Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Tanzania: Yanga SC yatwaye Super Cup 2021 itsinze Simba SC

radiotv10by radiotv10
25/09/2021
in SIPORO
0
Tanzania: Yanga SC yatwaye Super Cup 2021 itsinze Simba SC
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Yanga SC yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Tanzania (2021 Super Cup) itsinze mukeba w’ibihe byose, Simba SC igitego 1-0 cyatsinzwe na Fiston Mayele ku munota wa 11 w’umukino.

Muri uyu mukino, Taddeo Lwanga yahawe ikarita itukura ku munota wa 90+3’ azira ikosa yakoreye kuri Feisal Salum Abdallah “Fei Toto”.

Image

Taddeo Lwanga yahawe ikarita itukura mu mpera z’umukino

Ni umukino Simba SC itisanzemo kuko yinjijwe igitego hakiri kare ku munota wa 11’, bivuze ko bari basigaje iminota 79’  o gushakamo igitego.

Simba SC iri mu bihe byo kwiga gukina ihangana n’amakipe y’ibigugu idafite Jose Luis Miquisonne na Clatous Chota Chama basohotse bakayivamo. Chama arakinira RS Berkane mu gihe Miquisonne yasinye muri Al Ahly yo mu Misiri.

Simba SC yakomeje kugira ibibazo ubwo Joash Onyango Auchieng ukina mu mutima w’ubwugarizi ubwo yakomerekaga agasimburwa na Kennedy Juma Wilson.

Image

Dickson Job azamukana umupira imbere ya Pape Sakho

Nyuma byaje kuba ngombwa ko umutoza Didier Gomez Da Rosa akuramo Hassan Dilunga ashyiramo John Raphael Bocco, Peter Banda asimburwa na Mzamiru Yassin Said mu gihe Sadio Kanoute yasimbuwe na Pape Sakho. Mu minota ine ya nyuma, Israel Patrick Mwenda yasimbuye Mohammed Hussein Zimbwe Jr.

Ku ruhande rwa Yanga SC yayoboye umukino yatangiye gusimbuza ikuramo Farid Moussa Malik ashyiramo Yacouba Sogne, Hertier Makambo asimbura Fiston Mayele watsinze igitego. Jesus Moloko yasimbuwe na Deus David Kaseke.

Image

Feisal Salum Abdallah “Fei Toto”azamura umupira imbere y’abakinnyi ba Simba SC

Yanga SC iheruka gusezererwa na Rivers United mu ijonjora rya mbere rya TOTAL CAF Champions League, abakinnyi batandukanye itakoresheje kubera ibyangombwa bya CAF, bari babazanye muri uyu mukino w’igikombe kiruta ibindi muri Tanzania.

Simba SC izatangira gukina imikino ya TOTAL CAF Champions League 2021-2022 ikina ijonjora rya kabiri kuko yageze muri ¼ umwaka w’imikino ushize.

Image

11 ba Yanga SC babanje mu kibuga

 

Image

Peter Banda umunya-Malawi ukinira Simba SC

 

Image

Chris Mugalu mu kirere ashaka igitego cya Simba SC

Image

Sadio Kanoute (13) umukinnyi mushya hagati muri Simba SC

Image

Hassan Dilunga wa Simba SC ashaka inzira

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga muri Mozambique

Next Post

Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yerekeje muri Polisi Tanzania

Related Posts

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yerekeje muri Polisi Tanzania

Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yerekeje muri Polisi Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.