Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

radiotv10by radiotv10
03/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira ngo zimeye impamvu abanyamahanga bamaze iminsi bateza akavuyo mu Gihugu cye, anabizeza kugarura ituze.

Perezida Dr. Samia Suluhu Hassan yasubiyemo indahiro z’ubwoko butatu. Iyo kurinda Igihugu, iyo gukorana akazi ubwitange nta mususu, n’iyo guharanira ubumwe bw’Abanya-Tanzaniya.

Abaturage bari bakurikiye uyu muhango wabaye mu buryo budasanzwe, bakiranye ubwuzu iyi ndahiro y’Umukuru w’Igihugu cyabo, bihita bishyira iherezo ku migambi y’abaturage bari bamaze iminsi batwika inzu, ibinyabiziga, bakanica abashinzwe umutekano. Ibyo babifataga nk’uburyo bwo kuburizamo iki gikorwa cyabaye uyu munsi.

Ijambo rya Perezida Samia Hassan ryibanze kuri ibyo bikorwa by’abatamwera yise ko batari mu muco w’Abanya-Tanzania.

Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko hari abanyamahanga babifatiyemo. Ubu ngo inzego z’umutekano ziri gukora icyo zishinzwe.

Yagize ati “Twababajwe n’ibikorwa bihungabanya amahoro, byapfiriyemo abantu bikanangiza imitungo y’Igihugu n’iy’abantu ku giti cyabo. Ibyo byabereye mu bice bitandukanye by’Igihugu. Ukurikije ibyabaye, ukareba umuco n’imyumvire y’Abanya-Tanzania; ubona ko ibyabaye atari ibitanzania.

Ntabwo twatangajwe n’uko bamwe mu rubyiruko rwafatiwe muri ibyo bikorwa; twasanze ari abanyamahanga. Inzego zacu zishinzwe umutekano ziri gukora iperereza ngo zimenye ikibyihishe inyuma. Ziri no gukora ibishoboka byose kugira ngo Igihugu cyacu gisubire mu bihe bisanzwe.

Abayobozi b’inzego z’ibanze na bo ndabasaba ko bahita basubiza Igihugu mu buzima busanzwe icyarimwe.”

Perezida Samia utangiye urugendo rw’imyaka itanu ku buyobozi bw’Igihugu; yavuze ko agiye gushyira imbaraga mu gushyira hamwe abaturag be, gusa akabasaba gushyira hanze ubwigomeke.

Yagize ati “Kimwe mu biranga umuntu ni ukutanyurwa. Imana yonyine ni yo ifite byose. Ni yo mpamvu igihe cyose abantu twagiranye ibibazo; tuba tugomba kumvikana binyuze mu biganiro. Igisubizo nyacyo ni cyo kiduhuza, ariko nanjye nzakora inshingano zanjye zo kunga ubumwe bw’Igihugu cyose.

Ndabasaba guhitamo ubworoherane mu mwanya wo kwigomeka. Mugire impuhwe mureke umujinya. Igihugu cyacu ni kimwe kandi gifite imbaraga zirenze iz’umuntu uwo ari we wese.

Demokarasi ntabwo ireberwa ku izina ry’uwatsinze amatora, ahubwo ipimirwa ku buryo twuzuza inshingano zacu nyuma y’amatora.”

Perezida wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan warahiye uyu munsi; yatsinze bagenzi be 16 bari bahanganiye uyu mwanya. Mu baturage bangana na miliyoni 37,6 bari ziyandikishije gutora; abagera kuri miliyoni 31.9 bose baramutoye, byatumye agira amajwi 97.66%.

Ariko iyo mibare ntiyabujije igice kimwe cy’abaturage kwigabiza imihanda. Imiryango mpuzamahanga imwe yagaragaje ko ayo matora yabayemo inenge zikomeye. Icyakora Perezida Samia Suluhu Hassan yavuze ko raporo z’indorerezi zitandukanye n’ibyo bavuga.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − twelve =

Previous Post

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Related Posts

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Tanzania, aho yitabiriye irahira rya mugenzi we wa Madamu Samia Suluhu Hassan watorewe...

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

by radiotv10
03/11/2025
0

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza abasirikare ba bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, bari gukorera muri Romania imyitozo y’Umuryango...

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

by radiotv10
03/11/2025
0

The Alliance of Forces for Change (AFC/M23), a coalition fighting against the government of the Democratic Republic of Congo (DRC),...

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Abayobozi b’Ihuriro AFC/M23 barimo Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nangaa; bitabiriye umuhango wo guherekeza bwa nyuma Musenyeri Faustin Ngabu wabaye Umushumba wa...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.