Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tanzania: Nyuma y’umwuzure wasigiye benshi agahinda Perezida yatanze ubutumwa

radiotv10by radiotv10
09/12/2023
in AMAHANGA
0
Tanzania: Nyuma y’umwuzure wasigiye benshi agahinda Perezida yatanze ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan wavuye mu nama ya COP 28 mu buryo bwihuse, kubera ibiza byari bimaze kuba mu Gihugu cye, yasuye umujyi wa Katesh wibasiwe n’ibiza by’imyuzuye byahitanye abantu 76, aha ubutumwa bwo kwihanganisha ababuriye ababo muri ibi biza.

Iyi myuzure yibasiye aka gace ka Katesh gaherereye mu majyaruguru ya Tanzania, yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu mpera z’icyumweru gishize, iteza inkangu n’imyuzure.

Perezida w’iki Gihugu, Madamu Samia Suluhu Hassan ubwo yasuraga abaturage bo muri aka gace, yavuze ko ibyabaye ari ukubyihanganira.

Yagize ati “Ibibyabaye ni imigambi y’Imana kandi ntituzi icyo yari igambiriye. Icyo dusabwa ni ukubyakira no gushima kuko tutakitotombera Imana.”

Yakomeje abihanganisha, ababwira ko ibyago byababayeho atari ibyabo gusa ahubwo ko ari iby’Igihugu muri rusange.

Ati “Mwihangane cyane ku byabaye, nahisemo kuza ngo mpagere kuko biba sinari mu Gihugu. Ibi byabaye si ibyanyu gusa ni iby’Igihugu cyose.”

Yakomeje avuga ibiza nk’ibi byanabaye umwaka ushize, bityo ko bikwiye gutuma abantu bafata ingamba, ku buryo abatuye mu bice by’amanegeka bagomba kubyimukamo.

Yagize ati “Ibi byabaye bidusigire isomo, twimuke mu duce twaduteza ibibazo by’umwihariko hantu hose hari amazi menshi.”

Yabizeje ko Leta ikomeza kwita no guha ubufasha abagizweho ingaruka n’ibi biza, kandi ko iri gukora ibishoboka kugira ngo bitongera guhitana abaturage nk’uku.

Taikun NDAHIRO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Perezida Putin yatangaje icyemezo yafashe ku kuzahatana mu matora y’umwaka utaha

Next Post

Ikibazo cy’inzovu zo muri Zimbabwe ziri gupfa umusubirizo cyazamuwe mu nama y’imihindagurikire y’ibihe

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cy’inzovu zo muri Zimbabwe ziri gupfa umusubirizo cyazamuwe mu nama y’imihindagurikire y’ibihe

Ikibazo cy’inzovu zo muri Zimbabwe ziri gupfa umusubirizo cyazamuwe mu nama y’imihindagurikire y’ibihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.