• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Sunday, July 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuriye Gatulika mu Rwanda hamenyekanye umuhango yarimo ku munsi ukomeye muri Kiliziya

radiotv10by radiotv10
16/08/2023
in MU RWANDA
0
Ukuriye Gatulika mu Rwanda hamenyekanye umuhango yarimo ku munsi ukomeye muri Kiliziya
Share on FacebookShare on Twitter

Arikiyepisikopi wa Kigali, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda yari i Burundi ku munsi w’ijyanwa mu Ijuru rya Bikilamariya, aho muri iki Gihugu hizihizwaga na ho umunsi ukomeye w’iyogezabutumwa ry’Ivanjiri.

Byatangajwe na Musenyeri Antoni Karidinali mu butumwa yanyujije kuri Twitter, ko yari yagiye kwifatanya na Kiliziya Gatulika y’i Burundi mu kwizihiza yubile.

Yagize ati “Twifatanyije mu byinshimo byinshi mu muryango wa Kiliziya y’Umuryango w’Imana i Mugera mu Burundi mu kwizihiza yubile y’imyaka 125 y’iyogezabutumwa ry’ivanjiri.”

Antoni Karidinali Kambanda, yasoje ubutumwa bwe avuga ko kwizihiza iyi Yubile, byagaragaje ukwemera n’icyizere bya Kiliziya Gatulika.

Iyi Yubile yizihirijwe rimwe no kwizihiza Umunsi ukomeye muri Kiliziya Gatulika w’Ijyanwa mu Ijuru rya Bikilamariya, usanzwe unafite igisobanuro gikomeye muri Kiliziya Gatulika mu Rwanda, dore ko ari ho hari ahabonekewe na Nyina wa Jambo, i Kibeho, mu Karere ka Nyaruguru.

Aha habereye amabonekerwa ya Bikilamariya i Kibeho, hasanzwe hanahurira imbaga y’abantu baturutse mu bice byose by’Isi biganjemo Abakirisiti Gatulika, bari banakubise buzuye kuri uyu wa Kabiri.

Ubwo hizihizwaga uyu munsi i Kibeho kuri uyu wa 15 Kanama 2023, ahari hateraniye abantu bagera mu bihumbi 70, Musenyeri wa Diyoseze ya Gikongoro, Celestin Hakizimana watuye Igitambo cy’Ukarisitiya, yibukije abakristu ba Kiliziya Gatulika guhora biragiza Umubyeyi Bikilamariya.

Yagize ati “Tuzabana na we tumwiyambaza kenshi gashoboka muri rozari ntagatifu, tuzabana na we tumwiyambaza mu ishapule y’ububabare, tuzabana na we tumuhoza kandi dusenga twisubiraho.”

Abitabiriye uyu munsi aha ku butaka Butagatifu, bagaragaje ko batashye bafashijwe kandi bizeye ibitangaza bakorewe n’umubyeyi Bikilamariya.

Naho hari hateraniye imbaga y’Abakirisitu benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − fourteen =

Previous Post

Icyemezo gitunguranye cy’Umuvugizi w’Ikipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda

Next Post

Shampiyona ikomeje gutungura ruhago y’Isi igiye kumanukamo myugariro wihagazeho i Burayi

Related Posts

U Rwanda mu yandi masezerano azarufasha kwihaza ku bikomoka kuri Peteroli

U Rwanda mu yandi masezerano azarufasha kwihaza ku bikomoka kuri Peteroli

by radiotv10
04/07/2026
0

U Rwanda rwasinyanye amasezerano na Tanzania yo gutumiza ibikomoka kuri peteroli binyuze ku cyambu cya Tanga, aje akurikira andi rwasinyanye...

Ingabo z’u Rwanda zahinduye ibirango n’ibimenyetso byambarwa ku maboko y’impuzankano

Ingabo z’u Rwanda zahinduye ibirango n’ibimenyetso byambarwa ku maboko y’impuzankano

by radiotv10
04/07/2026
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bwashyize hanze ibirango n’amabendera bishya by’inzego zigize RDF, butangaza ko mu byahindutse harimo ibimenyetso byambarwa...

Eng.-Rwanda Defence Force reveals new badges and symbols

Eng.-Rwanda Defence Force reveals new badges and symbols

by radiotv10
04/07/2026
0

The Rwanda Defence Force has released new badges and flags for its respective services, announcing changes that include new sleeve...

Min.Nduhungirehe yagaragaje ingingo ikomeye ikibura mu gukemura ibibazo by’u Rwanda na Congo

Min.Nduhungirehe yagaragaje ingingo ikomeye ikibura mu gukemura ibibazo by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
04/07/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko ikibazo gikomeye kikibangamira iyubahirizwa ry'amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y'u Rwanda na...

Eng.-Min.Nduhungirehe Identifies the Key Missing Element in Resolving the Rwanda-Congo Crisis

Eng.-Min.Nduhungirehe Identifies the Key Missing Element in Resolving the Rwanda-Congo Crisis

by radiotv10
04/07/2026
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said that the main obstacle to the implementation...

Next Post
Shampiyona ikomeje gutungura ruhago y’Isi igiye kumanukamo myugariro wihagazeho i Burayi

Shampiyona ikomeje gutungura ruhago y’Isi igiye kumanukamo myugariro wihagazeho i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

U Rwanda mu yandi masezerano azarufasha kwihaza ku bikomoka kuri Peteroli

Ingabo z’u Rwanda zahinduye ibirango n’ibimenyetso byambarwa ku maboko y’impuzankano

Eng.-Rwanda Defence Force reveals new badges and symbols

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.