Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Ibisaru biremereye byongeye kuraswa

radiotv10by radiotv10
30/10/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Ibisaru biremereye byongeye kuraswa
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ihanganishije umutwe wa M23 n’igisirikare cya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yakomereje mu bice birimo Kibumba, aho uyu mutwe ushinja abo bahanganye gukomeza gusuka ibisasu biremereye muri aka gace, bakoresheje indege.

Nk’uko bitangazwa na Perezida wa M23, Betrand Bisimwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Ukwakira 2023, imirwano yasubukuwe mu gitondo cya none.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X muri iki gitondo, Bertrand Bisimwa, yagize ati “Aka kanya i Kibumba, abarwanyi b’ubutegetsi bwa Kinshasa bakomeje kurasa buhumyi mu bice bya Kibumba na Buhumba no mu bice bihakikije.”

Bertrand Bisimwa kandi akomeza avuga ko abarwanyi bo ku ruhande rwa FARDC, bakomeje kurasa bakoresheje indege muri ibi bice kandi bituyemo abaturage.

Uyu mukuru w’umutwe wa M23 akomeza avuga ko icyo bashyize imbere ari ukwirwanaho no kurinda abaturage bari muri ibi bice byibasiwe.

Bertrand Bisimwa kandi yavuze ko no kuri iki Cyumweru tariki 29 Ukwakira 2023, ahagana saa mbiri z’ijoro, n’ubundi abarwanira ku ruhande rwa FARDC bari bakomeje gukora ibikorwa byo guhohotera abaturage bo mu bwoko bw’Abatutsi, aho bari bakomeje gushumika inzu z’abatuye mu duce twa Burungu na Rujebeshi.

Yavuze kandi ko aba barwanyi mu masaha ashyira saa yine kuri iki Cyumweru, baraye banishe umuyobozi umwe wo muri aka gace witwa Semitsi Biraro w’imyaka 50, ubwo barasaga ku nzu ye iherereye ahitwa Kalengera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 5 =

Previous Post

Madamu J.Kagame yavuze ko Abanyarwanda badakwiye gutsindwa n’ingeso mbi nk’ikimenyane na munyangire

Next Post

Inzego z’umutekano zaharukiye ikibazo cy’umukinnyi ukomeye i Burayi washimutiwe umubyeyi

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzego z’umutekano zaharukiye ikibazo cy’umukinnyi ukomeye i Burayi washimutiwe umubyeyi

Inzego z’umutekano zaharukiye ikibazo cy’umukinnyi ukomeye i Burayi washimutiwe umubyeyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.