Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bice binyuranye byo mu Ntara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, haravugwa imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 na FARDC, mu gihe impande zombi zari ziherutse kwemeranya agahenge.

Amakuru dukesha Radio Okapi, avuga ko iyi mirwano iremereye yumvikanyemo intwaro za rutura kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Mata 2025 muri Lokarite nyinshi zo muri Teritwari ya Walungu, Kabare na Kalehe mu Ntata ya Kivu y’Epfo.

Abatanze amakuru, bavuga ko kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, hari hakomeje kumvikana urusaku rw’amasasu y’imbunda za rutura n’izoroheje muri Sheferi ya Kaziba muri Teritwari ya Walungu.

Nanone kandi abatanze amakuru, bavuga ko abarwanyi ba AFC/M23 mu mpera z’icyumweru gishize bari baherutse kuza gukambika mu gace ka Nyangezi banyuze muri Mushenyi, ndetse ko ari bo bagabye ibitero kuri FARDC na Wazalendo.

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga ko utazihanganira na rimwe kubona uruhande bahanganye rukora amarorerwa cyangwa rurushotora, ko igihe cyose bizajya biba, utazajya utinzamo, ahubwo ko uzajya ujya kubiburizamo.

Iyi mirwano yabangamiye ibikorwa by’amajyambere bisanzwe bikorerwa muri ibi bice, ndetse ikaba yateye ubwoba abaturage babituyemo.

Nanone andi makuru avuga ko habayemo indi mirwano mu bice binyuranye muri Teritwari za Kabare na Kalehe, zombi na zo zo mu Ntara ya Kivu y’Epfo. Lokarite za Kabamba, Kasheke ndetse no mu misozi ya Kalehe; ni ho hakomeje kumvikana urusaku rw’amasasu y’imbunda ziremereye.

Kubera iyi mirwano, ibintu byinshi byahungabanye, birimo amashuri, ibikorwa by’ubucuruzi ndetse n’ubuhinzi bukunze gukorwa muri ibi bice by’icyaro, aho abaturage bagumye mu ngo zabo, mu gihe abandi bari guhunga.

Ni mu gihe Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baherutse gushyira hanze itangazo rihuriweho, ryagaragazaga ibyavuye mu biganiro byahuje izi mpande i Doha muri Qatar, aho impande zombi zari zumvikanye ku gahenge kugira ngo zibashe gukomeza ibiganiro nta nkomyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 2 =

Previous Post

U Rwanda rwavuze uko ruri gufasha Ingabo za SADC gutaha n’impamvu ibiri gukorwa byari bikenewe

Next Post

BREAKING: U Rwanda rwinjiye mu mikorenire n’indi kipe ikomeye ku Mugabane w’u Burayi

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: U Rwanda rwinjiye mu mikorenire n’indi kipe ikomeye ku Mugabane w’u Burayi

BREAKING: U Rwanda rwinjiye mu mikorenire n'indi kipe ikomeye ku Mugabane w’u Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.