Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Simba SC yakomeje urugendo rugana ku gikombe cya shampiyona ya Tanzania igeze mu mahina

radiotv10by radiotv10
23/06/2021
in SIPORO
0
Simba SC yakomeje urugendo rugana ku gikombe cya shampiyona ya Tanzania igeze mu mahina
Share on FacebookShare on Twitter

Simba SC yujuje amanota 73 muri shampiyona ya Tanzania 2020-2021 nyuma yo gutsinda umukino wayo wa 23 muri iyi shampiyona igeze mu mahina. Simba SC yujuje aya manota nyuma yo kunyagira Mbeya City ibitego 4-1.

Simba SC yujuje umukino wa 23 w’intsinzi muri Vodacom Premier League 2020-2021 inyagira Mbeya City ibitego 4-1. Rally Bwalya (31′), Jose Luis Miquissonne (35′), John Raphael Bocco (47′) na Clatous Chota Chama (85′) nibo batsindiye Simba SC, Athans (51′) atsindira Mbeya City.

Image

Abakinnyi ba Simba SC bishimira igitego cya Clatous Chota Chama

Simba SC kuri ubu imaze gukina imikino 29 muri 34 izakinwa ikaba iri imbere ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona mu gihe Yanga SC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 67 mu mikino 31. Yanga SC irabura imikino itatu kugira ngo isoze shampiyona ikaba iri kurushwa na Simba SC amanota atandatu. Bivuze ko Simba SC isabwa gutsinda imikino itatu muri irindwi (7) basigaje bagahita batwara igikombe.

Kuri uyu wa Kabiri ubwo Simba SC yatsindaga Mbeya City, Meddie Kagere umunyarwanda utaha izamu muri iyi kipe ntabwo yabanje mu kibuga.

Image

Rally Bwallya acengeza umupira mu bwigarizi bwa Mbeya City ariko na John Bocco (22) yari hafi aho

Igitego John Bocco yatsinze ku munota wa 47’cyatumye yuzuza ibitego 14 anganga na Prince Dube wa Azam FC bakaba aribo bafite ibitego byinshi muri uyu mwaka w’imikino. Meddie Kagere ari ku mwanya wa gatatu n’ibitego 11 mu gihe Chris Mugalu amuza inyuma n’ibitego 10.

Wari umukino wa mbere ku munyazambiya Clatous Chota Chama wari wagarutse nyuma yo kuva mu kiriyo cy’uwari umufasha we, Mercy Chama witabye Imana mu minsi ishize. Chama rero yanagize amahirwe abona igitego ku munota wa 85’ w’umukino ahita yuzuza ibitego umunani (8).

Image

Jose  Luis MIquissone atera umupira wamubyariye igitego

Nyuma y’umukino, abafana ba Simba SC batabashije kumusura i Lusaka muri Zambia bafashe umwanya bamugenera inkunga muri gahunda yo gukomeza kumufata mu mugongo.

Abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Simba SC ni; Beno David Kakolanya (GK), Shomari Kapombe, Mohammed Hussein, Joash Onyango, Serge Wawa Pascal, Keneddy Wilson Djuma, Bernard Morrisson, Erasto Edouard Nyoni, John Bocco (C), Rally Bwalya na Jose Luis Miquissone.

Image

Rally Bwalya abyigana n’abakinnyi ba Mbeya City

Image

Bernard Morisson agerageza gucikana umupira agana ku izamu rya Mbeya City

Image

Jose Luis Miquissone yishimira igitego cye kinjiye ari icya kabiri mu mukino

Image

Shiomari Salim Kapombe myugariro w’iburyo muri Simba SC agenzura umupira

Image

Kennedy Wilson Djuma myugariro wa Simba SC agenzura umupira mu bwugarizi

Image

Clatous Chota Chama yishimira igitego cya kane cya Simba SC, igitego cye cya munani muri shampiyona

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − seven =

Previous Post

Kicukiro: Uwimana Marceline arataka akarengane mu rubanza rumaze imyaka 21

Next Post

Rideman ari mu byishimo byo kwibaruka impanga

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rideman ari mu byishimo byo kwibaruka impanga

Rideman ari mu byishimo byo kwibaruka impanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.