Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yongeye kuvuga ingingo ikomeye ku yindi ntambara iri kuvugisha Isi

radiotv10by radiotv10
20/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yongeye kuvuga ingingo ikomeye ku yindi ntambara iri kuvugisha Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko ashobora gusura Israel mu minsi micye iri imbere, avuga kandi ko iyo aza kuba akiri Perezida intambara ihanganishije Israel na Hamas itari kubaho.

Donald Trump atangaje ibi nyuma yo kunenga Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, amushinja kutabasha kuvumbura iby’igitero cya Hamas.

Trump yabitangaje ubwo yasohokaga mu rukiko i New York aho ari kuburana ku cyaha cy’uburiganya, aho yabajijwe n’abanyamakuru kuri iyi ntambara ihanganishije Israel na Hamas.

Yagize ati “Ibiri kubera muri Israel by’abantu bari gupfa ntabwo byari kubaho iyo nza kuba ndi Perezida.”

Ubwo yari akiri Perezida, Donald Trump, ni we wafashe icyemezo cyo kuvana Ambasade ya USA i Tel Aviv, ayimurira i Jerusalem. Nanone kandi ku butegetsi bwe hasinywe amasezerano yiswe Abraham Accords, hashyirwa mu buryo umubano wa Israel n’Ibihugu birimo Bahrain, Morocco, Sudan, na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Trump kandi ubwo yari akiri Perezida yavuzweho kugirana ubucuti bwihariye Netanyahu, byanatumye uyu Minisitiri w’Intebe wa Israel avuga ko Trump ari we Perezida wa USA wa mbere wabaniye Igihugu cyabo.

Umubano wabo wavuzwemo agatotsi mu cyumweru gishize ubwo Trump yabwiraga Fox News ko Netanyahu “atari yiteguye” ku gitero gitunguranye cya Hamas kandi ko “Israel itari yiteguye.”

Yavuze kandi ko Minisitiri w’Intebe wa Israel “afite agahinda kenshi kubera ibyabaye.” By’iyi ntambara ikomeje guhitana Abanya-Israel benshi.

Donald Trump kandi ubwo hadukaga intambara ihanganishije u Burusiya na Ukraine, yari yavuze ko na bwo iyo aza kuba akiri Perezida wa USA, iyi ntambara itari kubaho, ndetse ko aramutse yongeye kuba Perezida yayihagarika mu gihe cy’amasaha 24.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Igisirikare cya Congo-FARDC cyungutse Umu-General full

Next Post

Andi makuru mashya ku cyaha kimaze iminsi cyarahagurukiwe n’Inzego z’u Rwanda

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru mashya ku cyaha kimaze iminsi cyarahagurukiwe n’Inzego z’u Rwanda

Andi makuru mashya ku cyaha kimaze iminsi cyarahagurukiwe n’Inzego z’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.