Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Tanzania: Yanga SC yatwaye Super Cup 2021 itsinze Simba SC

radiotv10by radiotv10
25/09/2021
in SIPORO
0
Tanzania: Yanga SC yatwaye Super Cup 2021 itsinze Simba SC
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Yanga SC yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Tanzania (2021 Super Cup) itsinze mukeba w’ibihe byose, Simba SC igitego 1-0 cyatsinzwe na Fiston Mayele ku munota wa 11 w’umukino.

Muri uyu mukino, Taddeo Lwanga yahawe ikarita itukura ku munota wa 90+3’ azira ikosa yakoreye kuri Feisal Salum Abdallah “Fei Toto”.

Image

Taddeo Lwanga yahawe ikarita itukura mu mpera z’umukino

Ni umukino Simba SC itisanzemo kuko yinjijwe igitego hakiri kare ku munota wa 11’, bivuze ko bari basigaje iminota 79’  o gushakamo igitego.

Simba SC iri mu bihe byo kwiga gukina ihangana n’amakipe y’ibigugu idafite Jose Luis Miquisonne na Clatous Chota Chama basohotse bakayivamo. Chama arakinira RS Berkane mu gihe Miquisonne yasinye muri Al Ahly yo mu Misiri.

Simba SC yakomeje kugira ibibazo ubwo Joash Onyango Auchieng ukina mu mutima w’ubwugarizi ubwo yakomerekaga agasimburwa na Kennedy Juma Wilson.

Image

Dickson Job azamukana umupira imbere ya Pape Sakho

Nyuma byaje kuba ngombwa ko umutoza Didier Gomez Da Rosa akuramo Hassan Dilunga ashyiramo John Raphael Bocco, Peter Banda asimburwa na Mzamiru Yassin Said mu gihe Sadio Kanoute yasimbuwe na Pape Sakho. Mu minota ine ya nyuma, Israel Patrick Mwenda yasimbuye Mohammed Hussein Zimbwe Jr.

Ku ruhande rwa Yanga SC yayoboye umukino yatangiye gusimbuza ikuramo Farid Moussa Malik ashyiramo Yacouba Sogne, Hertier Makambo asimbura Fiston Mayele watsinze igitego. Jesus Moloko yasimbuwe na Deus David Kaseke.

Image

Feisal Salum Abdallah “Fei Toto”azamura umupira imbere y’abakinnyi ba Simba SC

Yanga SC iheruka gusezererwa na Rivers United mu ijonjora rya mbere rya TOTAL CAF Champions League, abakinnyi batandukanye itakoresheje kubera ibyangombwa bya CAF, bari babazanye muri uyu mukino w’igikombe kiruta ibindi muri Tanzania.

Simba SC izatangira gukina imikino ya TOTAL CAF Champions League 2021-2022 ikina ijonjora rya kabiri kuko yageze muri ¼ umwaka w’imikino ushize.

Image

11 ba Yanga SC babanje mu kibuga

 

Image

Peter Banda umunya-Malawi ukinira Simba SC

 

Image

Chris Mugalu mu kirere ashaka igitego cya Simba SC

Image

Sadio Kanoute (13) umukinnyi mushya hagati muri Simba SC

Image

Hassan Dilunga wa Simba SC ashaka inzira

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 2 =

Previous Post

Perezida Kagame yasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga muri Mozambique

Next Post

Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yerekeje muri Polisi Tanzania

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yerekeje muri Polisi Tanzania

Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yerekeje muri Polisi Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.