Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bice binyuranye byo mu Ntara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, haravugwa imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 na FARDC, mu gihe impande zombi zari ziherutse kwemeranya agahenge.

Amakuru dukesha Radio Okapi, avuga ko iyi mirwano iremereye yumvikanyemo intwaro za rutura kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Mata 2025 muri Lokarite nyinshi zo muri Teritwari ya Walungu, Kabare na Kalehe mu Ntata ya Kivu y’Epfo.

Abatanze amakuru, bavuga ko kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, hari hakomeje kumvikana urusaku rw’amasasu y’imbunda za rutura n’izoroheje muri Sheferi ya Kaziba muri Teritwari ya Walungu.

Nanone kandi abatanze amakuru, bavuga ko abarwanyi ba AFC/M23 mu mpera z’icyumweru gishize bari baherutse kuza gukambika mu gace ka Nyangezi banyuze muri Mushenyi, ndetse ko ari bo bagabye ibitero kuri FARDC na Wazalendo.

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga ko utazihanganira na rimwe kubona uruhande bahanganye rukora amarorerwa cyangwa rurushotora, ko igihe cyose bizajya biba, utazajya utinzamo, ahubwo ko uzajya ujya kubiburizamo.

Iyi mirwano yabangamiye ibikorwa by’amajyambere bisanzwe bikorerwa muri ibi bice, ndetse ikaba yateye ubwoba abaturage babituyemo.

Nanone andi makuru avuga ko habayemo indi mirwano mu bice binyuranye muri Teritwari za Kabare na Kalehe, zombi na zo zo mu Ntara ya Kivu y’Epfo. Lokarite za Kabamba, Kasheke ndetse no mu misozi ya Kalehe; ni ho hakomeje kumvikana urusaku rw’amasasu y’imbunda ziremereye.

Kubera iyi mirwano, ibintu byinshi byahungabanye, birimo amashuri, ibikorwa by’ubucuruzi ndetse n’ubuhinzi bukunze gukorwa muri ibi bice by’icyaro, aho abaturage bagumye mu ngo zabo, mu gihe abandi bari guhunga.

Ni mu gihe Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baherutse gushyira hanze itangazo rihuriweho, ryagaragazaga ibyavuye mu biganiro byahuje izi mpande i Doha muri Qatar, aho impande zombi zari zumvikanye ku gahenge kugira ngo zibashe gukomeza ibiganiro nta nkomyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

U Rwanda rwavuze uko ruri gufasha Ingabo za SADC gutaha n’impamvu ibiri gukorwa byari bikenewe

Next Post

BREAKING: U Rwanda rwinjiye mu mikorenire n’indi kipe ikomeye ku Mugabane w’u Burayi

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: U Rwanda rwinjiye mu mikorenire n’indi kipe ikomeye ku Mugabane w’u Burayi

BREAKING: U Rwanda rwinjiye mu mikorenire n'indi kipe ikomeye ku Mugabane w’u Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.