Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Tanzania: Ibitego bya Bocco na Mugalu byatumye Simba SC yatwaye igikombe cya shampiyona itsinze Coastal Union

radiotv10by radiotv10
12/07/2021
in SIPORO
0
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Simba SC yatwaye igikombe cya shampiyona 2020-2021 nyuma yo gutsinda Coastal Union ibitego 2-0 mu mukino wa shampiyona wakinwaga ku mugoroba w’iki Cyumweru.

Ibitego bya Simba SC byatsinzwe na John Raphael Bocco (13’) na Chris Mugalu (23’) bityo Simba SC yuzuza amanota 79 mu mikino 32. Gutsinda uyu mukino byatumye Simba SC irusha Yanga SC amanota icyenda (9) mu gihe hasigaye imikino ibiri kugira ngo shampiyona isozwe.ImageImage

David Kameta 27, Chris Mugalu  7na John Bocco 22 bishimira igitego

Uyu mukino ntabwo Simba SC yari yawukaniye kuko wabonaga hitabajwe abakinnyi badakunze kubona umwanya mu ikipe ya mbere kuko Beno David Kakolanya yari mu izamu, Ibrahim Ame yari kumwe na Kennedy Wilson Djuma mu mutima w’ubwugarizi.

David Kameta yari inyuma iburyo, Gadiel Kamagi Michael ari ibumoso. Erasto Edouard Nyoni, Chatous Chota Chama, Rally Bwalya bari hagati mu gihe abakina bajya imbere bari bagizwe na Luis Miquissone, Chris Mugalu na John Bocco nka kapiteni.Image

Image

Gadiel Michael Kamagi umukinnyi w’ibumoso muri Simba SC

Aishi Salum Manula (GK), Shomar Salim Kapombe, Mzamiru Yassin Said, Taddeo Lwanga, Said Hamis Ndemla, Meddie Kagere na Hassan Dilunga bari ku ntebe y’abasimbura.

Simba SC isigaje gukina na Azam FC umukino uteganyijwe kuwa kane tariki 15 Nyakanga 2021 mbere yo kuzakira Namungo FC ku Cyumweru tariki 18 Nyakanga 2021 ari nabwo izahabwa igikombe cya 22 cya shampiyona.Image

Simba Sc yatwaye igikombe cya shampiyona 2020-2021Image

Erasto Edouard Nyoni usanzwe akina mu bwugarizi muri iyi minsi ari gukorera hagatiImage

David Kameta ukina inyuma iburyo muri Simba SC yari yahawe umwanya

Image

Coastal Union yabaye ikipe Simba Sc yatwariyeho igikombe

Image

 

Image

Image

Chris Mugalu azengereza ubwugarizi bwa Coastal Union

Image

Clatous Chota Chama (17), Erasto Nyoni (18) na John Bocco (22) baburanya umusifuziImage

John Raphael Bocco atera penaliti ku munota wa 23 ahita yuzuza ibitegho 15 muri shampiyona 2020-2021

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + ten =

Previous Post

APR FC yashyize ahagaragara abakinnyi bashya n’abongerewe amasezerano n’abo yasezereye

Next Post

AMAFOTO: Minisitiri wa siporo, Aurore Mimosa Munyangaju yaganiriye n’ikipe y’u Rwanda mbere yo gutangira irushanwa rya Zone 5

Related Posts

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Minisitiri wa siporo, Aurore Mimosa Munyangaju yaganiriye n’ikipe y’u Rwanda mbere yo gutangira irushanwa rya Zone 5

AMAFOTO: Minisitiri wa siporo, Aurore Mimosa Munyangaju yaganiriye n’ikipe y’u Rwanda mbere yo gutangira irushanwa rya Zone 5

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.