Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

radiotv10by radiotv10
03/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira ngo zimeye impamvu abanyamahanga bamaze iminsi bateza akavuyo mu Gihugu cye, anabizeza kugarura ituze.

Perezida Dr. Samia Suluhu Hassan yasubiyemo indahiro z’ubwoko butatu. Iyo kurinda Igihugu, iyo gukorana akazi ubwitange nta mususu, n’iyo guharanira ubumwe bw’Abanya-Tanzaniya.

Abaturage bari bakurikiye uyu muhango wabaye mu buryo budasanzwe, bakiranye ubwuzu iyi ndahiro y’Umukuru w’Igihugu cyabo, bihita bishyira iherezo ku migambi y’abaturage bari bamaze iminsi batwika inzu, ibinyabiziga, bakanica abashinzwe umutekano. Ibyo babifataga nk’uburyo bwo kuburizamo iki gikorwa cyabaye uyu munsi.

Ijambo rya Perezida Samia Hassan ryibanze kuri ibyo bikorwa by’abatamwera yise ko batari mu muco w’Abanya-Tanzania.

Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko hari abanyamahanga babifatiyemo. Ubu ngo inzego z’umutekano ziri gukora icyo zishinzwe.

Yagize ati “Twababajwe n’ibikorwa bihungabanya amahoro, byapfiriyemo abantu bikanangiza imitungo y’Igihugu n’iy’abantu ku giti cyabo. Ibyo byabereye mu bice bitandukanye by’Igihugu. Ukurikije ibyabaye, ukareba umuco n’imyumvire y’Abanya-Tanzania; ubona ko ibyabaye atari ibitanzania.

Ntabwo twatangajwe n’uko bamwe mu rubyiruko rwafatiwe muri ibyo bikorwa; twasanze ari abanyamahanga. Inzego zacu zishinzwe umutekano ziri gukora iperereza ngo zimenye ikibyihishe inyuma. Ziri no gukora ibishoboka byose kugira ngo Igihugu cyacu gisubire mu bihe bisanzwe.

Abayobozi b’inzego z’ibanze na bo ndabasaba ko bahita basubiza Igihugu mu buzima busanzwe icyarimwe.”

Perezida Samia utangiye urugendo rw’imyaka itanu ku buyobozi bw’Igihugu; yavuze ko agiye gushyira imbaraga mu gushyira hamwe abaturag be, gusa akabasaba gushyira hanze ubwigomeke.

Yagize ati “Kimwe mu biranga umuntu ni ukutanyurwa. Imana yonyine ni yo ifite byose. Ni yo mpamvu igihe cyose abantu twagiranye ibibazo; tuba tugomba kumvikana binyuze mu biganiro. Igisubizo nyacyo ni cyo kiduhuza, ariko nanjye nzakora inshingano zanjye zo kunga ubumwe bw’Igihugu cyose.

Ndabasaba guhitamo ubworoherane mu mwanya wo kwigomeka. Mugire impuhwe mureke umujinya. Igihugu cyacu ni kimwe kandi gifite imbaraga zirenze iz’umuntu uwo ari we wese.

Demokarasi ntabwo ireberwa ku izina ry’uwatsinze amatora, ahubwo ipimirwa ku buryo twuzuza inshingano zacu nyuma y’amatora.”

Perezida wa Tanzania, Dr. Samia Suluhu Hassan warahiye uyu munsi; yatsinze bagenzi be 16 bari bahanganiye uyu mwanya. Mu baturage bangana na miliyoni 37,6 bari ziyandikishije gutora; abagera kuri miliyoni 31.9 bose baramutoye, byatumye agira amajwi 97.66%.

Ariko iyo mibare ntiyabujije igice kimwe cy’abaturage kwigabiza imihanda. Imiryango mpuzamahanga imwe yagaragaje ko ayo matora yabayemo inenge zikomeye. Icyakora Perezida Samia Suluhu Hassan yavuze ko raporo z’indorerezi zitandukanye n’ibyo bavuga.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + five =

Previous Post

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Next Post

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.