Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TduRwanda2024: Etape2 yaranzwe no kwigaragaza kw’Abanyarwanda yegukanywe n’Umunya-Israel

radiotv10by radiotv10
19/02/2024
in SIPORO
0
TduRwanda2024: Etape2 yaranzwe no kwigaragaza kw’Abanyarwanda yegukanywe n’Umunya-Israel
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya Israel- Premier Tech yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2024 ka Muhanga- Kibeho kanakinwe bwa mbere muri iri siganwa.

Aka gace ka kabiri kari gafite ibilometero 130, kahagurukiye mu mujyi wa Muhanga, kerecyeza i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, ari na ko gace gakinwe bwa mbere muri Tour du Rwanda.

Ni agace kagaragayemo guhatana cyane, aho abakinnyi batatu barimo Umunyarwanda Munyaneza Didier ukinira Team Rwanda, bakomeje kuyobora bagenzi be.

Munyaneza Didier wari kumwe na Henri Alexandre Mayer, na Nsengiyumva Shemu, kandi ni na we wegukanye amanota ya mbere ya Sprint yatangiwe mu Karere ka Ruhango.

Ubwo bari bamaze kugenda ibilometero 50, n’ubundi aba bakinnyi ni bo bari bakomeje kuyobora isiganwa, aho bari bamaze gushyiramo intera y’iminota 7’50”.

Bakomeje kuyobora abandi, ndetse banashyiramo ikinyuranyo cy’iminota, yazamutse ikagera ku minota 8’15’’, ariko abari babari inyuma bakomeza kubegera.

Aba bakinnyi bari bayoboye abandi, bageze ku bilometero 71, ikinyuranyo cyatangiye kugabanuka, aho hari hasigayemo iminota 5’25’’.

Abarimo Umunyarwanda Munyaneza Didier, bakunze kuyobora bagenzi be

Umunyarwanda Nsengiyumva Jean Bosco, na we yaje kuva muri bagenzi be, bari kumwe mu gikundi cy’inyuma, na we aza gufata icyari kimuri imbere, aho yaje kwegera bagenzi be, babiri ari bo Munyaneza Didier na Henri Alexandre Mayer.

Bageze ku bilometero 81, ikinyuranyo cy’iminota cyongeye kugabanuka, aho hari hamaze kugeramo iminota 4’35’’, mu gihe byageze ku bilometero 87 hasigayemo iminota 4’.

Nsengiyumva na we yaje gukora atake

Bageze ku bilometero 102 ikinyuranyo cyongeye kugabanuka, ariko n’ubundi abakinnyi batatu ari bo bakiyoboye ari bo Alexandre Mayer, Munyaneza na Nsengiyumva, aho ikinyuranyo cyari kimaze kuba umunota 1’45’’.

Ubwo abakinnyi bari bamaze kugera mu bilometero 106, hari hamaze gusigaramo ikinyuranyo cy’amasegonda 55’’.

Bageze mu bilometero 10 bya nyuma, abakinnyi babiri barimo umunyarwanda Manizabayo Eric ndetse na Teugels, babaye nk’abasatira abari babari imbere.

Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya Israel- Premier Tech ni we wegukanye aka gace ka kabiri, akoresheje amasaha 3:17’31” mu gihe Umubiligi William Junior Lecerf wanigaragaje mu gace ka mbere kakinwe kuri iki Cyumweru, yaje ku mwanya wa kabiri.

Mu bakinnyi icumi ba mbere, nta Munyarwanda wajemo, mu gihe harimo Abafaransa batatu, Ababiligi babiri barimo n’uyu wegukanye umwanya wa kabiri.

Isiganwa ryaryoheye benshi nk’uko bisanzwe

Itamar Einhorn yegukanye etape 2
Na bagenzi be bari bamuri hafi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 16 =

Previous Post

U Rwanda rwashimangiye uko ruhagaze nyuma y’uko Congo yifuje kurutera ikanakomeza gukorana na FDLR

Next Post

Nyuma y’urupfu rw’umunyapolitiki utavugaga rumwe na Putin umugore we yahagurutse

Related Posts

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’urupfu rw’umunyapolitiki utavugaga rumwe na Putin umugore we yahagurutse

Nyuma y’urupfu rw’umunyapolitiki utavugaga rumwe na Putin umugore we yahagurutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.