• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TduRwanda2024: Etape2 yaranzwe no kwigaragaza kw’Abanyarwanda yegukanywe n’Umunya-Israel

radiotv10by radiotv10
19/02/2024
in SIPORO
0
TduRwanda2024: Etape2 yaranzwe no kwigaragaza kw’Abanyarwanda yegukanywe n’Umunya-Israel
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya Israel- Premier Tech yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2024 ka Muhanga- Kibeho kanakinwe bwa mbere muri iri siganwa.

Aka gace ka kabiri kari gafite ibilometero 130, kahagurukiye mu mujyi wa Muhanga, kerecyeza i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, ari na ko gace gakinwe bwa mbere muri Tour du Rwanda.

Ni agace kagaragayemo guhatana cyane, aho abakinnyi batatu barimo Umunyarwanda Munyaneza Didier ukinira Team Rwanda, bakomeje kuyobora bagenzi be.

Munyaneza Didier wari kumwe na Henri Alexandre Mayer, na Nsengiyumva Shemu, kandi ni na we wegukanye amanota ya mbere ya Sprint yatangiwe mu Karere ka Ruhango.

Ubwo bari bamaze kugenda ibilometero 50, n’ubundi aba bakinnyi ni bo bari bakomeje kuyobora isiganwa, aho bari bamaze gushyiramo intera y’iminota 7’50”.

Bakomeje kuyobora abandi, ndetse banashyiramo ikinyuranyo cy’iminota, yazamutse ikagera ku minota 8’15’’, ariko abari babari inyuma bakomeza kubegera.

Aba bakinnyi bari bayoboye abandi, bageze ku bilometero 71, ikinyuranyo cyatangiye kugabanuka, aho hari hasigayemo iminota 5’25’’.

Abarimo Umunyarwanda Munyaneza Didier, bakunze kuyobora bagenzi be

Umunyarwanda Nsengiyumva Jean Bosco, na we yaje kuva muri bagenzi be, bari kumwe mu gikundi cy’inyuma, na we aza gufata icyari kimuri imbere, aho yaje kwegera bagenzi be, babiri ari bo Munyaneza Didier na Henri Alexandre Mayer.

Bageze ku bilometero 81, ikinyuranyo cy’iminota cyongeye kugabanuka, aho hari hamaze kugeramo iminota 4’35’’, mu gihe byageze ku bilometero 87 hasigayemo iminota 4’.

Nsengiyumva na we yaje gukora atake

Bageze ku bilometero 102 ikinyuranyo cyongeye kugabanuka, ariko n’ubundi abakinnyi batatu ari bo bakiyoboye ari bo Alexandre Mayer, Munyaneza na Nsengiyumva, aho ikinyuranyo cyari kimaze kuba umunota 1’45’’.

Ubwo abakinnyi bari bamaze kugera mu bilometero 106, hari hamaze gusigaramo ikinyuranyo cy’amasegonda 55’’.

Bageze mu bilometero 10 bya nyuma, abakinnyi babiri barimo umunyarwanda Manizabayo Eric ndetse na Teugels, babaye nk’abasatira abari babari imbere.

Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya Israel- Premier Tech ni we wegukanye aka gace ka kabiri, akoresheje amasaha 3:17’31” mu gihe Umubiligi William Junior Lecerf wanigaragaje mu gace ka mbere kakinwe kuri iki Cyumweru, yaje ku mwanya wa kabiri.

Mu bakinnyi icumi ba mbere, nta Munyarwanda wajemo, mu gihe harimo Abafaransa batatu, Ababiligi babiri barimo n’uyu wegukanye umwanya wa kabiri.

Isiganwa ryaryoheye benshi nk’uko bisanzwe

Itamar Einhorn yegukanye etape 2
Na bagenzi be bari bamuri hafi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 10 =

Previous Post

U Rwanda rwashimangiye uko ruhagaze nyuma y’uko Congo yifuje kurutera ikanakomeza gukorana na FDLR

Next Post

Nyuma y’urupfu rw’umunyapolitiki utavugaga rumwe na Putin umugore we yahagurutse

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Nyuma y’urupfu rw’umunyapolitiki utavugaga rumwe na Putin umugore we yahagurutse

Nyuma y’urupfu rw’umunyapolitiki utavugaga rumwe na Putin umugore we yahagurutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.