Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi yongeye gutandukira noneho avugira iby’u Rwanda na DRC mu nama y’ibiribwa

radiotv10by radiotv10
27/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Tshisekedi yongeye gutandukira noneho avugira iby’u Rwanda na DRC mu nama y’ibiribwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kuzamura ibirego by’ibinyoma ku Rwanda mu nama yigirwamo ingingo ijyanye n’ubuhinzi no kwihaza mu biribwa ku Mugabane wa Afurika.

Muri iyi nama iri kubera Dakar muri Senegal yahurije hamwe Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma zo ku Mugabane wa Afurika, ifite insanganyamatriko igaruka ku kuzamura urwego rw’ubuhinzi hagamijwe kwihaza mu biribwa no kwigira kwa Afurika.

Perezida wa Senegal, Macky Sall wafunguye iyi nana, yavuze ko igamije gutuma Afurika ihuriza hamwe imbaraga mu gushaka ibisubizo by’ibi bibazo, hibandwa mu gukora ubuhinzi bugezweho kugira ngo habeho kwihaza mu biribwa, biryo n’ibiciro by’ibiribwa ntibikomeze kubera umutwaro Abanyafurika.

Yavuze ko Afurika ikoresheje ubushobozi ifite, ishobora kwihaza mu biribwa ndetse ikanasagurira Isi yose, bikanatuma na yo irushaho gutera imbere ndetse n’abayituye bakarushaho kuva mu bibazo bamazemo igihe.

Ubwo muri iyi nama bagarukaga ku mbogamizi zikomeje kuzahaza imibereho y’Abanyafurika byumwihariko ku izamuka ry’ibiciro ku masoko, mu kiganiro cyatanzwe kuri uyu wa Kane tariki 26 Mutarama 2023, hagarutswe ku ntambara ya Ukraine n’u Burusiya.

Muri iyi nama kandi hanabayeho ikiganiro cyatanzwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, bagiye bagaragaza ubunararibonye bw’Ibihugu byabo ndetse n’umusanzu wabo.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi wari umwe mu Bakuru b’Ibihugu batanze iki kiganiro, yavuze ko iterambere ry’Igihugu ayoboye rishingira ku mabuye y’agaciro ari muri iki Gihugu, ariko ko yanakomeje kuba intandaro y’umutekano mucye.

Aha ni ho Perezida, Felix Tshisekedi yahereye yongera gushinja u Rwanda ibinyoma ko ruteza umutekano mucye muri iki Gihugu.

Ati “Ubu nanone turi muri ibyo bibazo biterwa n’ubushotoranyi bw’u Rwanda rukorera Igihugu cyanjye kandi bimaze imyaka 20. Mbaye nk’ubigarukaho kuko numvise abantu benshi bavuga intambara u Burusiya bwateje muri Ukraine ariko ntitwibagirwe ko iki kibazo kimaze imyaka irenga 30 giterwa n’umuturanyi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Iyi ni iturufu imaze kumenyerwa ikoreshwa n’abategetsi banyuranye ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho bageze hose mu nama iyo ari yo yose, badashobora kubura kuvuga kuri ibi birego by’ibinyoma by’u Rwanda.

Gusa abayobozi baba bahagarariye u Rwanda muri izi nama, na bo ntibabura kubanyomoza bagaragaza ko ibibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bishinze imizi ku mbaraga nke z’ubuyobozi bwa kiriya Gihugu bwananiwe kurandura ibibazo by’imitwe yitwaje intwaro iri muri DRC, ahubwo bukifatanya na yo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, kuri uyu wa Kane tariki 26 ubwo yagaragariza Inteko Ishinga Amategeko, ishusho y’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagarutse ku myitwarire y’abayobozi bo muri Congo, bagenda bashinja u Rwanda biriya binyoma aho bageze hose, kandi bimwe mu Bihugu bikomeye bikabyemera ku mpamvu zinyuranye.

Dr Vincent Biruta yavuze ko u Rwanda rwifuza ko ibibazo biri hagati yarwo na DRC bikemuka binyuze mu nzira z’amahoro ariko ko bitanarubuza kwitegura kwirwanaho mu gihe rwaba rushoweho intambara nkuko Congo ikomeje kugaragaza ko ibifite mu migambi.

Tshisekedi ari mu batanze ikiganiro muri iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Abafashije umuhanzi uyoboye muri Gospel nyarwanda baramuvugaho ubuhemu

Next Post

Amakuru mpamo y’akayabo k’amafaranga yaguzwe rutahizamu ukomeye w’Amavubi

Related Posts

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

IZIHERUKA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke
MU RWANDA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

20/11/2025
Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

20/11/2025
Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mpamo y’akayabo k’amafaranga yaguzwe rutahizamu ukomeye w’Amavubi

Amakuru mpamo y’akayabo k’amafaranga yaguzwe rutahizamu ukomeye w’Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.