Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu

radiotv10by radiotv10
22/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uganda: Ubutinganyi n’ibisa nabwo bishobora kujya bihanishwa ibihano birimo n’urupfu
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yemeje umushinga w’itegeko riteganya ibihano ku baryamana n’abo bahuje ibitsina [Abatinganyi], birimo no kugeza ku gihano cy’urupfu.

Ni itegeko ryatowe n’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Werurwe 2023 nyuma yuko iyi Nteko ibanje kumva ibitekerezo by’abaturage ndetse n’abanyapolitiki.

Iri tegeko kandi riteganya ibihano ku byaha binyuranye bifitanye isano n’ubutinganyi birimo n’ibihanishwa igihano cy’urupfu ndetse n’igifungo kigera ku myaka 20.

Kuryamana kw’abahuje ibitsina, muri Uganda, byari bisanzwe bitemewe n’amategeko ndetse binahanwa, ubu hakaba hiyongereyeho n’ibikorwa byamamaza ubutinganyi, na byo bigiye kujya bihanwa.

Uyu mushinga w’itegeko uteganya kandi igihano kugeza ku rupru kuri ibi bikorwa by’ubutinganyi bikabije urugero, birimo gucuruza abana kugira ngo bakoreshwe ubutinganyi.

Uyu mushinga w’itegeko wagejejwe ku Nteko Ishinga Amategeko, hari aho ugira uti “Umuntu uzajya ukora icyaha cy’ubutinganyi bukabije, ashobora guhanishwa urupfu.”

Umudepite Asuman Basalirwa wagaragarije Inteko Ishinga Amategeko uyu mushinga w’Itegeko, yavuze ko ugamije “Gusigasira umuco w’ubukirisitu, amategeko, iyobokamana ndetse n’indangagaciro z’umuryango w’Abanya-Uganda, byototer imigenzereze yose yo kwamamaza ubutinganyi.”

Umwe mu Badepite b’abagabo mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, ubwo yatangaga igitekerezo kuri uyu mushinga, agaragaza ko ubutinganyi budakwiye muri iki Gihugu, yavuze ko atumva uburyo abagabo bashobora gutekereza kuryamana n’abandi bagabo nyamara hari abagore beza.

Yagize ati “Nyakubakwa Perezida w’Inteko, iyo mbabona muri iyi Ngoro muri abagore, mbona nta mpamvu n’imwe yo kuba umugabo yajya gushaka undi mugabo ngo bakorane imibonano mpuzabitsina.”

Abadepite bari mu Ngoro y’Inteko bose bahise basekera icya rimwe, uyu mugenzi wabo akomeza agira ati “Ntakintu kiryoha kandi kiza nko kuba umugabo yakorana imibonano n’umugore. Ku bw’iyo mpamvu mbona nta mpamvu yo kuba umugabo yajya gushaka umugabo.”

General Muhoozi Kainerugaba, Umujyanama wa Perezida Museveni akaba n’umuhungu we, na we yari aherutse gutanga igitekerezo nk’iki kuri Twitter, avuga ko nta kintu ku Isi kiryoha kurusha umugore.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe

Next Post

Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4

Related Posts

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi ya Nigeria yarashe ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abaturage bigaragambyaga mu mujyi wa Lagos, bamagana ibikorwa byo gusenya...

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

IZIHERUKA

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu
AMAHANGA

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

29/01/2026
Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4

Bamubujije kugeza ikibazo cye kuri P.Kagame bumwizeza ko bucya cyakemutse none hashize imyaka 4

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.