Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda Niyo Bosco ari mu kababaro k’ibyago yagize

radiotv10by radiotv10
24/04/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Nyarwanda Niyo Bosco ari mu kababaro k’ibyago yagize
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Niyokwizerwa Boso wamamaye nka Niyo Bosco, ari mu gahinda ko kubura umubyeyi we (Se) witabye Imana, aho yavuze ko umunsi yagiriyeho ibi byago, ari muremure kurusha umwaka wose w’ibyishimo.

Uyu muhanzi yagaragaje agahinda k’ibi byago byamubayeho, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga, aho yifurije umubyeyi we watabarutse kuruhukira mu mahoro.

Yifashishije ifoto ari kumwe n’umubyeyi we ubwo yari yamuherekeje mu birori by’itangwa ry’ibihembo bizwi nka The Choice Awards, uyu muhanzi yanegukanyemo icyo mu cyiciro cy’umuhanzi mwiza w’igitsinagabo, yagize ati “Ruhukira mu mahoro data.”

Yakomeje agaragaza ko inkuru y’urupfu rw’uyu mubyeyi we yamushenguye cyane. Ati “Umunsi umwe w’akababaro, ni muremure kurusha umwaka w’ibyishimo.”

Bamwe mu bafite amazina azwi mu myidagaduro bihanganishije uyu muhanzi, bamusaba gukomeza kugira umutima ukomeye, banifuriza umubyeyi we kuruhukira mu mahoro.

Mu bafashe mu mugongo uyu muhanzi bafite amazina azwi mu myidagaduro yo mu Rwanda, barimo umunyamakuru akaba n’Umu-Dj Phil Peter, wagize ati “Ihangane muvandimwe.”

Umunyamakuru akaba asanzwe anakora inshingano zo kureberera inyungu z’abahanzi, Murindahabi Irene uzwi nka M. Irene wanigeze gukorana n’uyu muhanzi Niyo Bosco, na we yamwihanganishije. M. Irene yagize ati “Yari umugabo mwiza [avuga umubyeyi wa Niyo Bosco] Komera Niyo Bosco.”

Niyo Bosco wagize ibyago, ni umwe mu bahanzi bakunzwe n’abatari bacye kubera umwihariko w’uyu muhanzi mu kuririmba, ndetse n’indirimbo ze ziba zandikanye ubuhanga zirimo nk’iyo yise ‘Ubigenza ute’ iri mu za mbere yashyize hanze zigakundwa cyane.

Umuhanzi Niyo Bosco
Yapfushije umubyeyi we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

BREAKING: Bwa mbere hagiye hanze ibyemezo by’ibiganiro bya AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Next Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku bya mbere byemeranyijweho hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo

Related Posts

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Icyo u Rwanda ruvuga ku bya mbere byemeranyijweho hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.