Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Safi ugarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka ikabakaba itanu yahishuye kimwe mu bimuzanye

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Safi ugarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka ikabakaba itanu yahishuye kimwe mu bimuzanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Safi Madiba umaze imyaka ine n’amezi umunani avuye mu Rwanda akerecyeza muri Canada, yagarutse mu Rwanda; avuga ko kimwe mu bimuzanye harimo no gushaka umukunzi mushya kuko yumva akumbuye gucudika n’umukobwa.

Safi yerecyeje muri Canada muri Gashyantare 2020 asanzeyo uwari umugore we Niyonizera Judith baje gutandukana mu buryo bwemewe n’amategeko umwaka ushize.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024, yageze mu Rwanda yakiranwa ubwuzu ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku Kibuga cy’Indege, uyu muhanzi uzwiho kugira urwenya rwinshi mu biganiro bye, yavuze ko yari akumbuye inshuti n’abavandimwe ariko n’amafunguro y’i Kigali “nk’ipilawu na capati.”

Uyu muhanzi umaze umwaka atandukanye byemewe n’amategeko n’uwari umugore we Niyonizera Judith, yabajijwe niba nta mukunzi mushya afite, avuga ko ataramubona ariko ko yifuza kuva mu Rwanda amufite ndetse ko aje kumushaka. Ati “biri mu bizanyanye.”

Mu byishimo byo kuba yongeye gukandagira ku butaka b’u Rwanda nk’Igihugu cyamwibarutse, Safi Madiba yagize ati “Ndatashye. Aha ni mu rugo. Ndatashye rero mu rugo ha kabiri.”

Safi Madiba aje mu Rwanda nyuma y’amezi macye abonye ubwenegihugu bwa Canada, avuga ko ubu azajya aza mu Rwanda uko abishaka.

Biteganyijwe kandi ko mu mpera z’iki cyumweru tariki 07 Ukuboza 2024 uyu muhanzi azakora igitaramo cye cya mbere mu kabari kamwe ko mu Mujyi wa Kigali, aho azaba ari no kwakirwa n’inshuti ze.

Avuga kuri iki gikorwa, Safi Madiba yagize ati “Ni uguhura n’abafana tugahoberana.”

Yanavuze kandi ku itsinda rya Urban Boys yahozemo, akaza kurivamo rigasigara rigizwe n’abahanzi babiri ariko na bo batagikunze kugaragara, avuga ko bakomeje kuvugana, ndetse ko hari imishinga bafitanye.

Safi ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege yakiriwe neza
Zimwe mu nshuti ze zagiye kumwakira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − seven =

Previous Post

Menya ibihano byasabiwe Umusirikare ukurikiranyweho kwicira abaturage batanu mu kabari

Next Post

Biden visits Angola. Is it too late and too little for Africa?

Related Posts

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Biden visits Angola. Is it too late and too little for Africa?

Biden visits Angola. Is it too late and too little for Africa?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.