Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Tanzania: Yanga SC yatwaye Super Cup 2021 itsinze Simba SC

radiotv10by radiotv10
25/09/2021
in SIPORO
0
Tanzania: Yanga SC yatwaye Super Cup 2021 itsinze Simba SC
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Yanga SC yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Tanzania (2021 Super Cup) itsinze mukeba w’ibihe byose, Simba SC igitego 1-0 cyatsinzwe na Fiston Mayele ku munota wa 11 w’umukino.

Muri uyu mukino, Taddeo Lwanga yahawe ikarita itukura ku munota wa 90+3’ azira ikosa yakoreye kuri Feisal Salum Abdallah “Fei Toto”.

Image

Taddeo Lwanga yahawe ikarita itukura mu mpera z’umukino

Ni umukino Simba SC itisanzemo kuko yinjijwe igitego hakiri kare ku munota wa 11’, bivuze ko bari basigaje iminota 79’  o gushakamo igitego.

Simba SC iri mu bihe byo kwiga gukina ihangana n’amakipe y’ibigugu idafite Jose Luis Miquisonne na Clatous Chota Chama basohotse bakayivamo. Chama arakinira RS Berkane mu gihe Miquisonne yasinye muri Al Ahly yo mu Misiri.

Simba SC yakomeje kugira ibibazo ubwo Joash Onyango Auchieng ukina mu mutima w’ubwugarizi ubwo yakomerekaga agasimburwa na Kennedy Juma Wilson.

Image

Dickson Job azamukana umupira imbere ya Pape Sakho

Nyuma byaje kuba ngombwa ko umutoza Didier Gomez Da Rosa akuramo Hassan Dilunga ashyiramo John Raphael Bocco, Peter Banda asimburwa na Mzamiru Yassin Said mu gihe Sadio Kanoute yasimbuwe na Pape Sakho. Mu minota ine ya nyuma, Israel Patrick Mwenda yasimbuye Mohammed Hussein Zimbwe Jr.

Ku ruhande rwa Yanga SC yayoboye umukino yatangiye gusimbuza ikuramo Farid Moussa Malik ashyiramo Yacouba Sogne, Hertier Makambo asimbura Fiston Mayele watsinze igitego. Jesus Moloko yasimbuwe na Deus David Kaseke.

Image

Feisal Salum Abdallah “Fei Toto”azamura umupira imbere y’abakinnyi ba Simba SC

Yanga SC iheruka gusezererwa na Rivers United mu ijonjora rya mbere rya TOTAL CAF Champions League, abakinnyi batandukanye itakoresheje kubera ibyangombwa bya CAF, bari babazanye muri uyu mukino w’igikombe kiruta ibindi muri Tanzania.

Simba SC izatangira gukina imikino ya TOTAL CAF Champions League 2021-2022 ikina ijonjora rya kabiri kuko yageze muri ¼ umwaka w’imikino ushize.

Image

11 ba Yanga SC babanje mu kibuga

 

Image

Peter Banda umunya-Malawi ukinira Simba SC

 

Image

Chris Mugalu mu kirere ashaka igitego cya Simba SC

Image

Sadio Kanoute (13) umukinnyi mushya hagati muri Simba SC

Image

Hassan Dilunga wa Simba SC ashaka inzira

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 8 =

Previous Post

Perezida Kagame yasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga muri Mozambique

Next Post

Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yerekeje muri Polisi Tanzania

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yerekeje muri Polisi Tanzania

Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yerekeje muri Polisi Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.