Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubuze inda yica umugi: Ikipe yatewe umugongo n’abakinnyi bakomeye igiye gusinyisha utakekwaga

radiotv10by radiotv10
17/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubuze inda yica umugi: Ikipe yatewe umugongo n’abakinnyi bakomeye igiye gusinyisha utakekwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Liverpool iri mu makipe y’ibigwi n’ubukombe, nyuma yo gutakaza abakinnyi bari inkingi ya mwamba, igiye gusinyisha Umuyapani usanzwe ari kapiteni w’Ikipe y’Igihugu, nyuma yo kubura abo yifuzaga baguzwe na Chelsea.

Liverpool imaze gusinyisha abakinnyi 2 gusa bakina hagati mu kibuga, ari bo Dominic Szobozlai na Mc Allister, mu gihe imaze gutakaza abakinnyi benshi barimo Fabinho, Henderson, Keita na Milner.

Liverpool yari yifuje gusinyisha Moises Caicedo wakiniraga ikipe ya Brighton (ubu yamaze gusinyira Chelsea) ariko Umunya-Ecuador we ubwe yanga kujya muri Liverpool ahitano Chelsea.

Liverpool kandi yari imaze igihe yiruka kuri Romeo Lavia wa Southampton ariko na we ahitamo Chelsea atera umugongo Liverpool aba bombi baje biyongera kuri Sofyan Amrabat wa Fiorentina na we werekanye ko yifuza kujya muri Manchester United nubwo we ibye bitararangira neza.

Liverpool nyuma yo kubura aba bakinnyi bose, yahisemo kwerekeza amaso ku Muyapani Wataru Endo w’imyaka 30 akaba kapiteni wa VFB Stuttgart yo mu Budage ndetse akanaba n’uw’ikipe y’igihugu cye.

Uyu mugabo yamaze kwerecyeza mu Gihugu cy’u Bwongereza, ku buryo biramutse bigenze neza yatangwaho miliyoni 20 Pounds.

Endo azwiho cyane gukora neza akazi ko gufasha abakinnyi bakina bugarira ndetse rimwe na rimwe akanafasha mu mutima w’ubwugarizi.

Kugura Wataru Endo bisobanuye ko Liverpool iri bube yishe amahame yayo igenderaho igura abakinnyi dore ko ubundi ireba abana bato ariko bafite impano ikabazamurira urwego rwabo.

Kugurwa kwa Endo muri Liverpool, biri cyane ku ruhande rw’umuyobozi wa siporo Jorg Schmadtke uvuga ko yashimye imikinire ye kandi yizeye ko azafasha iyi kipe y’i Merseyside.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 10 =

Previous Post

Amakuru agezweho kuri rurangiranwa muri muzika uje gususurutsa Abaturarwanda

Next Post

Uwashinjwaga gutuma imiryango y’abana 10 itahamo amarira yakatiwe igihano cyumvikanamo inyoroshyo

Related Posts

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

IZIHERUKA

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games
MU RWANDA

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwashinjwaga gutuma imiryango y’abana 10 itahamo amarira yakatiwe igihano cyumvikanamo inyoroshyo

Uwashinjwaga gutuma imiryango y’abana 10 itahamo amarira yakatiwe igihano cyumvikanamo inyoroshyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.