Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukomeye muri M23 yageneye ubutumwa Congo nyuma y’uko we na bagenzi be bakatiwe urwo gupfa

radiotv10by radiotv10
09/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya icyo America yashingiye ifatira ibihano abarimo abayobozo bo hejuru ba M23
Share on FacebookShare on Twitter

Corneille Nangaa ukuriye ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC) ririmo n’umutwe wa M23, yahaye urw’amenyo ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko we n’abandi 25 barimo abakomeye muri M23 bakatiwe urwo gupfa, avuga ko ari ikimenyetso cy’ubutegetsi bwa Congo bubona ko buri mu marembera.

Iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa, rwahamije abantu 26 ibyaha birimo ubugambanyi no kurema umutwe urwanya ubutegetsi.

Batanu muri aba 26 baburanishijwe bafunze, ari bo Eric Nkuba Malembe, Nangaa Baseyane, Safari Bishori Luc, Nkangya Nyamacho na Nicaise Samafu Makinu, bakaba baraburanye bahakana ibyaha baregwaga.

Abandi ni Corneille Nangaa ukuriye AFC, Bertrand Bisimwa wungirije Nangaa, Gen Sultani Makenga ukuriye abarwanyi ba M23, Col Willy Ngoma, umuvugizi wa gisirikare wa M23, Lawrence Kanyuka, umuvugizi wa AFC, Bernard Maheshe Byamungu wungirije Gen Makenga, Jean Marie Vianney Kazarama wigeze kuba umuvugizi wa M23, Yvette Nazinda Lubanda umugore wa Corneille Nangaa, Henri Maggie wahoze mu ishyaka PPRD akajya muri AFC, Jean-Jacques Mamba wahoze ari umudepite wagiye muri AFC muri uyu mwaka n’abandi, baburanishijwe badahari ndetse urukiko rubakatira igihano cy’urupfu.

Urukiko rwa Gisirikare kandi rwatangaje ko umutungo wose wa Corneille Nangaa n’umugore we Yvette Lubanda ufatiriwe.

Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Corneille Nangaa yavuze ko uYU mwanzuro w’urukiko ugaragaza ikimenyetso cy’ubwoba bw’ubutegetsi bwa Kinshasa bubona ko buri ku iherezo ryabwo.

Corneille Nangaa wavuze ko ahubwo ibi bihano by’urupfu bireba ababitanze bitareba ababikatiwe, yashimangiye ko nyuma yo kwibohora, abaciye uru rubanza ngo bazisanga bagomba gusaba imbabazi.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 9 =

Previous Post

Umuhanzi uri mu bakunzwe mu Rwanda yagaragaje urukundo akunda imbwa (AMAFOTO)

Next Post

Imyigaragambyo yo mu Bwongereza ikwiye gusiga somo ki?-Umusesenguzi

Related Posts

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyigaragambyo yo mu Bwongereza ikwiye gusiga somo ki?-Umusesenguzi

Imyigaragambyo yo mu Bwongereza ikwiye gusiga somo ki?-Umusesenguzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.