Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Safi bwa mbere yavuze birambuye ku cyatumye we na Judith biyemeza gutandukana

radiotv10by radiotv10
20/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Safi bwa mbere yavuze birambuye ku cyatumye we na Judith biyemeza gutandukana
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Safi Madiba umaze iminsi agarutse mu Rwanda, yavuze ko icyemezo cyo gutandukana na Judith Niyonizera wahoze ari umugore we, cyabayeho cyaratekerejweho, kuko cyabanjirijwe no kugerageza icyatuma badatana ariko bikananirana.

Niyibikora Safi umaze igihe aba muri Canada, yanamaze kubonera ubwenegihugu, amaze iminsi ari mu Rwanda, aho yagarutse nyuma y’imyaka ine aba muri iki Gihugu.

Uyu muhanzi wahoze mu itsinda rya Urban Boyz yagiye muri Canada muri Gashyantare (02) 2020 nyuma y’imyaka itatu asezeranye na Niyonizera Judith wari usanzwe atuye muri iki Gihugu, aho bari bajyanye nk’umugore n’umugabo bagiye kubana, gusa nyuma y’amezi atandatu bagezeyo, havuzwe amakuru ko batandukanye.

Mu kwezi kwa Mata (04) 2023, gatanya ya Safi Madiba na Niyonizera Judith, yemejwe n’Urukiko rwo mu Rwanda, aho uyu wahoze ari umugore w’uyu muhanzi, we n’umukunzi we mushya bari no mu Rwanda, bakagaragaza ibyishimo bari batewe n’iki cyemezo.

Mu kiganiro Safi yagiranye n’ikinyamakuru cyitwa Inyarwanda, yavuze kugana inkiko basaba gatanya, ari icyemezo cyaje babonaga nk’icya nyuma mu mubano wabo, kuko bari bagerageje ibindi bikanga.

Ati “Abantu babona icyemezo cya nyuma ariko ntabwo baba bazi uko byatangiye. Abantu babona abantu bari muri gatanya ariko ntabwo baba bazi…akenshi uzabona abantu bavuga ngo ‘eh batandukanye…’ ariko ntabwo baba bazi igihe baba bari mu nzu bari kunigana.”

Yakomeje agira ati “Buriya kugira ngo abantu bagere aho batandukana umwe avuga ati ‘mfashe ubuzima bwanjye, n’undi ati mfashe ubuzima bwanjye’, buriya baba baragerageje,…imiryango, inshuti na Leta…”

Safi Madiba avuga kandi ko asanzwe agendera ku mahame yo kudakomeza kwizirika ku byo abona ko bimugora.

Ati “Rimwe na rimwe uba ukeneye kuva mu bintu, abantu benshi bakunda guhatiriza […] bino bintu bya relationships rero abantu benshi bakunze kubijyamo bakavuga ngo ‘ntaseba’ ngo abantu barabibona bate se? ariko se noneho ejo niwicwa na depression [agahinda gakabije]? Cyangwa nanakuniga? Cyangwa wowe ukamuniga, ubwo uzaba wungutse iki?”

Safi Madiba na Niyonizera Judith bari barasezeranye mu kwezi k’Ukwakira 2017, mu muhango wari wabereye mu Murenge wa Remera, ndetse nyuma baza no gukora indi mihango yo gusaba no gukwa.

Safi Madiba muri 2017 ubwo bakoraga ibirori byo gusaba no gukwa
Safi Madiba amaze iminsi ari mu kiruhuko mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Perezida wa Togo yashimiye Perezida Kagame uburyo yamwakiriye

Next Post

Ntibikiri ibanga undi muhanzi uzwi mu Rwanda agiye kujya yumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntibikiri ibanga undi muhanzi uzwi mu Rwanda agiye kujya yumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Ntibikiri ibanga undi muhanzi uzwi mu Rwanda agiye kujya yumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.