Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yongeye kuvuga ingingo ikomeye ku yindi ntambara iri kuvugisha Isi

radiotv10by radiotv10
20/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yongeye kuvuga ingingo ikomeye ku yindi ntambara iri kuvugisha Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko ashobora gusura Israel mu minsi micye iri imbere, avuga kandi ko iyo aza kuba akiri Perezida intambara ihanganishije Israel na Hamas itari kubaho.

Donald Trump atangaje ibi nyuma yo kunenga Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, amushinja kutabasha kuvumbura iby’igitero cya Hamas.

Trump yabitangaje ubwo yasohokaga mu rukiko i New York aho ari kuburana ku cyaha cy’uburiganya, aho yabajijwe n’abanyamakuru kuri iyi ntambara ihanganishije Israel na Hamas.

Yagize ati “Ibiri kubera muri Israel by’abantu bari gupfa ntabwo byari kubaho iyo nza kuba ndi Perezida.”

Ubwo yari akiri Perezida, Donald Trump, ni we wafashe icyemezo cyo kuvana Ambasade ya USA i Tel Aviv, ayimurira i Jerusalem. Nanone kandi ku butegetsi bwe hasinywe amasezerano yiswe Abraham Accords, hashyirwa mu buryo umubano wa Israel n’Ibihugu birimo Bahrain, Morocco, Sudan, na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Trump kandi ubwo yari akiri Perezida yavuzweho kugirana ubucuti bwihariye Netanyahu, byanatumye uyu Minisitiri w’Intebe wa Israel avuga ko Trump ari we Perezida wa USA wa mbere wabaniye Igihugu cyabo.

Umubano wabo wavuzwemo agatotsi mu cyumweru gishize ubwo Trump yabwiraga Fox News ko Netanyahu “atari yiteguye” ku gitero gitunguranye cya Hamas kandi ko “Israel itari yiteguye.”

Yavuze kandi ko Minisitiri w’Intebe wa Israel “afite agahinda kenshi kubera ibyabaye.” By’iyi ntambara ikomeje guhitana Abanya-Israel benshi.

Donald Trump kandi ubwo hadukaga intambara ihanganishije u Burusiya na Ukraine, yari yavuze ko na bwo iyo aza kuba akiri Perezida wa USA, iyi ntambara itari kubaho, ndetse ko aramutse yongeye kuba Perezida yayihagarika mu gihe cy’amasaha 24.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 2 =

Previous Post

Igisirikare cya Congo-FARDC cyungutse Umu-General full

Next Post

Andi makuru mashya ku cyaha kimaze iminsi cyarahagurukiwe n’Inzego z’u Rwanda

Related Posts

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

by radiotv10
29/11/2025
0

Gen. Abdel Fattah al-Burhan Abdelrahman al-Burhan ukuriye ingabo z'Igihugu cya Sudan, yatakambiye Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za...

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

by radiotv10
29/11/2025
0

Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko agiye guhagarika gahunda yo kwakira abaturage bava mu Bihugu bikennye...

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
29/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

IZIHERUKA

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

01/12/2025
Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

30/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru mashya ku cyaha kimaze iminsi cyarahagurukiwe n’Inzego z’u Rwanda

Andi makuru mashya ku cyaha kimaze iminsi cyarahagurukiwe n’Inzego z’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.