Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Ibisaru biremereye byongeye kuraswa

radiotv10by radiotv10
30/10/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Ibisaru biremereye byongeye kuraswa
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ihanganishije umutwe wa M23 n’igisirikare cya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yakomereje mu bice birimo Kibumba, aho uyu mutwe ushinja abo bahanganye gukomeza gusuka ibisasu biremereye muri aka gace, bakoresheje indege.

Nk’uko bitangazwa na Perezida wa M23, Betrand Bisimwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Ukwakira 2023, imirwano yasubukuwe mu gitondo cya none.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X muri iki gitondo, Bertrand Bisimwa, yagize ati “Aka kanya i Kibumba, abarwanyi b’ubutegetsi bwa Kinshasa bakomeje kurasa buhumyi mu bice bya Kibumba na Buhumba no mu bice bihakikije.”

Bertrand Bisimwa kandi akomeza avuga ko abarwanyi bo ku ruhande rwa FARDC, bakomeje kurasa bakoresheje indege muri ibi bice kandi bituyemo abaturage.

Uyu mukuru w’umutwe wa M23 akomeza avuga ko icyo bashyize imbere ari ukwirwanaho no kurinda abaturage bari muri ibi bice byibasiwe.

Bertrand Bisimwa kandi yavuze ko no kuri iki Cyumweru tariki 29 Ukwakira 2023, ahagana saa mbiri z’ijoro, n’ubundi abarwanira ku ruhande rwa FARDC bari bakomeje gukora ibikorwa byo guhohotera abaturage bo mu bwoko bw’Abatutsi, aho bari bakomeje gushumika inzu z’abatuye mu duce twa Burungu na Rujebeshi.

Yavuze kandi ko aba barwanyi mu masaha ashyira saa yine kuri iki Cyumweru, baraye banishe umuyobozi umwe wo muri aka gace witwa Semitsi Biraro w’imyaka 50, ubwo barasaga ku nzu ye iherereye ahitwa Kalengera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Madamu J.Kagame yavuze ko Abanyarwanda badakwiye gutsindwa n’ingeso mbi nk’ikimenyane na munyangire

Next Post

Inzego z’umutekano zaharukiye ikibazo cy’umukinnyi ukomeye i Burayi washimutiwe umubyeyi

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzego z’umutekano zaharukiye ikibazo cy’umukinnyi ukomeye i Burayi washimutiwe umubyeyi

Inzego z’umutekano zaharukiye ikibazo cy’umukinnyi ukomeye i Burayi washimutiwe umubyeyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.