Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi yongeye gutandukira noneho avugira iby’u Rwanda na DRC mu nama y’ibiribwa

radiotv10by radiotv10
27/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Tshisekedi yongeye gutandukira noneho avugira iby’u Rwanda na DRC mu nama y’ibiribwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kuzamura ibirego by’ibinyoma ku Rwanda mu nama yigirwamo ingingo ijyanye n’ubuhinzi no kwihaza mu biribwa ku Mugabane wa Afurika.

Muri iyi nama iri kubera Dakar muri Senegal yahurije hamwe Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma zo ku Mugabane wa Afurika, ifite insanganyamatriko igaruka ku kuzamura urwego rw’ubuhinzi hagamijwe kwihaza mu biribwa no kwigira kwa Afurika.

Perezida wa Senegal, Macky Sall wafunguye iyi nana, yavuze ko igamije gutuma Afurika ihuriza hamwe imbaraga mu gushaka ibisubizo by’ibi bibazo, hibandwa mu gukora ubuhinzi bugezweho kugira ngo habeho kwihaza mu biribwa, biryo n’ibiciro by’ibiribwa ntibikomeze kubera umutwaro Abanyafurika.

Yavuze ko Afurika ikoresheje ubushobozi ifite, ishobora kwihaza mu biribwa ndetse ikanasagurira Isi yose, bikanatuma na yo irushaho gutera imbere ndetse n’abayituye bakarushaho kuva mu bibazo bamazemo igihe.

Ubwo muri iyi nama bagarukaga ku mbogamizi zikomeje kuzahaza imibereho y’Abanyafurika byumwihariko ku izamuka ry’ibiciro ku masoko, mu kiganiro cyatanzwe kuri uyu wa Kane tariki 26 Mutarama 2023, hagarutswe ku ntambara ya Ukraine n’u Burusiya.

Muri iyi nama kandi hanabayeho ikiganiro cyatanzwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, bagiye bagaragaza ubunararibonye bw’Ibihugu byabo ndetse n’umusanzu wabo.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi wari umwe mu Bakuru b’Ibihugu batanze iki kiganiro, yavuze ko iterambere ry’Igihugu ayoboye rishingira ku mabuye y’agaciro ari muri iki Gihugu, ariko ko yanakomeje kuba intandaro y’umutekano mucye.

Aha ni ho Perezida, Felix Tshisekedi yahereye yongera gushinja u Rwanda ibinyoma ko ruteza umutekano mucye muri iki Gihugu.

Ati “Ubu nanone turi muri ibyo bibazo biterwa n’ubushotoranyi bw’u Rwanda rukorera Igihugu cyanjye kandi bimaze imyaka 20. Mbaye nk’ubigarukaho kuko numvise abantu benshi bavuga intambara u Burusiya bwateje muri Ukraine ariko ntitwibagirwe ko iki kibazo kimaze imyaka irenga 30 giterwa n’umuturanyi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Iyi ni iturufu imaze kumenyerwa ikoreshwa n’abategetsi banyuranye ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho bageze hose mu nama iyo ari yo yose, badashobora kubura kuvuga kuri ibi birego by’ibinyoma by’u Rwanda.

Gusa abayobozi baba bahagarariye u Rwanda muri izi nama, na bo ntibabura kubanyomoza bagaragaza ko ibibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bishinze imizi ku mbaraga nke z’ubuyobozi bwa kiriya Gihugu bwananiwe kurandura ibibazo by’imitwe yitwaje intwaro iri muri DRC, ahubwo bukifatanya na yo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, kuri uyu wa Kane tariki 26 ubwo yagaragariza Inteko Ishinga Amategeko, ishusho y’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagarutse ku myitwarire y’abayobozi bo muri Congo, bagenda bashinja u Rwanda biriya binyoma aho bageze hose, kandi bimwe mu Bihugu bikomeye bikabyemera ku mpamvu zinyuranye.

Dr Vincent Biruta yavuze ko u Rwanda rwifuza ko ibibazo biri hagati yarwo na DRC bikemuka binyuze mu nzira z’amahoro ariko ko bitanarubuza kwitegura kwirwanaho mu gihe rwaba rushoweho intambara nkuko Congo ikomeje kugaragaza ko ibifite mu migambi.

Tshisekedi ari mu batanze ikiganiro muri iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 3 =

Previous Post

Abafashije umuhanzi uyoboye muri Gospel nyarwanda baramuvugaho ubuhemu

Next Post

Amakuru mpamo y’akayabo k’amafaranga yaguzwe rutahizamu ukomeye w’Amavubi

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mpamo y’akayabo k’amafaranga yaguzwe rutahizamu ukomeye w’Amavubi

Amakuru mpamo y’akayabo k’amafaranga yaguzwe rutahizamu ukomeye w’Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.