Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

radiotv10by radiotv10
06/10/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwinjije mu gisirikare cyaryo abandi basirikare 9 350 bakurikiye abandi 7 400 ryari riherutse kwakira, aho Maj Gen Makenga yabibukije ko intego yabo ari ugukuraho ubutegetsi bwakomwe n’imigirire mibi.

Amakuru yatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka kuri iki Cyumweru tariki 05 Ukwakira 2025, avuga ko “habaye umuhango wo gusoza imyitozo ya gisirikare ku Bakomando bashya barenga 9 350, wabaye tariki 01 Ukwakira 2025 i Tchanzu muri Kivu ya Ruguru.”

Kanyuka kandi yagaragaje amashusho y’uyu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, aho aba basirikare bashya banagaragaje imwe mu myitozo bahawe.

Aba basirikare bigaragara ko barimo n’ab’igitsinagore, batojwe kurwanisha intwari zirimo izoroheje ndetse n’iza rutura, kimwe n’imyitozo nkarishyamubiri yabafasha guhangana n’umwanzi bakoresheje imbaraga z’umubiri.

Mu butumwa Gen Makenga yagejeje kuri aba basirikare bashya ba AFC/M23, yabibukije ko iki gisirikare, ari icyo kubohora Igihugu hagamijwe kuzanira DRC impinduka.

Ati “Igihugu cyacu cyasenywe kuva cyera n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, bwica abaturage b’Igihugu uko babyishakiye, barica abasivile babaziza ubwoko bwabo, abandi benshi bakaba impunzi. Ni yo mpamvu ARC (M23) yahagurutse kugira ngo igarure ubuyobozi bwiza.”

Gen Makenga wabazaga aba basirikare bashya niba biteguye guharanira izi ntego za AFC/M23, yabibukije ko baje gufasha bagenzi babo basanzwe muri iki Gisirikare, kugera ku ntego yabo yo gukuraho ubutegetsi bwimakaje amacakubiri muri DRC.

Ati “Igihugu cyacu gikeneye kubohorwa, abantu bose bakirimo bakeneye kubohorwa, ibyo rero ni akazi kacu nka M23, nk’igisirikare cyacu. Igihugu cyacu kigomba kubahwa, tugomba kucyubaka, abaturage bacu bakeneye kubahwa, bakeneye igisirikare kizima.”

Gen Makenga kandi yongeye gusaba aba basirikare kuzarangwa n’imyitwarire iboneye, itandukanye n’igaragazwa n’aba Leta ya Kinshasa, bokamwe n’ingeso mbi z’ubujura, gufata ku ngufu abagore, no kwica abaturage b’inzirakarengane.

Ati “Abaturage bazabubahira kuba mwitwaye neza, ibyo rero ni akazi gakomeye, mugomba kurangwa n’imyitwarire iboneye yo hejuru, niba uri mu Gihugu cyawe mu Gihugu cy’abaturage kirimo abaturage bari mu bibazo, mugomba kubashyira imbere. Ntimugende ngo mutangire kwiba, kuko abaturage bacu bahuye n’ibyo bibazo igihe kinini, rero ntimukwiye kubasonga.”

Aba basirikare barenga ibihumbi 9 binjiye mu gisirikare hatarashira ukwezi, AFC/M23 nanone yungutse abandi 7 437 bo barangije muri Nzeri, tariki 14, aho na bwo umuhango wo kubinjiza mu gisirikare wayobowe na Maj Gen Sultani Makenga.

AFC/M23 iherutse kwinjiza abandi basirikare ibihumbi 9
Gen Makenga asaba abasirikare be kurangwa n’imyitwarire myiza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 11 =

Previous Post

BREAKING: Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa yeguye ataramara n’ukwezi

Next Post

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.