Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi yongeye gutandukira noneho avugira iby’u Rwanda na DRC mu nama y’ibiribwa

radiotv10by radiotv10
27/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Tshisekedi yongeye gutandukira noneho avugira iby’u Rwanda na DRC mu nama y’ibiribwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kuzamura ibirego by’ibinyoma ku Rwanda mu nama yigirwamo ingingo ijyanye n’ubuhinzi no kwihaza mu biribwa ku Mugabane wa Afurika.

Muri iyi nama iri kubera Dakar muri Senegal yahurije hamwe Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma zo ku Mugabane wa Afurika, ifite insanganyamatriko igaruka ku kuzamura urwego rw’ubuhinzi hagamijwe kwihaza mu biribwa no kwigira kwa Afurika.

Perezida wa Senegal, Macky Sall wafunguye iyi nana, yavuze ko igamije gutuma Afurika ihuriza hamwe imbaraga mu gushaka ibisubizo by’ibi bibazo, hibandwa mu gukora ubuhinzi bugezweho kugira ngo habeho kwihaza mu biribwa, biryo n’ibiciro by’ibiribwa ntibikomeze kubera umutwaro Abanyafurika.

Yavuze ko Afurika ikoresheje ubushobozi ifite, ishobora kwihaza mu biribwa ndetse ikanasagurira Isi yose, bikanatuma na yo irushaho gutera imbere ndetse n’abayituye bakarushaho kuva mu bibazo bamazemo igihe.

Ubwo muri iyi nama bagarukaga ku mbogamizi zikomeje kuzahaza imibereho y’Abanyafurika byumwihariko ku izamuka ry’ibiciro ku masoko, mu kiganiro cyatanzwe kuri uyu wa Kane tariki 26 Mutarama 2023, hagarutswe ku ntambara ya Ukraine n’u Burusiya.

Muri iyi nama kandi hanabayeho ikiganiro cyatanzwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, bagiye bagaragaza ubunararibonye bw’Ibihugu byabo ndetse n’umusanzu wabo.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi wari umwe mu Bakuru b’Ibihugu batanze iki kiganiro, yavuze ko iterambere ry’Igihugu ayoboye rishingira ku mabuye y’agaciro ari muri iki Gihugu, ariko ko yanakomeje kuba intandaro y’umutekano mucye.

Aha ni ho Perezida, Felix Tshisekedi yahereye yongera gushinja u Rwanda ibinyoma ko ruteza umutekano mucye muri iki Gihugu.

Ati “Ubu nanone turi muri ibyo bibazo biterwa n’ubushotoranyi bw’u Rwanda rukorera Igihugu cyanjye kandi bimaze imyaka 20. Mbaye nk’ubigarukaho kuko numvise abantu benshi bavuga intambara u Burusiya bwateje muri Ukraine ariko ntitwibagirwe ko iki kibazo kimaze imyaka irenga 30 giterwa n’umuturanyi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Iyi ni iturufu imaze kumenyerwa ikoreshwa n’abategetsi banyuranye ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho bageze hose mu nama iyo ari yo yose, badashobora kubura kuvuga kuri ibi birego by’ibinyoma by’u Rwanda.

Gusa abayobozi baba bahagarariye u Rwanda muri izi nama, na bo ntibabura kubanyomoza bagaragaza ko ibibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bishinze imizi ku mbaraga nke z’ubuyobozi bwa kiriya Gihugu bwananiwe kurandura ibibazo by’imitwe yitwaje intwaro iri muri DRC, ahubwo bukifatanya na yo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, kuri uyu wa Kane tariki 26 ubwo yagaragariza Inteko Ishinga Amategeko, ishusho y’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagarutse ku myitwarire y’abayobozi bo muri Congo, bagenda bashinja u Rwanda biriya binyoma aho bageze hose, kandi bimwe mu Bihugu bikomeye bikabyemera ku mpamvu zinyuranye.

Dr Vincent Biruta yavuze ko u Rwanda rwifuza ko ibibazo biri hagati yarwo na DRC bikemuka binyuze mu nzira z’amahoro ariko ko bitanarubuza kwitegura kwirwanaho mu gihe rwaba rushoweho intambara nkuko Congo ikomeje kugaragaza ko ibifite mu migambi.

Tshisekedi ari mu batanze ikiganiro muri iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 3 =

Previous Post

Abafashije umuhanzi uyoboye muri Gospel nyarwanda baramuvugaho ubuhemu

Next Post

Amakuru mpamo y’akayabo k’amafaranga yaguzwe rutahizamu ukomeye w’Amavubi

Related Posts

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

IZIHERUKA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore
IMIBEREHO MYIZA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mpamo y’akayabo k’amafaranga yaguzwe rutahizamu ukomeye w’Amavubi

Amakuru mpamo y’akayabo k’amafaranga yaguzwe rutahizamu ukomeye w’Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.