Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukekwaho gukora ibitemewe yakoreye Abapolisi amayeri adasanzwe

radiotv10by radiotv10
19/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ukekwaho gukora ibitemewe yakoreye Abapolisi amayeri adasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe ukekwaho kwinjiza mu Gihugu imyenda ya Caguwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, yasanzwe n’abapolisi mu ruganiriro iwe, akibabona abangira amaguru ingata, arabacika.

Ibi byabaye ku ya 17 Ukwakira 2023, ubwo Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze, hafatwaga amabaro atandatu y’imyenda ya caguwa yinjijwe mu Rwanda iturutse muri Tanzania no muri Uganda, na yo akaba yafatiwe mu Turere dutandukanye ari two Gicumbi na Kirehe.

Ni amabaro yafashwe mu byiciro bibiri, arimo atanu yafatiwe mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, ariko ukekwaho kuyinjiza mu Rwanda ayakuye muri Tanzania we akaba yacitse.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko umugabo Ukekwaho kwinjiza aya mabaro yasanzwe mu cyumba cy’uruganiriro iwe “nubwo we yahise abangira amaguru ingata agacika akimara kubona inzego z’umutekano.”

Naho mu Mudugudu wa Nyakarambi II, mu Kagari ka Ruhanga mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi ho, hafatiwe umugore w’imyaka 23 wari ufite umufuka w’imyenda ya Caguwa, mu gihe uwo bari kumwe ari na we nyirayo we yatorotse.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Superintendent of Police (SP) Jean Bosco Mwiseneza yavuze ko ifatwa ry’iyi myenda ndetse n’uyu mugore, ryagizwemo uruhare n’amakuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati “Nk’uko bisanzwe ku bufatanye n’abaturage bagenda batanga amakuru ku bakora ubucuruzi bwa magendu, ubw’ibicuruzwa bitemewe n’ibiyobyabwenge bakunze kwitwikira amasaha y’ijoro, hagendewe kuri ayo makuru Polisi itegura ibikorwa byo gufata abacyekwaho kubigiramo uruhare. Ni nako uriya mugore yafashwe avanye imyenda ya caguwa mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Philjuma150 says:
    2 years ago

    Ese gute ari uwo mu Burasirazuba mukavugisha Umuvugizi wo mu Majyaruguru?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Umwana wazamuriye benshi amarangamutima bivugwa ko yarenganyijwe yatangiye gusekerwa n’andi mahirwe

Next Post

Hasobanuwe impamvu yihariye yatumye Gitifu w’Akagari afungwa

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu yihariye yatumye Gitifu w’Akagari afungwa

Hasobanuwe impamvu yihariye yatumye Gitifu w’Akagari afungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.