Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuriye Gatulika mu Rwanda hamenyekanye umuhango yarimo ku munsi ukomeye muri Kiliziya

radiotv10by radiotv10
16/08/2023
in MU RWANDA
0
Ukuriye Gatulika mu Rwanda hamenyekanye umuhango yarimo ku munsi ukomeye muri Kiliziya
Share on FacebookShare on Twitter

Arikiyepisikopi wa Kigali, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda yari i Burundi ku munsi w’ijyanwa mu Ijuru rya Bikilamariya, aho muri iki Gihugu hizihizwaga na ho umunsi ukomeye w’iyogezabutumwa ry’Ivanjiri.

Byatangajwe na Musenyeri Antoni Karidinali mu butumwa yanyujije kuri Twitter, ko yari yagiye kwifatanya na Kiliziya Gatulika y’i Burundi mu kwizihiza yubile.

Yagize ati “Twifatanyije mu byinshimo byinshi mu muryango wa Kiliziya y’Umuryango w’Imana i Mugera mu Burundi mu kwizihiza yubile y’imyaka 125 y’iyogezabutumwa ry’ivanjiri.”

Antoni Karidinali Kambanda, yasoje ubutumwa bwe avuga ko kwizihiza iyi Yubile, byagaragaje ukwemera n’icyizere bya Kiliziya Gatulika.

Iyi Yubile yizihirijwe rimwe no kwizihiza Umunsi ukomeye muri Kiliziya Gatulika w’Ijyanwa mu Ijuru rya Bikilamariya, usanzwe unafite igisobanuro gikomeye muri Kiliziya Gatulika mu Rwanda, dore ko ari ho hari ahabonekewe na Nyina wa Jambo, i Kibeho, mu Karere ka Nyaruguru.

Aha habereye amabonekerwa ya Bikilamariya i Kibeho, hasanzwe hanahurira imbaga y’abantu baturutse mu bice byose by’Isi biganjemo Abakirisiti Gatulika, bari banakubise buzuye kuri uyu wa Kabiri.

Ubwo hizihizwaga uyu munsi i Kibeho kuri uyu wa 15 Kanama 2023, ahari hateraniye abantu bagera mu bihumbi 70, Musenyeri wa Diyoseze ya Gikongoro, Celestin Hakizimana watuye Igitambo cy’Ukarisitiya, yibukije abakristu ba Kiliziya Gatulika guhora biragiza Umubyeyi Bikilamariya.

Yagize ati “Tuzabana na we tumwiyambaza kenshi gashoboka muri rozari ntagatifu, tuzabana na we tumwiyambaza mu ishapule y’ububabare, tuzabana na we tumuhoza kandi dusenga twisubiraho.”

Abitabiriye uyu munsi aha ku butaka Butagatifu, bagaragaje ko batashye bafashijwe kandi bizeye ibitangaza bakorewe n’umubyeyi Bikilamariya.

Naho hari hateraniye imbaga y’Abakirisitu benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Icyemezo gitunguranye cy’Umuvugizi w’Ikipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda

Next Post

Shampiyona ikomeje gutungura ruhago y’Isi igiye kumanukamo myugariro wihagazeho i Burayi

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Shampiyona ikomeje gutungura ruhago y’Isi igiye kumanukamo myugariro wihagazeho i Burayi

Shampiyona ikomeje gutungura ruhago y’Isi igiye kumanukamo myugariro wihagazeho i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.