Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Simba SC yakomeje urugendo rugana ku gikombe cya shampiyona ya Tanzania igeze mu mahina

radiotv10by radiotv10
23/06/2021
in SIPORO
0
Simba SC yakomeje urugendo rugana ku gikombe cya shampiyona ya Tanzania igeze mu mahina
Share on FacebookShare on Twitter

Simba SC yujuje amanota 73 muri shampiyona ya Tanzania 2020-2021 nyuma yo gutsinda umukino wayo wa 23 muri iyi shampiyona igeze mu mahina. Simba SC yujuje aya manota nyuma yo kunyagira Mbeya City ibitego 4-1.

Simba SC yujuje umukino wa 23 w’intsinzi muri Vodacom Premier League 2020-2021 inyagira Mbeya City ibitego 4-1. Rally Bwalya (31′), Jose Luis Miquissonne (35′), John Raphael Bocco (47′) na Clatous Chota Chama (85′) nibo batsindiye Simba SC, Athans (51′) atsindira Mbeya City.

Image

Abakinnyi ba Simba SC bishimira igitego cya Clatous Chota Chama

Simba SC kuri ubu imaze gukina imikino 29 muri 34 izakinwa ikaba iri imbere ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona mu gihe Yanga SC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 67 mu mikino 31. Yanga SC irabura imikino itatu kugira ngo isoze shampiyona ikaba iri kurushwa na Simba SC amanota atandatu. Bivuze ko Simba SC isabwa gutsinda imikino itatu muri irindwi (7) basigaje bagahita batwara igikombe.

Kuri uyu wa Kabiri ubwo Simba SC yatsindaga Mbeya City, Meddie Kagere umunyarwanda utaha izamu muri iyi kipe ntabwo yabanje mu kibuga.

Image

Rally Bwallya acengeza umupira mu bwigarizi bwa Mbeya City ariko na John Bocco (22) yari hafi aho

Igitego John Bocco yatsinze ku munota wa 47’cyatumye yuzuza ibitego 14 anganga na Prince Dube wa Azam FC bakaba aribo bafite ibitego byinshi muri uyu mwaka w’imikino. Meddie Kagere ari ku mwanya wa gatatu n’ibitego 11 mu gihe Chris Mugalu amuza inyuma n’ibitego 10.

Wari umukino wa mbere ku munyazambiya Clatous Chota Chama wari wagarutse nyuma yo kuva mu kiriyo cy’uwari umufasha we, Mercy Chama witabye Imana mu minsi ishize. Chama rero yanagize amahirwe abona igitego ku munota wa 85’ w’umukino ahita yuzuza ibitego umunani (8).

Image

Jose  Luis MIquissone atera umupira wamubyariye igitego

Nyuma y’umukino, abafana ba Simba SC batabashije kumusura i Lusaka muri Zambia bafashe umwanya bamugenera inkunga muri gahunda yo gukomeza kumufata mu mugongo.

Abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Simba SC ni; Beno David Kakolanya (GK), Shomari Kapombe, Mohammed Hussein, Joash Onyango, Serge Wawa Pascal, Keneddy Wilson Djuma, Bernard Morrisson, Erasto Edouard Nyoni, John Bocco (C), Rally Bwalya na Jose Luis Miquissone.

Image

Rally Bwalya abyigana n’abakinnyi ba Mbeya City

Image

Bernard Morisson agerageza gucikana umupira agana ku izamu rya Mbeya City

Image

Jose Luis Miquissone yishimira igitego cye kinjiye ari icya kabiri mu mukino

Image

Shiomari Salim Kapombe myugariro w’iburyo muri Simba SC agenzura umupira

Image

Kennedy Wilson Djuma myugariro wa Simba SC agenzura umupira mu bwugarizi

Image

Clatous Chota Chama yishimira igitego cya kane cya Simba SC, igitego cye cya munani muri shampiyona

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − eight =

Previous Post

Kicukiro: Uwimana Marceline arataka akarengane mu rubanza rumaze imyaka 21

Next Post

Rideman ari mu byishimo byo kwibaruka impanga

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rideman ari mu byishimo byo kwibaruka impanga

Rideman ari mu byishimo byo kwibaruka impanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.