Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

BREAKING-TdRwanda2024: Umunya-Israel wegukanye Etape 2 atwaye n’iya 7 ahatanye bidasanzwe

radiotv10by radiotv10
24/02/2024
in SIPORO
0
BREAKING-TdRwanda2024: Umunya-Israel wegukanye Etape 2 atwaye n’iya 7 ahatanye bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya Israel- Premier Tech, wegukanye agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda, yatwaye n’aka karindwi, ahita anaba uwa mbere utwaye uduce tubiri muri iri siganwa ry’uyu mwaka rimaze iminsi irindwi rikinwa.

Agace ka Karindwi kakinwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Gashyantare 2024, katurutse mu Karere ka Gicumbi gahagurukiye i Rukomo, kerecyeza mu Karere ka Kayonza, ni na ko karekare muri iri siganwa ry’uyu mwaka kari gafite ibilometero 158.

Abakinnyi 74 bahagurutse i Rukomo, bakomeje guhatana mu mihanda ya Gicumbi-Kayonza, aho abakinnyi batandatu bakomeje kuyobora bagenzi babo.

Uko bagendaga basatira ibilometero bya nyuma, Peloton yakomeje gusatira Breakaway ari na ko bagenda bakuramo ikinyuranyo cy’iminota yabaga iri hagati.

Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya Israel- Premier Tech, ni we waje gutanga bagenzi be kugera ku murongo w’umweru wasorejweho aka gace ka karindwi.

Itamar Einhorn kandi yari yatwaye agace ka kabiri k’iri siganwa, kakinwe ku wa Mbere w’iki cyumweru kavaga mu Karere ka Muhanga kerecyeza i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru kari kanakinwe bwa mbere muri Tour du Rwanda.

Naho Umwongereza Peter Joseph Blackmore na we ukinira ikipe ya Israel- Premier Tech ikinamo Itamar Einhorn, yagumanye umwambaro w’uyoboye isiganwa uzwi nka Maillot Jaune/Yellow Jersey.

Aka gace katangijwe na Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju

Abakinnyi batandatu bagiye bayoboye abandi
Benda kugera ahasorejwe aka gace batangiye gukora atake
Itamar Einhorn yishimiye gutwara akandi gace muri Tour du Rwanda ya 2024

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 11 =

Previous Post

Hahishuwe uburyo Imbwa ya Perezida Biden yateje impagarara mu Bajepe bamurinda

Next Post

Umuyobozi wa EAC yaganiriye na Perezida w’u Burundi ibirimo umubano wabwo n’u Rwanda n’igikwiye gukorwa

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wa EAC yaganiriye na Perezida w’u Burundi ibirimo umubano wabwo n’u Rwanda n’igikwiye gukorwa

Umuyobozi wa EAC yaganiriye na Perezida w’u Burundi ibirimo umubano wabwo n’u Rwanda n’igikwiye gukorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.