Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tanzania: Nyuma y’umwuzure wasigiye benshi agahinda Perezida yatanze ubutumwa

radiotv10by radiotv10
09/12/2023
in AMAHANGA
0
Tanzania: Nyuma y’umwuzure wasigiye benshi agahinda Perezida yatanze ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan wavuye mu nama ya COP 28 mu buryo bwihuse, kubera ibiza byari bimaze kuba mu Gihugu cye, yasuye umujyi wa Katesh wibasiwe n’ibiza by’imyuzuye byahitanye abantu 76, aha ubutumwa bwo kwihanganisha ababuriye ababo muri ibi biza.

Iyi myuzure yibasiye aka gace ka Katesh gaherereye mu majyaruguru ya Tanzania, yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu mpera z’icyumweru gishize, iteza inkangu n’imyuzure.

Perezida w’iki Gihugu, Madamu Samia Suluhu Hassan ubwo yasuraga abaturage bo muri aka gace, yavuze ko ibyabaye ari ukubyihanganira.

Yagize ati “Ibibyabaye ni imigambi y’Imana kandi ntituzi icyo yari igambiriye. Icyo dusabwa ni ukubyakira no gushima kuko tutakitotombera Imana.”

Yakomeje abihanganisha, ababwira ko ibyago byababayeho atari ibyabo gusa ahubwo ko ari iby’Igihugu muri rusange.

Ati “Mwihangane cyane ku byabaye, nahisemo kuza ngo mpagere kuko biba sinari mu Gihugu. Ibi byabaye si ibyanyu gusa ni iby’Igihugu cyose.”

Yakomeje avuga ibiza nk’ibi byanabaye umwaka ushize, bityo ko bikwiye gutuma abantu bafata ingamba, ku buryo abatuye mu bice by’amanegeka bagomba kubyimukamo.

Yagize ati “Ibi byabaye bidusigire isomo, twimuke mu duce twaduteza ibibazo by’umwihariko hantu hose hari amazi menshi.”

Yabizeje ko Leta ikomeza kwita no guha ubufasha abagizweho ingaruka n’ibi biza, kandi ko iri gukora ibishoboka kugira ngo bitongera guhitana abaturage nk’uku.

Taikun NDAHIRO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + one =

Previous Post

Perezida Putin yatangaje icyemezo yafashe ku kuzahatana mu matora y’umwaka utaha

Next Post

Ikibazo cy’inzovu zo muri Zimbabwe ziri gupfa umusubirizo cyazamuwe mu nama y’imihindagurikire y’ibihe

Related Posts

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

After the Burundian Minister of Foreign Affairs posted a statement criticizing the Government of Qatar, claiming it used its power...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

The African Union (AU) stated that the actions take by the United States going to arrest the President of Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

IZIHERUKA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement
AMAHANGA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cy’inzovu zo muri Zimbabwe ziri gupfa umusubirizo cyazamuwe mu nama y’imihindagurikire y’ibihe

Ikibazo cy’inzovu zo muri Zimbabwe ziri gupfa umusubirizo cyazamuwe mu nama y’imihindagurikire y’ibihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.