Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Turkey&Syria: Imibare y’abahitanywe n’umutingito udasanzwe ikomeje kwiyongera bageze mu 4.000

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Turkey&Syria: Imibare y’abahitanywe n’umutingito udasanzwe ikomeje kwiyongera bageze mu 4.000
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare y’abahitanywe n’umutingito karundura wabaye kuri uyu wa Mbere muri Turkey no muri Syria, ikomeje kwiyongera aho kugeza ubu habarwa abantu 4 300 bitabye Imana muri ibi Bihugu byombi.

Uyu mutingito wabaye mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Mbere ubwo abaturage bari bakiryamye dore ko wabaye saa kumi z’igitondo (04:00’).

Muri Turkey, abahitanywe n’uyu mutingito ni 2 921 mu gihe abo wakomerekeje ari 15 800, nkuko byatangajwe n’umuyobozi mukuru ushinzwe serivisi z’ibiza, Yunus Sezer.

Naho mu Gihugu cy’abaturanyi [ba Turkey] muri Syria, ho abahitanywe n’uyu mutingito wibasiye ibi Bihugu, ni 1 451 nkuko byatangajwe n’Ikigo cy’Itangazamakuru cy’iki Gihugu kitwa SANA (Syrian state news agency).

Muri iki Gihugu gisanzwe kinafite ibibazo by’umutekano, abantu 711 muri aba bishwe n’uyu mutingito, ni abo mu bice bigenzurwa na Guverinoma byiganjemo uduce twa Aleppo, Hama, Latakia, na Tartus.

Itsinda rizwi nka “White Helmets” ryo ryatangaje ko abaguye mu bice bigenzurwa n’abatavuga rumwe n’ubutegesti, ari 740.

Iyi mitingito yabaye mu byiciro kuri uyu wa mbere, yari ku gipimo cya 7,8 yasize inzu nyinshi zisenyutse ari na zo zagwiriye abaturage bakahasiga ubuzima, abandi benshi bagakomereka.

Hari amashusho yagiye ashyirwa hanze, agaragaza uburemere bw’uyu mutingito ubwo muri Turkey hari harimo kuba uyu mutingito, inzu zisenyuka.

Muri Turkey uyu mutingito ni wo ukomeye ubaye kuva mu 1930 ubwo habaga undi mutingito udasanzwe uri ku gipimo nk’icy’uyu, wo wishe abantu ibihumbi 30.

Ubuyobozi bw’ibi Bihugu byabayemo imitingito, bwahise bwohereza amatsinda y’abatabazi mu bice byibasiwe kugira ngo bagerageze gukura abantu mu bikuta byabagwiriye, aho kugeza n’ubu hakiri gukorwa ibi bikorwa by’ubutabazi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − one =

Previous Post

Bahishuye icyatumye bitabira kuboneza urubyaro ku bwinshi cyavuyemo gutenguhwa

Next Post

Humvikanye amakuru mashya ku bafana bakekwaho ibishingiye ku bitutsi nyandagazi batutse Mukansanga

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’abafana ba Kiyovu batutse Mukansanga byageze ku rundi rwego, Guverinoma yabivuzeho

Humvikanye amakuru mashya ku bafana bakekwaho ibishingiye ku bitutsi nyandagazi batutse Mukansanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.