Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda yahishuye umubare w’ibyihebe imaze kwicira muri Congo mu myaka 2

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Uganda yahishuye umubare w’ibyihebe imaze kwicira muri Congo mu myaka 2
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yemeje ko kuva hatangizwa ibikorwa bya gisirikare byo guhiga ibyihebe by’umutwe wa ADF ufite ibirindiro muri DRCongo, Igisirikare cya Uganda kimaze kwivugana abarwanyi 567.

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyatangije ibikorwa byo guhiga abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa ADF ukorana n’undi wiyita Leta ya Kisilamu (IS/Islamic State), mu kwezi k’Ukuboza 2021.

Uyu mutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda, usanzwe ufite ibirindiro mu mashyamba yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, washegeshwe n’ibi bikorwa bya Gisirikare bya UPDF.

Kuri uyu wa Kane tariki 07 Nzeri 2023, mu ijambo rya Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yemeje ko kuva kiriya gihe hatangizwa ibi bikorwa, hamaze kwicwa abarwanyi 567 ba ADF, mu gihe abandi 50 bafashwe mpiri.

Nanone kandi ngo UPDF yafashe intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare 167, birimo imbunda z’intambara ndetse na Grenade, byambuwe uyu mutwe.

Perezida Museveni wemeje ko uyu mutwe wamaze gucika intege, yagize ati “Ibyabo byamaze kurangira…inzira yonyine basigaje, ni ukumanika amaboko.”

Museveni kandi yaboneyeho kuburira abafite ibikorwa by’ubucuruzi nk’imodoka za rusange, abakurikirana amasoko ndetse n’abafite amahoteli, kwitwararika bakajya bandika imyirondoro y’abakiliya bose mu rwego rwo gutahura abashobora kuba bari mu mugambi w’ibitero bya ADF.

Ni mu gihe muri iki cyumweru, Igipolisi cya Uganda, cyaburijemo ibiturika bitandatu byari biri mu migambi y’ibitero bya ADF, birimo igisasu cyari kiri ku rusengero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Uganda yatsinze umukino nk’uwitegurwa n’Amavubi ariko ntibyagira icyo biyimarira

Next Post

Amayeri atamenyerewe y’uwakuraga ibitemewe muri Congo bagakeka ko ari umuco Nyarwanda

Related Posts

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Reports indicate that Burundi continues to reinforce its border with Rwanda by deploying large numbers of troops and heavy weapons,...

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express yavaga i Kampala muri Uganda yerecyeza i...

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

by radiotv10
15/12/2025
0

Australie yatangaje ko igiye gukaza amategeko agenga gutunga intwaro, nyuma y’uko ku wa Mbere, muri iki gihugu hatangiye ibikorwa byo...

IZIHERUKA

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo
AMAHANGA

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amayeri atamenyerewe y’uwakuraga ibitemewe muri Congo bagakeka ko ari umuco Nyarwanda

Amayeri atamenyerewe y’uwakuraga ibitemewe muri Congo bagakeka ko ari umuco Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.