Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

radiotv10by radiotv10
16/10/2025
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umukinnyi wa filimi, Alliah Cool agaragaje imodoka aherutse kugura, yabaye nk’uterana amagambo n’umunyamakuru umwe mu Rwanda wayitanzeho igitekerezo ntikimunyure kubera plaque yayo.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa Mercedes-Benz G-Class, yari yagaragajwe n’uyu mukinnyikazi wa filimi ufite izina rikomeye mu Rwanda no muri Afurika, ko ari yo aherutse kugura, ariko ikaba ifite plaque yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Gusa umunyamakuru DC Clement ukunze kugaragaza ibitekerezo bijora abandi ku mbuga nkoranyambaga, yahise agaya uyu mukinnyikazi kuba yagaragaje iyi modoka kandi ifite ibirango byo muri Congo.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, DC Clement yagize ati “Aho kurata imodoka y’Inkongoman nitwa umukire i Nyarugenge, nagumana ‘caterpillar’ yanjye yambaye inyarwanda. Ndakubwiza ukuri ko igitutu cyo kwemeza abantu kizahitana benshi.”

Ni igitekerezo kitanyuze Alliah Cool wagaragaje ko kuba imodoma ye ifite ibirango byo muri Congo, nta gitangaza kirimo, kuko n’ubundi asanzwe afite inkomoko muri kiriya Gihugu nubwo yari yaravukijwe uburenganzira bwo kukibamo, ariko ubu akaba asigaye akibamo.

Na we mu butumwa burebure yanyujije kuri Instagram, yavuze ko nubwo u Rwanda ari Igihugu cyamubereye umugisha kandi akaba agikunda, ariko ntakimubuza no kwibuka igihugu yavukiyemo cya Congo.

Yagize ati “Kuba bamwe muri twe uyu munsi turi mu Gihugu cyacu Congo byasabye imbaraga ubwitange n’amaraso y’abasore n’inkumi za M23 (forever grateful). Niyo mpamvu kuba twagira umutungo cyangwa tukabona uburenganzira ku Gihugu cyacu bitagateshejwe agaciro na gato.”

Mu butumwa bw’uyu mukinnyikazi wa filimi bwumvikamo kwihanangiriza uyu munyamakuru, ati “Buriya rero wa kina n’ibindi bintu byinshi ariko ntiwakina n’inkomoko y’umuntu. (Ikosa rikomeye). Ubutaha mujye mukina indi mikino apana iy’Ibihugu cyane ko inyota yo kuba aho turi uyu munsi ushobora no kuba udafite n’icyo wowe uyiziho.”

Yakomeje agira ati “Imodoka nubwo wayitungira mu Gihugu ikorerwamo ntibyayikuraho agaciro kayo. Uyu munsi sinibaza ko Congo ari yo igomba gutuma ikintu gita agaciro.”

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri ubu butumwa bwa Alliah Cool, bavuze ko yagiye kure, akazanamo iby’Ibihugu n’amateka bihabanye n’igitekerezo cy’uriya munyamakuru, mu gihe abandi na bo bamushimiye kuko ngo yamubwije ukuri.

Umukinnyikazi wa Filimi Alliah Cool

Umunyamakuru DC Clement

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Next Post

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Related Posts

Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

by radiotv10
15/10/2025
0

Umuririmbyi Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ uherutse kugaragaza agahinda ko kuremererwa n’uburwayi bw’umugore we urembye kandi ubushobozi bwaramushiranye, yatangaje...

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

by radiotv10
13/10/2025
0

Abahanzikazi Vestine na Dorcas basanzwe ari abavandimwe baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Nyagasani, buriye rutemikirere berecyeje muri Canada mu...

Abahanzikazi Vestine na Dorcas bwa mbere bavuze uko ubuzima bumeze nyuma yuko umwe arushinze

Abahanzikazi Vestine na Dorcas bwa mbere bavuze uko ubuzima bumeze nyuma yuko umwe arushinze

by radiotv10
13/10/2025
0

Abahanzi b’abavandimwe Dorcas na Vestine bazwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, bavuze ko nyuma yuko umwe muri bo...

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

by radiotv10
11/10/2025
0

Umunyamakuru Julius William Niyitegeka uzwi nka Julius Chita, usanzwe ari inshuti ya Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga, wafunguywe nyuma...

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?

by radiotv10
10/10/2025
0

In today’s social media age, Fridays have almost become a performance. As soon as the weekend hits, timelines fill with...

IZIHERUKA

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho
MU RWANDA

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

by radiotv10
16/10/2025
0

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

16/10/2025
Post-grad panic: What happens after university?

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

16/10/2025
Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

16/10/2025
Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

16/10/2025
Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

16/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.