Wednesday, July 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Joseph Kabila nyuma yuko asesekaye mu bice igenzura

radiotv10by radiotv10
26/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa AFC/M23 yageneye Joseph Kabila nyuma yuko asesekaye mu bice igenzura
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa yahaye ikaze Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wageze i Goma, avuga ko kuba yagarutse mu Gihugu, ari amahitamo meza kandi n’abandi banyapolitiki babyifuza bajyayo.

Corneille Nangaa yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025 nyuma yuko iri Huriro AFC/M23 abereye Umuhuzabikorwa ritangaje ko Joseph Kabila yamaze kugera mu Mujyi wa Goma.

Nangaa yavuze ko kugaruka kwa Joseph Kabila Kabange “Mu Gihugu k’uyu Munyapolitiki w’umunyacyubahiro kwakiriwe neza. Yagize amahitamo meza, aho kuguma mu buhungiro yari yarahejejwemo.”

Uyu Muhuzabikorwa wa AFC/M23 yakomeje avuga ko Joseph Kabila Kabange yahawe ikaze mu mujyi wa Goma mu gace konyine karangwamo ituze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahamaze kurandurwa ibibazo uruhuri birimo ivangura, ubwicanyi bukorerwa bamwe mu Banyekongo ndetse hakaba hatarangwa imbwirwaruhame z’urwango.

Yakomeje avuga ko kuva muri Gashyantare, abayobozi banyuranye bagiye banyura muri uyu Mujyi wa Goma, kandi bakibonera akazi gakomeye kakozwe n’Ihuriro AFC/M23 karimo kugarura amahoro n’umutekano by’abaturage n’ibyabo.

Corneilla Nangaa yakomeje avuga ko Umujyi wa Goma wagiriwe ubuntu bwo kwakira umugisha w’abo mu madini n’amatorero, aho iri Huriro ryakiriwe Intumwa z’ihuriro ry’amadini n’amatorero rya ECC-CENCO.

Ati “Imiryango y’Umujyi wa Goma irafunguye, ari na ko gace rukumbi kugururiye amarembo abifuza kuhaza, barimo uwabaye Perezida Kabila, ndetse n’abandi bose bakunda Igihugu bifuza gukora ibikorwa byabo bisanzuye mu mwuka wa Demokarasi.”

Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaje mu Mujyi wa Goma nyuma y’iminsi micye agejeje ku Banyekongo ijambo yabateganyirije risubiza ubutegetsi bw’iki Gihugu buherutse kumwambura ubudahangarwa.

Kabila yari yanyomoje ibihuha byigeze kuzamurwa n’ubutegetsi bwa Congo ko yaje mu Mujyi wa Goma mu kwezi gushize, avuga ko ahubwo afite gahunda yo kuhaza mu gihe cya vuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 1 =

Previous Post

Umugabo akurikiranyweho kubwira uwarokotse Jenoside amagambo y’ingengabitekerezo

Next Post

Umushoramari uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yaciye amarenga yo kuzana umuhanzi wihagazeho ku Isi

Related Posts

DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

by radiotv10
16/07/2025
0

President Felix Tshisekedi’s party of the Democratic Republic of Congo has revealed that Lieutenant General Christian Tshiwewe, the former chief...

Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

by radiotv10
16/07/2025
0

Ishyaka rya Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru...

Igisa n’igitero cyagabwe n’Abajepe mu mutungo w’uwabaye Perezida wa Congo cyazamuye impaka

Igisa n’igitero cyagabwe n’Abajepe mu mutungo w’uwabaye Perezida wa Congo cyazamuye impaka

by radiotv10
16/07/2025
0

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri kwamagana igikorwa cyakozwe n’abasirikare barenga ijana bo mu...

Havutse Ishyaka ryiyemeje guhindura imitegekere muri Uganda

Havutse Ishyaka ryiyemeje guhindura imitegekere muri Uganda

by radiotv10
16/07/2025
0

Ishyaka NEED ‘National Economic Empowerment Dialogue’ ryashinzwe na Joseph Kabuleta uheruka no kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, riravuga...

Turakubaha ariko ntitugutinya- Abatavuga rumwe na Perezida wa Kenya bakamejeje

Turakubaha ariko ntitugutinya- Abatavuga rumwe na Perezida wa Kenya bakamejeje

by radiotv10
16/07/2025
0

Umwe mu Basenateri muri Kenya batavuga rumwe n’ubutegetesi bwa Perezida William Ruto, yavuze ko biteguye gukomeza guhangana, kuko nubwo bamwubaha...

IZIHERUKA

U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP
SIPORO

U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP

by radiotv10
16/07/2025
0

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

16/07/2025
Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

16/07/2025
“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

16/07/2025
DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

16/07/2025
Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

16/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushoramari uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yaciye amarenga yo kuzana umuhanzi wihagazeho ku Isi

Umushoramari uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yaciye amarenga yo kuzana umuhanzi wihagazeho ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.