Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu

radiotv10by radiotv10
22/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yemeje umushinga w’itegeko riteganya ibihano ku baryamana n’abo bahuje ibitsina [Abatinganyi], birimo no kugeza ku gihano cy’urupfu.

Ni itegeko ryatowe n’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Werurwe 2023 nyuma yuko iyi Nteko ibanje kumva ibitekerezo by’abaturage ndetse n’abanyapolitiki.

Iri tegeko kandi riteganya ibihano ku byaha binyuranye bifitanye isano n’ubutinganyi birimo n’ibihanishwa igihano cy’urupfu ndetse n’igifungo kigera ku myaka 20.

Kuryamana kw’abahuje ibitsina, muri Uganda, byari bisanzwe bitemewe n’amategeko ndetse binahanwa, ubu hakaba hiyongereyeho n’ibikorwa byamamaza ubutinganyi, na byo bigiye kujya bihanwa.

Uyu mushinga w’itegeko uteganya kandi igihano kugeza ku rupru kuri ibi bikorwa by’ubutinganyi bikabije urugero, birimo gucuruza abana kugira ngo bakoreshwe ubutinganyi.

Uyu mushinga w’itegeko wagejejwe ku Nteko Ishinga Amategeko, hari aho ugira uti “Umuntu uzajya ukora icyaha cy’ubutinganyi bukabije, ashobora guhanishwa urupfu.”

Umudepite Asuman Basalirwa wagaragarije Inteko Ishinga Amategeko uyu mushinga w’Itegeko, yavuze ko ugamije “Gusigasira umuco w’ubukirisitu, amategeko, iyobokamana ndetse n’indangagaciro z’umuryango w’Abanya-Uganda, byototer imigenzereze yose yo kwamamaza ubutinganyi.”

Umwe mu Badepite b’abagabo mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, ubwo yatangaga igitekerezo kuri uyu mushinga, agaragaza ko ubutinganyi budakwiye muri iki Gihugu, yavuze ko atumva uburyo abagabo bashobora gutekereza kuryamana n’abandi bagabo nyamara hari abagore beza.

Yagize ati “Nyakubakwa Perezida w’Inteko, iyo mbabona muri iyi Ngoro muri abagore, mbona nta mpamvu n’imwe yo kuba umugabo yajya gushaka undi mugabo ngo bakorane imibonano mpuzabitsina.”

Abadepite bari mu Ngoro y’Inteko bose bahise basekera icya rimwe, uyu mugenzi wabo akomeza agira ati “Ntakintu kiryoha kandi kiza nko kuba umugabo yakorana imibonano n’umugore. Ku bw’iyo mpamvu mbona nta mpamvu yo kuba umugabo yajya gushaka umugabo.”

General Muhoozi Kainerugaba, Umujyanama wa Perezida Museveni akaba n’umuhungu we, na we yari aherutse gutanga igitekerezo nk’iki kuri Twitter, avuga ko nta kintu ku Isi kiryoha kurusha umugore.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − eight =

Previous Post

Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe

Next Post

Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4

Related Posts

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

IZIHERUKA

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR
MU RWANDA

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR

by radiotv10
21/11/2025
0

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

21/11/2025
Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4

Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.