umukino wayo wa 23 muri iyi shampiyona igeze mu mahina. Simba SC yujuje aya manota nyuma yo kunyagira Mbeya City ibitego 4-1.

Simba SC yujuje umukino wa 23 w’intsinzi muri Vodacom Premier League 2020-2021 inyagira Mbeya City ibitego 4-1. Rally Bwalya (31′), Jose Luis Miquissonne (35′), John Raphael Bocco (47′) na Clatous Chota Chama (85′) nibo batsindiye Simba SC, Athans (51′) atsindira Mbeya City.

Image

Abakinnyi ba Simba SC bishimira igitego cya Clatous Chota Chama

Simba SC kuri ubu imaze gukina imikino 29 muri 34 izakinwa ikaba iri imbere ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona mu gihe Yanga SC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 67 mu mikino 31. Yanga SC irabura imikino itatu kugira ngo isoze shampiyona ikaba iri kurushwa na Simba SC amanota atandatu. Bivuze ko Simba SC isabwa gutsinda imikino itatu muri irindwi (7) basigaje bagahita batwara igikombe.

Kuri uyu wa Kabiri ubwo Simba SC yatsindaga Mbeya City, Meddie Kagere umunyarwanda utaha izamu muri iyi kipe ntabwo yabanje mu kibuga.

Image

Rally Bwallya acengeza umupira mu bwigarizi bwa Mbeya City ariko na John Bocco (22) yari hafi aho

Igitego John Bocco yatsinze ku munota wa 47’cyatumye yuzuza ibitego 14 anganga na Prince Dube wa Azam FC bakaba aribo bafite ibitego byinshi muri uyu mwaka w’imikino. Meddie Kagere ari ku mwanya wa gatatu n’ibitego 11 mu gihe Chris Mugalu amuza inyuma n’ibitego 10.

Wari umukino wa mbere ku munyazambiya Clatous Chota Chama wari wagarutse nyuma yo kuva mu kiriyo cy’uwari umufasha we, Mercy Chama witabye Imana mu minsi ishize. Chama rero yanagize amahirwe abona igitego ku munota wa 85’ w’umukino ahita yuzuza ibitego umunani (8).

Image

Jose  Luis MIquissone atera umupira wamubyariye igitego

Nyuma y’umukino, abafana ba Simba SC batabashije kumusura i Lusaka muri Zambia bafashe umwanya bamugenera inkunga muri gahunda yo gukomeza kumufata mu mugongo.

Abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Simba SC ni; Beno David Kakolanya (GK), Shomari Kapombe, Mohammed Hussein, Joash Onyango, Serge Wawa Pascal, Keneddy Wilson Djuma, Bernard Morrisson, Erasto Edouard Nyoni, John Bocco (C), Rally Bwalya na Jose Luis Miquissone.

Image

Rally Bwalya abyigana n’abakinnyi ba Mbeya City

Image

Bernard Morisson agerageza gucikana umupira agana ku izamu rya Mbeya City

Image

Jose Luis Miquissone yishimira igitego cye kinjiye ari icya kabiri mu mukino

Image

Shiomari Salim Kapombe myugariro w’iburyo muri Simba SC agenzura umupira

Image

Kennedy Wilson Djuma myugariro wa Simba SC agenzura umupira mu bwugarizi

Image

Clatous Chota Chama yishimira igitego cya kane cya Simba SC, igitego cye cya munani muri shampiyona

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Kicukiro: Uwimana Marceline arataka akarengane mu rubanza rumaze imyaka 21

Next Post

Rideman ari mu byishimo byo kwibaruka impanga

Related Posts

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rideman ari mu byishimo byo kwibaruka impanga

Rideman ari mu byishimo byo kwibaruka impanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.