Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

‘Umugabo si Umuntu’: Igisigo gihishura ibitangaje byirengagizwa ku bagabo

radiotv10by radiotv10
03/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
‘Umugabo si Umuntu’: Igisigo gihishura ibitangaje byirengagizwa ku bagabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umusizi w’Umunyarwandazi ukiri muto, yashyize hanze igisigo yise ‘Umugabo si Umuntu’ kigaruka kuri byinshi byirengagizwa ku bagabo birimo na we ashobora kuganzwa n’amarangamutima kandi akabigaragaza nk’abandi.

Uyu musizi witwa Dinah Elizabeth Kampire ukoresha amazina y’ubuhanzi ya Dinah Poetess asanzwe azwiho ubuhanga budasanzwe mu kwandika ibisigo no gusiga.

Muri iki gisigo yise ‘Umugabo si Umuntu’ cyanasohokanye n’amashusho yacyo, uyu mukobwa atangira avuga ko yakunze kwibanda ku bagore akabavuga imyato, ariko abagabo agasa nk’ubirengagiza ndetse rimwe yanabagarukaho akabavuga ibibi.

Muri iki gisigo akomeza agira ati “… ba nyiramwiza mbita intwaro naho mwebwe mbashinja ibyaha, imiruho yabo nyibashinja yose nsa nk’utabakunda uko mwakabaye, mbigiza hirya mu byo mpimba, mpimbarirwa no kubamwaza atari uko mbanze.”

Akomeza arata abagabo ibigwi ati “Mbanzamihigo menabitero nteruro dutera duteruye ibibondo bakotana batumara ubwoba no mu bwire mukaba intwari kurenza imbunda.”

Dinah Poetess uvuga ko atagize amahirwe yo gukurira hafi y’umubyeyi we w’umugabo (Papa), avuga ko hari uburyo bagabo bafatwa kutari ko, bakikorezwa imitwaro yose.

Ati “Abagabo tubafata nk’aho atari abantu, uzi uburyo twumva ko bagomba kuba bashoboye ibintu byose, rero nabivuze mu buryo bw’ikinegu. Nshatse kumvikanisha ahubwo ko na we ari umuntu.”

Ikindi kandi hari imyifatire n’amarangamutima bakunze kuvuga ko bidakwiye kugaragazwa n’umugabo kandi na we ari umuntu nk’abandi ushobora kuganzwa n’amarangamutima.

Avuga ko umugabo ugaragaye arira cyangwa yatsinzwe mu kintu runaka yewe ngo n’ukennye, bamufata nk’igigwari, ariko ko bidakwiye kuko na bo ari abantu nk’abandi.

Avuga kandi ko abantu benshi bakunze guhagarara ku ruhande rwo gushyigikira igitsinagore, ariko igitsinagabo ntibakiteho cyane ku buryo nk’iyo hari ikibazo hagati y’ibi bitsina byombi, abantu benshi bakunze gushyigikira igitsinagore kandi wenda ari na cyo kiba kiri mu makosa.

Ati “Yego hariho aba Papa babi, ariko nanone umwiza aba ari mwiza cyane Pe.”

Uyu mukobwa usanzwe afite ibindi bisigo yashyize hanze bikunze kugaruka ku mibereho isanzwe, avuga ko afite imishinga inyuranye irimo album y’ibisigo azashyira hanze umwaka utaha.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nsengiyumva Thomas says:
    2 years ago

    Yego mukobwa wacu komerezaho turakwemera

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Amavugurura mu buhinzi bwavuzwemo ibisa n’urusimbi yasimbuje Minisitiri wari umazeho imyaka ikabakaba 10

Next Post

Ni ba ‘Ntamunoza’: Abanyekongo noneho baramagana Macron bavuga impamvu isekeje

Related Posts

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

by radiotv10
06/05/2025
0

Umuhanzikazi w’ikirangirire, Robyn Rihanna Fenty wamamaye nka Rihanna, we n’umugabo we A$AP Rocky baritegura kwibaruka umwana wa gatatu, uje agwa...

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

by radiotv10
06/05/2025
0

Turahirwa Moses uzwi mu ruganda rwo guhanga imideri wanashinze inzu ya Moshions, akaba aherutse kongera gutabwa muri yombi ku nshuro...

Seven tips for a happy marriage

Seven tips for a happy marriage

by radiotv10
05/05/2025
0

There are so many ways one could sustain a relationship with their partner to build a happy marriage and a...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

by radiotv10
05/05/2025
0

Umuhanzikazi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine, yashyize hanze itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we w'Umunya-Burkina Faso Ouedraogo, yongera...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

by radiotv10
02/05/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine uhuriye mu itsinda rimwe n’umuvandimwe Dorcas, yamaze kongera izina ry’umugabo we...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni ba ‘Ntamunoza’: Abanyekongo noneho baramagana Macron bavuga impamvu isekeje

Ni ba ‘Ntamunoza’: Abanyekongo noneho baramagana Macron bavuga impamvu isekeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.