Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

‘Umugabo si Umuntu’: Igisigo gihishura ibitangaje byirengagizwa ku bagabo

radiotv10by radiotv10
03/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
‘Umugabo si Umuntu’: Igisigo gihishura ibitangaje byirengagizwa ku bagabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umusizi w’Umunyarwandazi ukiri muto, yashyize hanze igisigo yise ‘Umugabo si Umuntu’ kigaruka kuri byinshi byirengagizwa ku bagabo birimo na we ashobora kuganzwa n’amarangamutima kandi akabigaragaza nk’abandi.

Uyu musizi witwa Dinah Elizabeth Kampire ukoresha amazina y’ubuhanzi ya Dinah Poetess asanzwe azwiho ubuhanga budasanzwe mu kwandika ibisigo no gusiga.

Muri iki gisigo yise ‘Umugabo si Umuntu’ cyanasohokanye n’amashusho yacyo, uyu mukobwa atangira avuga ko yakunze kwibanda ku bagore akabavuga imyato, ariko abagabo agasa nk’ubirengagiza ndetse rimwe yanabagarukaho akabavuga ibibi.

Muri iki gisigo akomeza agira ati “… ba nyiramwiza mbita intwaro naho mwebwe mbashinja ibyaha, imiruho yabo nyibashinja yose nsa nk’utabakunda uko mwakabaye, mbigiza hirya mu byo mpimba, mpimbarirwa no kubamwaza atari uko mbanze.”

Akomeza arata abagabo ibigwi ati “Mbanzamihigo menabitero nteruro dutera duteruye ibibondo bakotana batumara ubwoba no mu bwire mukaba intwari kurenza imbunda.”

Dinah Poetess uvuga ko atagize amahirwe yo gukurira hafi y’umubyeyi we w’umugabo (Papa), avuga ko hari uburyo bagabo bafatwa kutari ko, bakikorezwa imitwaro yose.

Ati “Abagabo tubafata nk’aho atari abantu, uzi uburyo twumva ko bagomba kuba bashoboye ibintu byose, rero nabivuze mu buryo bw’ikinegu. Nshatse kumvikanisha ahubwo ko na we ari umuntu.”

Ikindi kandi hari imyifatire n’amarangamutima bakunze kuvuga ko bidakwiye kugaragazwa n’umugabo kandi na we ari umuntu nk’abandi ushobora kuganzwa n’amarangamutima.

Avuga ko umugabo ugaragaye arira cyangwa yatsinzwe mu kintu runaka yewe ngo n’ukennye, bamufata nk’igigwari, ariko ko bidakwiye kuko na bo ari abantu nk’abandi.

Avuga kandi ko abantu benshi bakunze guhagarara ku ruhande rwo gushyigikira igitsinagore, ariko igitsinagabo ntibakiteho cyane ku buryo nk’iyo hari ikibazo hagati y’ibi bitsina byombi, abantu benshi bakunze gushyigikira igitsinagore kandi wenda ari na cyo kiba kiri mu makosa.

Ati “Yego hariho aba Papa babi, ariko nanone umwiza aba ari mwiza cyane Pe.”

Uyu mukobwa usanzwe afite ibindi bisigo yashyize hanze bikunze kugaruka ku mibereho isanzwe, avuga ko afite imishinga inyuranye irimo album y’ibisigo azashyira hanze umwaka utaha.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nsengiyumva Thomas says:
    3 years ago

    Yego mukobwa wacu komerezaho turakwemera

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + eleven =

Previous Post

Amavugurura mu buhinzi bwavuzwemo ibisa n’urusimbi yasimbuje Minisitiri wari umazeho imyaka ikabakaba 10

Next Post

Ni ba ‘Ntamunoza’: Abanyekongo noneho baramagana Macron bavuga impamvu isekeje

Related Posts

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yambitse impeta umukunzi we Nkurunziza Retina, amusaba kuzamubera umugore, na we...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni ba ‘Ntamunoza’: Abanyekongo noneho baramagana Macron bavuga impamvu isekeje

Ni ba ‘Ntamunoza’: Abanyekongo noneho baramagana Macron bavuga impamvu isekeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.