• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda Niyo Bosco ari mu kababaro k’ibyago yagize

radiotv10by radiotv10
24/04/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Nyarwanda Niyo Bosco ari mu kababaro k’ibyago yagize
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Niyokwizerwa Boso wamamaye nka Niyo Bosco, ari mu gahinda ko kubura umubyeyi we (Se) witabye Imana, aho yavuze ko umunsi yagiriyeho ibi byago, ari muremure kurusha umwaka wose w’ibyishimo.

Uyu muhanzi yagaragaje agahinda k’ibi byago byamubayeho, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga, aho yifurije umubyeyi we watabarutse kuruhukira mu mahoro.

Yifashishije ifoto ari kumwe n’umubyeyi we ubwo yari yamuherekeje mu birori by’itangwa ry’ibihembo bizwi nka The Choice Awards, uyu muhanzi yanegukanyemo icyo mu cyiciro cy’umuhanzi mwiza w’igitsinagabo, yagize ati “Ruhukira mu mahoro data.”

Yakomeje agaragaza ko inkuru y’urupfu rw’uyu mubyeyi we yamushenguye cyane. Ati “Umunsi umwe w’akababaro, ni muremure kurusha umwaka w’ibyishimo.”

Bamwe mu bafite amazina azwi mu myidagaduro bihanganishije uyu muhanzi, bamusaba gukomeza kugira umutima ukomeye, banifuriza umubyeyi we kuruhukira mu mahoro.

Mu bafashe mu mugongo uyu muhanzi bafite amazina azwi mu myidagaduro yo mu Rwanda, barimo umunyamakuru akaba n’Umu-Dj Phil Peter, wagize ati “Ihangane muvandimwe.”

Umunyamakuru akaba asanzwe anakora inshingano zo kureberera inyungu z’abahanzi, Murindahabi Irene uzwi nka M. Irene wanigeze gukorana n’uyu muhanzi Niyo Bosco, na we yamwihanganishije. M. Irene yagize ati “Yari umugabo mwiza [avuga umubyeyi wa Niyo Bosco] Komera Niyo Bosco.”

Niyo Bosco wagize ibyago, ni umwe mu bahanzi bakunzwe n’abatari bacye kubera umwihariko w’uyu muhanzi mu kuririmba, ndetse n’indirimbo ze ziba zandikanye ubuhanga zirimo nk’iyo yise ‘Ubigenza ute’ iri mu za mbere yashyize hanze zigakundwa cyane.

Umuhanzi Niyo Bosco
Yapfushije umubyeyi we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

BREAKING: Bwa mbere hagiye hanze ibyemezo by’ibiganiro bya AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Next Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku bya mbere byemeranyijweho hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Icyo u Rwanda ruvuga ku bya mbere byemeranyijweho hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.