Umuhanzi Jeje ukizamuka uzanye indirimbo nshya yise ‘Mpa Love’, avuga ko mu gutangira urugendo rwa muzika hari byinshi bigora benshi na we yanyuzemo ariko akanga ko bimuherana, akiyemeza gukomeza umuziki kuko awukunda.
Iyi ndirimbo nshya y’uyu muhanzi Niyonzima Justin ukoresha izina rya Jeje, yatunganyijwe mu buryo bw’amajwi n’Umunya-Tanzania witwa R.Bier irangizwa na Producer Evydecks, amashusho atunganywa na K. Justin.
Ni indirimbo inogeye ijisho n’amatwi kubera ubuhanga yakoranywe haba mu miririmbire no mu myandikire ndetse no mu mitunganyirize y’amajwi ndetse n’amashusho.
Gusa nubwo yishimira intambwe akomeje kugenda atera, avuga ko bimwe mu bintu byagiye bimugora mu gutangira umuziki harimo no kwishyura abahanzi bafite amazina akomeye ngo bakorane ariko bakamutenguha.
Avuga ko muri 2019 yishyuye umuhazi w’umuraperi Fireman ngo bakorane indirimbo, ariko akamutenguha, ku buryo byatumye atekereza guhita ahagarika umuziki, ariko urukundo awufitiye rugakomeza kumuha imbaraga.
Yagize ati “Umuziki ni uko umuntu awukora kuko ari ibintu akunda naho ubundi bitari urukundo ntabwo uyu munsi nari kuba nkisohora indirimbo.”
Avuga ko ibi atabikozwe na Fireman gusa, kuko hari n’abandi bahanzi b’amazina azwi bagiye bamutenguha, ariko ko yarenze izo mbogamizi, ubu akaba akomeje gushyira hanze ibihangano, kandi ko afite intego yo gukomeza gusohora indirimbo zikoranye ubuhanga zizanogera abakunzi ba muzika Nyarwanda.
Yifuza kwagura imbibi z’ibikorwa bye bya muzika, byumwihariko mu karere u Rwanda ruherereyemo no ku Mugabane wa Afurika akaba ari na byo byatumye atangira gukorana n’abatunganyamuziki bo mu Bihugu binyuranye nka Tanzania na Nigeria.

RADIOTV10