Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Safi ugarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka ikabakaba itanu yahishuye kimwe mu bimuzanye

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Safi ugarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka ikabakaba itanu yahishuye kimwe mu bimuzanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Safi Madiba umaze imyaka ine n’amezi umunani avuye mu Rwanda akerecyeza muri Canada, yagarutse mu Rwanda; avuga ko kimwe mu bimuzanye harimo no gushaka umukunzi mushya kuko yumva akumbuye gucudika n’umukobwa.

Safi yerecyeje muri Canada muri Gashyantare 2020 asanzeyo uwari umugore we Niyonizera Judith baje gutandukana mu buryo bwemewe n’amategeko umwaka ushize.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024, yageze mu Rwanda yakiranwa ubwuzu ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku Kibuga cy’Indege, uyu muhanzi uzwiho kugira urwenya rwinshi mu biganiro bye, yavuze ko yari akumbuye inshuti n’abavandimwe ariko n’amafunguro y’i Kigali “nk’ipilawu na capati.”

Uyu muhanzi umaze umwaka atandukanye byemewe n’amategeko n’uwari umugore we Niyonizera Judith, yabajijwe niba nta mukunzi mushya afite, avuga ko ataramubona ariko ko yifuza kuva mu Rwanda amufite ndetse ko aje kumushaka. Ati “biri mu bizanyanye.”

Mu byishimo byo kuba yongeye gukandagira ku butaka b’u Rwanda nk’Igihugu cyamwibarutse, Safi Madiba yagize ati “Ndatashye. Aha ni mu rugo. Ndatashye rero mu rugo ha kabiri.”

Safi Madiba aje mu Rwanda nyuma y’amezi macye abonye ubwenegihugu bwa Canada, avuga ko ubu azajya aza mu Rwanda uko abishaka.

Biteganyijwe kandi ko mu mpera z’iki cyumweru tariki 07 Ukuboza 2024 uyu muhanzi azakora igitaramo cye cya mbere mu kabari kamwe ko mu Mujyi wa Kigali, aho azaba ari no kwakirwa n’inshuti ze.

Avuga kuri iki gikorwa, Safi Madiba yagize ati “Ni uguhura n’abafana tugahoberana.”

Yanavuze kandi ku itsinda rya Urban Boys yahozemo, akaza kurivamo rigasigara rigizwe n’abahanzi babiri ariko na bo batagikunze kugaragara, avuga ko bakomeje kuvugana, ndetse ko hari imishinga bafitanye.

Safi ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege yakiriwe neza
Zimwe mu nshuti ze zagiye kumwakira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Menya ibihano byasabiwe Umusirikare ukurikiranyweho kwicira abaturage batanu mu kabari

Next Post

Biden visits Angola. Is it too late and too little for Africa?

Related Posts

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Biden visits Angola. Is it too late and too little for Africa?

Biden visits Angola. Is it too late and too little for Africa?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.