Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuganga ukekwaho ‘gukorakora’ igitsina cy’umukobwa ubwo yamusuzumaga hamenyekanye icyakurikiyeho

radiotv10by radiotv10
21/12/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umuganga ukekwaho ‘gukorakora’ igitsina cy’umukobwa ubwo yamusuzumaga hamenyekanye icyakurikiyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuganga wo mu Bitaro bya Murunda biherereye mu Karere ka Rutsiro, ari mu maboko y’inzego z’ubutabera akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, nyuma yuko aketsweho gukorakora igitsina cy’umukobwa wari waje kwivuza ubwo yari ari kumukorera ibizamini.

Uyu muganga w’imyaka 27 y’amavuko, akurikiranyweho gukorera iki cyaha umukobwa w’imyaka 20 wari waje kwivuriza mu Bitaro bya Murunda bihereye mu Mudugudu wa Kamuhoza, Mu Kagari ka Mburamazi mu Murenge wa Murunda.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko uyu muganga yatawe muri yombi mu ntangiro z’uku kwezi, tariki 01 Ukuboza 2022, akorerwa dosiye ikubiyemo ikirego yaje no gushyikirizwa Ubushinjacyaha tariki 06 Ukuboza 2022 ndetse na bwo bukaba bwaramaze kuregera Urukiko.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko uyu muganga akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Yagize ati “Yagikoreye umuntu w’igitsinagore ufite imyaka 20 ubwo yari agiye kwivuriza ku bitaro bya Murunda.”

Dr Nkurunziza Jean Pierre, Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Murunda, yavuze ko uyu muganga yatangiye gukurikiranwa nyuma yuko ukekwaho gukorerwa iki cyaha yashyiraga hanze ko yakozwe ku gitsina.

Yagize ati “Ni we waje arekalama, avuga uburyo bamusuzumyemo, abona bisa nk’aho hari ikindi byari bigamije.”

Uyu muyobozi w’ibitaro avuga ko uyu muganga asanzwe akora ibizamini cyo gucisha abantu mu cyuma, akaba yarakoze iki cyaha akekwaho ubwo yari agiye gucisha mu cyuma uwo mukobwa.

Muri Mutarama umwaka ushize wa 2021, Niringiyimana Eugene, wari Umuyobozi w’ibitaro bya Murunda, na we yari yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cy’ubwinjiracyaha mu gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato no gukubita no gukomeretsa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Impamvu itangaje yatumye Padiri w’i Ruhengeri ava mu gipadiri yari amazemo imyaka 15

Next Post

Kwirinda ubusambanyi n’ubusinzi mu minsi mikuru byikijweho mu butumwa RIB yageneye urubyiruko

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwirinda ubusambanyi n’ubusinzi mu minsi mikuru byikijweho mu butumwa RIB yageneye urubyiruko

Kwirinda ubusambanyi n’ubusinzi mu minsi mikuru byikijweho mu butumwa RIB yageneye urubyiruko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.