• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

‘Umugabo si Umuntu’: Igisigo gihishura ibitangaje byirengagizwa ku bagabo

radiotv10by radiotv10
03/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
‘Umugabo si Umuntu’: Igisigo gihishura ibitangaje byirengagizwa ku bagabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umusizi w’Umunyarwandazi ukiri muto, yashyize hanze igisigo yise ‘Umugabo si Umuntu’ kigaruka kuri byinshi byirengagizwa ku bagabo birimo na we ashobora kuganzwa n’amarangamutima kandi akabigaragaza nk’abandi.

Uyu musizi witwa Dinah Elizabeth Kampire ukoresha amazina y’ubuhanzi ya Dinah Poetess asanzwe azwiho ubuhanga budasanzwe mu kwandika ibisigo no gusiga.

Muri iki gisigo yise ‘Umugabo si Umuntu’ cyanasohokanye n’amashusho yacyo, uyu mukobwa atangira avuga ko yakunze kwibanda ku bagore akabavuga imyato, ariko abagabo agasa nk’ubirengagiza ndetse rimwe yanabagarukaho akabavuga ibibi.

Muri iki gisigo akomeza agira ati “… ba nyiramwiza mbita intwaro naho mwebwe mbashinja ibyaha, imiruho yabo nyibashinja yose nsa nk’utabakunda uko mwakabaye, mbigiza hirya mu byo mpimba, mpimbarirwa no kubamwaza atari uko mbanze.”

Akomeza arata abagabo ibigwi ati “Mbanzamihigo menabitero nteruro dutera duteruye ibibondo bakotana batumara ubwoba no mu bwire mukaba intwari kurenza imbunda.”

Dinah Poetess uvuga ko atagize amahirwe yo gukurira hafi y’umubyeyi we w’umugabo (Papa), avuga ko hari uburyo bagabo bafatwa kutari ko, bakikorezwa imitwaro yose.

Ati “Abagabo tubafata nk’aho atari abantu, uzi uburyo twumva ko bagomba kuba bashoboye ibintu byose, rero nabivuze mu buryo bw’ikinegu. Nshatse kumvikanisha ahubwo ko na we ari umuntu.”

Ikindi kandi hari imyifatire n’amarangamutima bakunze kuvuga ko bidakwiye kugaragazwa n’umugabo kandi na we ari umuntu nk’abandi ushobora kuganzwa n’amarangamutima.

Avuga ko umugabo ugaragaye arira cyangwa yatsinzwe mu kintu runaka yewe ngo n’ukennye, bamufata nk’igigwari, ariko ko bidakwiye kuko na bo ari abantu nk’abandi.

Avuga kandi ko abantu benshi bakunze guhagarara ku ruhande rwo gushyigikira igitsinagore, ariko igitsinagabo ntibakiteho cyane ku buryo nk’iyo hari ikibazo hagati y’ibi bitsina byombi, abantu benshi bakunze gushyigikira igitsinagore kandi wenda ari na cyo kiba kiri mu makosa.

Ati “Yego hariho aba Papa babi, ariko nanone umwiza aba ari mwiza cyane Pe.”

Uyu mukobwa usanzwe afite ibindi bisigo yashyize hanze bikunze kugaruka ku mibereho isanzwe, avuga ko afite imishinga inyuranye irimo album y’ibisigo azashyira hanze umwaka utaha.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nsengiyumva Thomas says:
    3 years ago

    Yego mukobwa wacu komerezaho turakwemera

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − nine =

Previous Post

Amavugurura mu buhinzi bwavuzwemo ibisa n’urusimbi yasimbuje Minisitiri wari umazeho imyaka ikabakaba 10

Next Post

Ni ba ‘Ntamunoza’: Abanyekongo noneho baramagana Macron bavuga impamvu isekeje

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Ni ba ‘Ntamunoza’: Abanyekongo noneho baramagana Macron bavuga impamvu isekeje

Ni ba ‘Ntamunoza’: Abanyekongo noneho baramagana Macron bavuga impamvu isekeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.