Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukomeye muri M23 yageneye ubutumwa Congo nyuma y’uko we na bagenzi be bakatiwe urwo gupfa

radiotv10by radiotv10
09/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya icyo America yashingiye ifatira ibihano abarimo abayobozo bo hejuru ba M23
Share on FacebookShare on Twitter

Corneille Nangaa ukuriye ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC) ririmo n’umutwe wa M23, yahaye urw’amenyo ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko we n’abandi 25 barimo abakomeye muri M23 bakatiwe urwo gupfa, avuga ko ari ikimenyetso cy’ubutegetsi bwa Congo bubona ko buri mu marembera.

Iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa, rwahamije abantu 26 ibyaha birimo ubugambanyi no kurema umutwe urwanya ubutegetsi.

Batanu muri aba 26 baburanishijwe bafunze, ari bo Eric Nkuba Malembe, Nangaa Baseyane, Safari Bishori Luc, Nkangya Nyamacho na Nicaise Samafu Makinu, bakaba baraburanye bahakana ibyaha baregwaga.

Abandi ni Corneille Nangaa ukuriye AFC, Bertrand Bisimwa wungirije Nangaa, Gen Sultani Makenga ukuriye abarwanyi ba M23, Col Willy Ngoma, umuvugizi wa gisirikare wa M23, Lawrence Kanyuka, umuvugizi wa AFC, Bernard Maheshe Byamungu wungirije Gen Makenga, Jean Marie Vianney Kazarama wigeze kuba umuvugizi wa M23, Yvette Nazinda Lubanda umugore wa Corneille Nangaa, Henri Maggie wahoze mu ishyaka PPRD akajya muri AFC, Jean-Jacques Mamba wahoze ari umudepite wagiye muri AFC muri uyu mwaka n’abandi, baburanishijwe badahari ndetse urukiko rubakatira igihano cy’urupfu.

Urukiko rwa Gisirikare kandi rwatangaje ko umutungo wose wa Corneille Nangaa n’umugore we Yvette Lubanda ufatiriwe.

Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Corneille Nangaa yavuze ko uYU mwanzuro w’urukiko ugaragaza ikimenyetso cy’ubwoba bw’ubutegetsi bwa Kinshasa bubona ko buri ku iherezo ryabwo.

Corneille Nangaa wavuze ko ahubwo ibi bihano by’urupfu bireba ababitanze bitareba ababikatiwe, yashimangiye ko nyuma yo kwibohora, abaciye uru rubanza ngo bazisanga bagomba gusaba imbabazi.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + fourteen =

Previous Post

Umuhanzi uri mu bakunzwe mu Rwanda yagaragaje urukundo akunda imbwa (AMAFOTO)

Next Post

Imyigaragambyo yo mu Bwongereza ikwiye gusiga somo ki?-Umusesenguzi

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyigaragambyo yo mu Bwongereza ikwiye gusiga somo ki?-Umusesenguzi

Imyigaragambyo yo mu Bwongereza ikwiye gusiga somo ki?-Umusesenguzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.