Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Safi bwa mbere yavuze birambuye ku cyatumye we na Judith biyemeza gutandukana

radiotv10by radiotv10
20/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Safi bwa mbere yavuze birambuye ku cyatumye we na Judith biyemeza gutandukana
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Safi Madiba umaze iminsi agarutse mu Rwanda, yavuze ko icyemezo cyo gutandukana na Judith Niyonizera wahoze ari umugore we, cyabayeho cyaratekerejweho, kuko cyabanjirijwe no kugerageza icyatuma badatana ariko bikananirana.

Niyibikora Safi umaze igihe aba muri Canada, yanamaze kubonera ubwenegihugu, amaze iminsi ari mu Rwanda, aho yagarutse nyuma y’imyaka ine aba muri iki Gihugu.

Uyu muhanzi wahoze mu itsinda rya Urban Boyz yagiye muri Canada muri Gashyantare (02) 2020 nyuma y’imyaka itatu asezeranye na Niyonizera Judith wari usanzwe atuye muri iki Gihugu, aho bari bajyanye nk’umugore n’umugabo bagiye kubana, gusa nyuma y’amezi atandatu bagezeyo, havuzwe amakuru ko batandukanye.

Mu kwezi kwa Mata (04) 2023, gatanya ya Safi Madiba na Niyonizera Judith, yemejwe n’Urukiko rwo mu Rwanda, aho uyu wahoze ari umugore w’uyu muhanzi, we n’umukunzi we mushya bari no mu Rwanda, bakagaragaza ibyishimo bari batewe n’iki cyemezo.

Mu kiganiro Safi yagiranye n’ikinyamakuru cyitwa Inyarwanda, yavuze kugana inkiko basaba gatanya, ari icyemezo cyaje babonaga nk’icya nyuma mu mubano wabo, kuko bari bagerageje ibindi bikanga.

Ati “Abantu babona icyemezo cya nyuma ariko ntabwo baba bazi uko byatangiye. Abantu babona abantu bari muri gatanya ariko ntabwo baba bazi…akenshi uzabona abantu bavuga ngo ‘eh batandukanye…’ ariko ntabwo baba bazi igihe baba bari mu nzu bari kunigana.”

Yakomeje agira ati “Buriya kugira ngo abantu bagere aho batandukana umwe avuga ati ‘mfashe ubuzima bwanjye, n’undi ati mfashe ubuzima bwanjye’, buriya baba baragerageje,…imiryango, inshuti na Leta…”

Safi Madiba avuga kandi ko asanzwe agendera ku mahame yo kudakomeza kwizirika ku byo abona ko bimugora.

Ati “Rimwe na rimwe uba ukeneye kuva mu bintu, abantu benshi bakunda guhatiriza […] bino bintu bya relationships rero abantu benshi bakunze kubijyamo bakavuga ngo ‘ntaseba’ ngo abantu barabibona bate se? ariko se noneho ejo niwicwa na depression [agahinda gakabije]? Cyangwa nanakuniga? Cyangwa wowe ukamuniga, ubwo uzaba wungutse iki?”

Safi Madiba na Niyonizera Judith bari barasezeranye mu kwezi k’Ukwakira 2017, mu muhango wari wabereye mu Murenge wa Remera, ndetse nyuma baza no gukora indi mihango yo gusaba no gukwa.

Safi Madiba muri 2017 ubwo bakoraga ibirori byo gusaba no gukwa
Safi Madiba amaze iminsi ari mu kiruhuko mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + eight =

Previous Post

Perezida wa Togo yashimiye Perezida Kagame uburyo yamwakiriye

Next Post

Ntibikiri ibanga undi muhanzi uzwi mu Rwanda agiye kujya yumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora Itorero rya ADEPR, yahakanye amakuru yatangajwe ko yanze gusezeranya umuririmbyi Ishimwe Vestine n’umugabo we Idriss Jean...

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, umaze iminsi agarukwaho mu makuru y’imyidagaruro kubera amashusho ye yasakaye, ari kubarizwa ku Mugabane...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad usanzwe akora ibiganiro bitambuka kuri YouTube, akurikiranyweho ibindi byaha byiyongera...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntibikiri ibanga undi muhanzi uzwi mu Rwanda agiye kujya yumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Ntibikiri ibanga undi muhanzi uzwi mu Rwanda agiye kujya yumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.