Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu

radiotv10by radiotv10
22/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yemeje umushinga w’itegeko riteganya ibihano ku baryamana n’abo bahuje ibitsina [Abatinganyi], birimo no kugeza ku gihano cy’urupfu.

Ni itegeko ryatowe n’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Werurwe 2023 nyuma yuko iyi Nteko ibanje kumva ibitekerezo by’abaturage ndetse n’abanyapolitiki.

Iri tegeko kandi riteganya ibihano ku byaha binyuranye bifitanye isano n’ubutinganyi birimo n’ibihanishwa igihano cy’urupfu ndetse n’igifungo kigera ku myaka 20.

Kuryamana kw’abahuje ibitsina, muri Uganda, byari bisanzwe bitemewe n’amategeko ndetse binahanwa, ubu hakaba hiyongereyeho n’ibikorwa byamamaza ubutinganyi, na byo bigiye kujya bihanwa.

Uyu mushinga w’itegeko uteganya kandi igihano kugeza ku rupru kuri ibi bikorwa by’ubutinganyi bikabije urugero, birimo gucuruza abana kugira ngo bakoreshwe ubutinganyi.

Uyu mushinga w’itegeko wagejejwe ku Nteko Ishinga Amategeko, hari aho ugira uti “Umuntu uzajya ukora icyaha cy’ubutinganyi bukabije, ashobora guhanishwa urupfu.”

Umudepite Asuman Basalirwa wagaragarije Inteko Ishinga Amategeko uyu mushinga w’Itegeko, yavuze ko ugamije “Gusigasira umuco w’ubukirisitu, amategeko, iyobokamana ndetse n’indangagaciro z’umuryango w’Abanya-Uganda, byototer imigenzereze yose yo kwamamaza ubutinganyi.”

Umwe mu Badepite b’abagabo mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, ubwo yatangaga igitekerezo kuri uyu mushinga, agaragaza ko ubutinganyi budakwiye muri iki Gihugu, yavuze ko atumva uburyo abagabo bashobora gutekereza kuryamana n’abandi bagabo nyamara hari abagore beza.

Yagize ati “Nyakubakwa Perezida w’Inteko, iyo mbabona muri iyi Ngoro muri abagore, mbona nta mpamvu n’imwe yo kuba umugabo yajya gushaka undi mugabo ngo bakorane imibonano mpuzabitsina.”

Abadepite bari mu Ngoro y’Inteko bose bahise basekera icya rimwe, uyu mugenzi wabo akomeza agira ati “Ntakintu kiryoha kandi kiza nko kuba umugabo yakorana imibonano n’umugore. Ku bw’iyo mpamvu mbona nta mpamvu yo kuba umugabo yajya gushaka umugabo.”

General Muhoozi Kainerugaba, Umujyanama wa Perezida Museveni akaba n’umuhungu we, na we yari aherutse gutanga igitekerezo nk’iki kuri Twitter, avuga ko nta kintu ku Isi kiryoha kurusha umugore.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + two =

Previous Post

Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe

Next Post

Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4

Related Posts

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4

Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.