Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRda: Umunyarwanda yanikiye abandi ubu ari imbere- Uko byifashe muri Huye-Musanze

radiotv10by radiotv10
21/02/2023
in SIPORO
1
TdRda: Umunyarwanda yanikiye abandi ubu ari imbere- Uko byifashe muri Huye-Musanze
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gace ka gatatu k’irushanwa rya Tour du Rwanda, katurutse i Huye kerecyeza i Musanze, Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco wanigeze kwegukana iri rushanwa, ubu ayoboye isiganwa nyuma yo kuva mu gikundi akanyukira igare, bagenzi be bakayoberwa aho anyuze.

Nsengimana Jean Bosco wegukanye Tour du Rwanda ya 2015 ubwo yari itarazamurwa ngo ishyirwe kuri 2,1; kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gashyantare 2023, yongeye kwigaragaza ubwo bahaguruka Huye berecyeza Musanze.

Nsengimana Jean Bosco we n’abandi babiri ari bo Fouche na Pritzen babanje kuva mu gikundi, baza kugera mu bilometero 68 bari imbere y’igikundi kigari cy’abakinnyi bari hamwe.

Agace ko guterura ka mbere katangiweho amanota, kegukanywe Fouche wakurikiwe na Pritzen, mu gihe Umunyarwanda Nsengimana yegukanye umwanya wa gatatu.

Naho Sprint ya kabiri yo yegukanywe n’Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco wakurikiwe na Pritzen, naho Fouche aza ku mwanya wa gatatu.

Nsengimana yaje kwereka igihandure aba babiri bakomeje kugendana, aza kubashyiramo intera y’amasegonda 45’’ ndetse aza kurinda agera mu bilometero 101 akiri imbere ariko ubwo bageraga muri ibi bilometeri bagenzi be babiri bari bamaze kugabanya amasegonda y’intera kuko hari hasigayemo amasegonda 20’’.

Barinze banagera mu bilometeri 110 Nsengimana akiyoboye ndetse kuri ibi bilometeri yari amaze gushyiramo amasegonda 40” hagati ye na Pritzen na Fouche bari bamukurikiye.

Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco kandi yegukanye agaterera ka gatatu, aho yaje akurikiwe na Pritzen, hakaza Fouche hagarukirikiraho Raisberg.

Saa 12: 17′- Ubwo bari bamaze kugenda ibilometero 128, abakinnyi Pritzen na Fouche bari bamaze gufata Nsengimana wari wabasize.

Saa 12: 21′- Mu bilometero 129, abakinnyi bayoboye abandi barimo Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco, bari bamaze gushyira intero y’iminota 10′ hagati yabo na Peloton.

Saa 12:17′- Nsengimana Jean Bosco yegukanye nanone akandi gaterera ka kane, ku mwanya wa kabiri haza Pritzen na Fouche waje ku mwanya wa gatatu.

Saa 13:13′- Abakinnyi bari imbere bari bamaze kigenda ibilometero 166 bakiyoboye ariko Peloton ibari inyuma yagabanyije intera y’iminota bari bashyizemo kuko bayikuye ku minota 10′ bakayigeze ku minota 5’15”.

Saa 13: 20′- Peloton yakomeye kotsa igitutu abakinnyi bayoboye aka gace, aho bari bagabanyije intera y’ibihe yari hagati yabo, yageze ku minota 4’10”.

Saa 13:27′- Abakinnyi ba mbere bari bamaze kwinjira muri Musanze, basigaye ibilometeri 30 kugira ngo bagere aho basoreza aka gace gafite uburebure bwa 199.5 Km.

Saa 13: 46′- Abakinnyi batanu bari bayoboye, barimo Vercher, Mulueberhane, Ormiston, Bonnet, Muhoza na Nsengimana, mu gihe rurangiranwa Chris Froome wari wabiyunzeho, yaje gusigara asubira inyuma muri Peloton. Hasigaye ibilometero 15 ngo bagere aho basoreza.

Babanje kugendana ari batatu

Nsengimana yegukanye Sprint ya kabiri

Fouche na Pritzen bari basigaye

Ubwo Nsengimana yegukanaga agaterera ka kane

I Musanze basanze hajojobye akavura

RADIOTV10

Comments 1

  1. Oscar Ingabire says:
    3 years ago

    Bosco tumurinyuma akomeze aheshe ishema abanyarwanda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Impamvu ibabaje yatumye avana ku ishuri umwana abereye mukase akajya kumuta mu musarani

Next Post

Umunyarwanda n’Umurundi bafatiwe muri Malawi bakekwaho kuyobora igikorwa kitemewe

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwanda n’Umurundi bafatiwe muri Malawi bakekwaho kuyobora igikorwa kitemewe

Umunyarwanda n’Umurundi bafatiwe muri Malawi bakekwaho kuyobora igikorwa kitemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.