Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubugambanyi budasanzwe bw’abakekwaho kwica umusaza bakanamushinyagurira barimo n’umugore bakundanaga

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batatu bakurikiranyweho kwica umusaza w’imyaka 64 mu Murenge wa Janja mu Karere ka Gakenke barangiza bakamukata umutwe, barimo umugore wakundanaga na nyakwigendera, ukekwaho kumugambanira kugira ngo yegukane ibihumbi 500Frw bye.

Dosiye ikubiyemo ikirego cy’aba bantu batatu, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Musanze, iregwamo umugore umwe n’abagabo babiri.

Ubushinjacyaha buvuga ko iki cyaha cyabaye mu ijoro ryo ku ya 16 Kamena 2023 ahagana saa tatu, kibera mu Mudugudu wa Kinonko mu Kagari ka Gatwa mu Murenge wa Janja, Akarere ka Gakenke.

Abaregwa bavuga ko uyu mugore uregwa muri iyi dosiye, yabanje gukundana na nyakwigendera, ndetse ko uyu musaza yari yaramwizeje ko azamubera umugore.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu musaza yaje kugurisha isambu ye ayikuramo ibihumbi magana atanu (500 000 Frw), ubundi uwo mugore wari inshuti ye, agatangira kwiga imitwe y’uburyo yazayamwambura.

Ubushinjacyaha bugira buti “Ku itariki 16/06/2023 uwo mugore yaje gushukashuka wa musaza bajyana mu kabari, basangira inzoga, bigeze nka saa tatu za nijoro wa musaza atashye, uwo mugore aramuherekeza, bageze mu nzira ahamagara umwe muri ba bagabo babiri amurangira inzira banyuzemo kugira ngo baze guhura na bo bambure wa musaza amafaranga.”

Ubushinjacyaha bugakomeza buti “Abo bagabo bahise baza bahurira na bo mu nzira, noneho umwe muri bo ahita afata wa musaza amukubita hasi, abandi bafata amaguru n’amaboko, hanyuma wa mugore akora mu mufuka wa wa musaza akuramo amafaranga yari afite.”

Abo bagabo bamaze kubona ko uwo musaza yabamenye, bahisemo kumuniga, ahita apfa, ubundi umwe muri bo amukata umutwe akoresheje umuhoro, bawushyira mu gafuka, bajya kuwuhisha mu gishanga cyari hafi aho.

Mu ibazwa ryabo, aba bagabo bavuze ko impamvu baciye umutwe nyakwigendera bakajya kuwuhisha, ari uko bakekaga ko kwa muganga nibapima umurambo, bazabona abamwishe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa yakatiwe igifungo kiruta ibindi yari yasabiwe

Next Post

Hatanzwe umucyo ku iyirukanwa ry’Abayobozi bakuru ba Rutsiro barimo Mayor

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku iyirukanwa ry’Abayobozi bakuru ba Rutsiro barimo Mayor

Hatanzwe umucyo ku iyirukanwa ry'Abayobozi bakuru ba Rutsiro barimo Mayor

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.