Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yongeye kuvuga ingingo ikomeye ku yindi ntambara iri kuvugisha Isi

radiotv10by radiotv10
20/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yongeye kuvuga ingingo ikomeye ku yindi ntambara iri kuvugisha Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko ashobora gusura Israel mu minsi micye iri imbere, avuga kandi ko iyo aza kuba akiri Perezida intambara ihanganishije Israel na Hamas itari kubaho.

Donald Trump atangaje ibi nyuma yo kunenga Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, amushinja kutabasha kuvumbura iby’igitero cya Hamas.

Trump yabitangaje ubwo yasohokaga mu rukiko i New York aho ari kuburana ku cyaha cy’uburiganya, aho yabajijwe n’abanyamakuru kuri iyi ntambara ihanganishije Israel na Hamas.

Yagize ati “Ibiri kubera muri Israel by’abantu bari gupfa ntabwo byari kubaho iyo nza kuba ndi Perezida.”

Ubwo yari akiri Perezida, Donald Trump, ni we wafashe icyemezo cyo kuvana Ambasade ya USA i Tel Aviv, ayimurira i Jerusalem. Nanone kandi ku butegetsi bwe hasinywe amasezerano yiswe Abraham Accords, hashyirwa mu buryo umubano wa Israel n’Ibihugu birimo Bahrain, Morocco, Sudan, na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Trump kandi ubwo yari akiri Perezida yavuzweho kugirana ubucuti bwihariye Netanyahu, byanatumye uyu Minisitiri w’Intebe wa Israel avuga ko Trump ari we Perezida wa USA wa mbere wabaniye Igihugu cyabo.

Umubano wabo wavuzwemo agatotsi mu cyumweru gishize ubwo Trump yabwiraga Fox News ko Netanyahu “atari yiteguye” ku gitero gitunguranye cya Hamas kandi ko “Israel itari yiteguye.”

Yavuze kandi ko Minisitiri w’Intebe wa Israel “afite agahinda kenshi kubera ibyabaye.” By’iyi ntambara ikomeje guhitana Abanya-Israel benshi.

Donald Trump kandi ubwo hadukaga intambara ihanganishije u Burusiya na Ukraine, yari yavuze ko na bwo iyo aza kuba akiri Perezida wa USA, iyi ntambara itari kubaho, ndetse ko aramutse yongeye kuba Perezida yayihagarika mu gihe cy’amasaha 24.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Igisirikare cya Congo-FARDC cyungutse Umu-General full

Next Post

Andi makuru mashya ku cyaha kimaze iminsi cyarahagurukiwe n’Inzego z’u Rwanda

Related Posts

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye...

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola...

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

by radiotv10
08/12/2025
0

Benin’s President Patrice Talon has announced that after a group of soldiers claimed to have overthrown his government, the situation...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru mashya ku cyaha kimaze iminsi cyarahagurukiwe n’Inzego z’u Rwanda

Andi makuru mashya ku cyaha kimaze iminsi cyarahagurukiwe n’Inzego z’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.