• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byagenze ngo umusirikare wa Uganda arasire bagenzi be mu mahanga abice

radiotv10by radiotv10
03/01/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Uko byagenze ngo umusirikare wa Uganda arasire bagenzi be mu mahanga abice
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare wa Uganda ufite ipeti rya Kaporali (Corporal) yishe arashe bagenzi be batatu bari kumwe mu butumwa muri Somalia, kubera umujinya w’umuranduranzuzi yatewe n’ikibazo yabanje kugirana n’umwe.

Uyu musirikare warashe bagenzi be kuri uyu wa Mbere tariki 02 Mutarama 2023, mu birindiro by’ingabo zigize umutwe udasanzwe za Uganda biri muri Somalia aho izi ngabo ziri mu butumwa.

Amakuru avuga ko uyu musirikare witwa Simon Agaba yakoze iki gikorwa cy’ubwicanyi mu kigo cya gisirikare kiri ahitwa Ajazera mu gitondo ahagana saa kumi n’ebyiri (06:00’).

Amakuru avuga ko nubwo impamvu yatumye uyu musirikare akora iki gikorwa itaramenyekana, ariko uyu musirikare yabanje kugirana amakimbirane na mugenzi we ku marembo y’iki kigo kubera ibyo batumvaga kimwe, aho iki kibazo cyabaye ahagana saa 05:45’.

Uyu watanze amakuru utifuje ko atangazwa, yavuze ko uyu musirikare yaje gukurikira uyu mugenzi we bari bagiranye ikibazo bagera aho aba, agahita amurasa akamwica.

Yagize ati “Ubwo yari ari kugaruka mu birindiro bye, yahuye n’undi musirikare mugenzi we aramurasa na we aramwica, agitambuka aba ahuye n’undi wari uje kureba ibibaye, na we aramurasa aramwica.”
Yakomeje avuga kandi ko uyu musirikare yarekuriye amasasu undi musirikare ariko we ntamwivugane, ari na bwo hahitaga haza abasirikare bata muri yombi uyu mugenzi wabo.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda (UPDF), Brig Gen Felix Kulaigye yemeje iby’uyu musirikare warashe bagenzi be ariko ntiyagira byinshi abitangazaho, gusa avuga ko azaburanisrwa n’Urukiko rwo muri Somalia.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Ibyishimo byarenze umuhanzi ukomeye ku Isi wasuye u Rwanda avuga ikintu atazibagirwa

Next Post

Amakuru mashya y’ubukwe bwabanje kugirwa ibanga bw’umuhanzi nyarwanda wimukiye muri USA

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Amakuru mashya y’ubukwe bwabanje kugirwa ibanga bw’umuhanzi nyarwanda wimukiye muri USA

Amakuru mashya y’ubukwe bwabanje kugirwa ibanga bw’umuhanzi nyarwanda wimukiye muri USA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.