Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Joseph Kabila nyuma yuko asesekaye mu bice igenzura

radiotv10by radiotv10
26/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa AFC/M23 yageneye Joseph Kabila nyuma yuko asesekaye mu bice igenzura
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa yahaye ikaze Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wageze i Goma, avuga ko kuba yagarutse mu Gihugu, ari amahitamo meza kandi n’abandi banyapolitiki babyifuza bajyayo.

Corneille Nangaa yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025 nyuma yuko iri Huriro AFC/M23 abereye Umuhuzabikorwa ritangaje ko Joseph Kabila yamaze kugera mu Mujyi wa Goma.

Nangaa yavuze ko kugaruka kwa Joseph Kabila Kabange “Mu Gihugu k’uyu Munyapolitiki w’umunyacyubahiro kwakiriwe neza. Yagize amahitamo meza, aho kuguma mu buhungiro yari yarahejejwemo.”

Uyu Muhuzabikorwa wa AFC/M23 yakomeje avuga ko Joseph Kabila Kabange yahawe ikaze mu mujyi wa Goma mu gace konyine karangwamo ituze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahamaze kurandurwa ibibazo uruhuri birimo ivangura, ubwicanyi bukorerwa bamwe mu Banyekongo ndetse hakaba hatarangwa imbwirwaruhame z’urwango.

Yakomeje avuga ko kuva muri Gashyantare, abayobozi banyuranye bagiye banyura muri uyu Mujyi wa Goma, kandi bakibonera akazi gakomeye kakozwe n’Ihuriro AFC/M23 karimo kugarura amahoro n’umutekano by’abaturage n’ibyabo.

Corneilla Nangaa yakomeje avuga ko Umujyi wa Goma wagiriwe ubuntu bwo kwakira umugisha w’abo mu madini n’amatorero, aho iri Huriro ryakiriwe Intumwa z’ihuriro ry’amadini n’amatorero rya ECC-CENCO.

Ati “Imiryango y’Umujyi wa Goma irafunguye, ari na ko gace rukumbi kugururiye amarembo abifuza kuhaza, barimo uwabaye Perezida Kabila, ndetse n’abandi bose bakunda Igihugu bifuza gukora ibikorwa byabo bisanzuye mu mwuka wa Demokarasi.”

Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaje mu Mujyi wa Goma nyuma y’iminsi micye agejeje ku Banyekongo ijambo yabateganyirije risubiza ubutegetsi bw’iki Gihugu buherutse kumwambura ubudahangarwa.

Kabila yari yanyomoje ibihuha byigeze kuzamurwa n’ubutegetsi bwa Congo ko yaje mu Mujyi wa Goma mu kwezi gushize, avuga ko ahubwo afite gahunda yo kuhaza mu gihe cya vuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 13 =

Previous Post

Umugabo akurikiranyweho kubwira uwarokotse Jenoside amagambo y’ingengabitekerezo

Next Post

Umushoramari uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yaciye amarenga yo kuzana umuhanzi wihagazeho ku Isi

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushoramari uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yaciye amarenga yo kuzana umuhanzi wihagazeho ku Isi

Umushoramari uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yaciye amarenga yo kuzana umuhanzi wihagazeho ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.